Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in AMAHANGA
0
AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis
Share on FacebookShare on Twitter

Umubiri w’Umushumba wa Kilziya Gaturika ku Isi Papa Francis, wajyanywe muri Bazirika yitiriwe Mutagatifu Petero i Vatican, aho uzamara iminsi itatu kugeza ashyinguwe, abantu bajya kumusezeraho bwa nyuma.

Papa Francis watabarutse ku wa Mbere wa Pasika tariki 21 Mata 2025, ubu hari gutegurwa imihango yo kumuherekeza bwa nyuma izaba ku wa Gatandatu w’iki Cyumweru.

Nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri umubiri we wari wajyanywe muri Shapele ya Domus Santa Marta iri aho yabaga kuva yagirwa Papa, aho wari wanahawe umugisha.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025, umubiri wa Nyirubutungane wimuwe ujyanwa muri Bazilika yitiriwe Mutagatifu Petero, aho ugomba kumara iminsi itatu, abantu bajya kumusezeraho bwa nyuma.

Umuhango wo kujyana uyu mubiri we, waherekejwe n’umutambagiro wayobowe na Karidinali Camerlengo Kevin Joseph Farrell, wahawe inshingano zo kuyobora ibikorwa byo kuzashyingura Nyirubutungane, n’ibikorwa byo gushaka uzamusimbura bizaba mu byumweru bicye biri imbere.

Ubu, umubiri wa Papa Francis uri mu isanduku yashyizwe kuri Alitari, ahantu hafatwa nk’ahatagatifu cyane, ari na ho hari imva ya Mutagatifu Petero wabaye Papa wa Mbere.

Abakalidinari baturutse mu bice binyuranye by’Isi, bakikije isansuku irimo umubiri wa Papa Francis bamuha icyubahiro. Ibi birakurikirwa no kuba abakristu baza gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera.

Iyi bazilika yajyanywemo umubiri wa nyakwigendera Nyirubutungane Papa Francis, ifungurwa guhera saa tanu z’amanywa kugeza saa sita zo muri iki Gihugu, kuri uyu wa Gatatu ndetse no guhera saa moya kugeza saa sita z’ijoro guhera ku wa Kane no ku wa Gatanu, aho abantu bazajya bajya kumusezera bwa nyuma.

Ni mu gihe abantu benshi bari bategerereje mu mbuga y’iyi Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero, kugira ngo bajye gusezera bwa nyuma kuri Nyirubutungane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 15 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo kizagira ingaruka kuri benshi kigiye gufatwa cyaturutse ku byemejwe na Trump

Next Post

Hibukijwe ikizwi mu mateka mabi y’ibyabaye mu Rwanda cyanatije umurindi Jenoside muri Gisagara

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hibukijwe ikizwi mu mateka mabi y’ibyabaye mu Rwanda cyanatije umurindi Jenoside muri Gisagara

Hibukijwe ikizwi mu mateka mabi y'ibyabaye mu Rwanda cyanatije umurindi Jenoside muri Gisagara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.