Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in AMAHANGA
0
AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis
Share on FacebookShare on Twitter

Umubiri w’Umushumba wa Kilziya Gaturika ku Isi Papa Francis, wajyanywe muri Bazirika yitiriwe Mutagatifu Petero i Vatican, aho uzamara iminsi itatu kugeza ashyinguwe, abantu bajya kumusezeraho bwa nyuma.

Papa Francis watabarutse ku wa Mbere wa Pasika tariki 21 Mata 2025, ubu hari gutegurwa imihango yo kumuherekeza bwa nyuma izaba ku wa Gatandatu w’iki Cyumweru.

Nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri umubiri we wari wajyanywe muri Shapele ya Domus Santa Marta iri aho yabaga kuva yagirwa Papa, aho wari wanahawe umugisha.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025, umubiri wa Nyirubutungane wimuwe ujyanwa muri Bazilika yitiriwe Mutagatifu Petero, aho ugomba kumara iminsi itatu, abantu bajya kumusezeraho bwa nyuma.

Umuhango wo kujyana uyu mubiri we, waherekejwe n’umutambagiro wayobowe na Karidinali Camerlengo Kevin Joseph Farrell, wahawe inshingano zo kuyobora ibikorwa byo kuzashyingura Nyirubutungane, n’ibikorwa byo gushaka uzamusimbura bizaba mu byumweru bicye biri imbere.

Ubu, umubiri wa Papa Francis uri mu isanduku yashyizwe kuri Alitari, ahantu hafatwa nk’ahatagatifu cyane, ari na ho hari imva ya Mutagatifu Petero wabaye Papa wa Mbere.

Abakalidinari baturutse mu bice binyuranye by’Isi, bakikije isansuku irimo umubiri wa Papa Francis bamuha icyubahiro. Ibi birakurikirwa no kuba abakristu baza gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera.

Iyi bazilika yajyanywemo umubiri wa nyakwigendera Nyirubutungane Papa Francis, ifungurwa guhera saa tanu z’amanywa kugeza saa sita zo muri iki Gihugu, kuri uyu wa Gatatu ndetse no guhera saa moya kugeza saa sita z’ijoro guhera ku wa Kane no ku wa Gatanu, aho abantu bazajya bajya kumusezera bwa nyuma.

Ni mu gihe abantu benshi bari bategerereje mu mbuga y’iyi Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero, kugira ngo bajye gusezera bwa nyuma kuri Nyirubutungane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 3 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo kizagira ingaruka kuri benshi kigiye gufatwa cyaturutse ku byemejwe na Trump

Next Post

Hibukijwe ikizwi mu mateka mabi y’ibyabaye mu Rwanda cyanatije umurindi Jenoside muri Gisagara

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hibukijwe ikizwi mu mateka mabi y’ibyabaye mu Rwanda cyanatije umurindi Jenoside muri Gisagara

Hibukijwe ikizwi mu mateka mabi y'ibyabaye mu Rwanda cyanatije umurindi Jenoside muri Gisagara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.