• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in AMAHANGA
0
AGEZWEHO: Uko byifashe i Vatican ku munsi wa gatatu nyuma y’urupfu rwa Papa Francis
Share on FacebookShare on Twitter

Umubiri w’Umushumba wa Kilziya Gaturika ku Isi Papa Francis, wajyanywe muri Bazirika yitiriwe Mutagatifu Petero i Vatican, aho uzamara iminsi itatu kugeza ashyinguwe, abantu bajya kumusezeraho bwa nyuma.

Papa Francis watabarutse ku wa Mbere wa Pasika tariki 21 Mata 2025, ubu hari gutegurwa imihango yo kumuherekeza bwa nyuma izaba ku wa Gatandatu w’iki Cyumweru.

Nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri umubiri we wari wajyanywe muri Shapele ya Domus Santa Marta iri aho yabaga kuva yagirwa Papa, aho wari wanahawe umugisha.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025, umubiri wa Nyirubutungane wimuwe ujyanwa muri Bazilika yitiriwe Mutagatifu Petero, aho ugomba kumara iminsi itatu, abantu bajya kumusezeraho bwa nyuma.

Umuhango wo kujyana uyu mubiri we, waherekejwe n’umutambagiro wayobowe na Karidinali Camerlengo Kevin Joseph Farrell, wahawe inshingano zo kuyobora ibikorwa byo kuzashyingura Nyirubutungane, n’ibikorwa byo gushaka uzamusimbura bizaba mu byumweru bicye biri imbere.

Ubu, umubiri wa Papa Francis uri mu isanduku yashyizwe kuri Alitari, ahantu hafatwa nk’ahatagatifu cyane, ari na ho hari imva ya Mutagatifu Petero wabaye Papa wa Mbere.

Abakalidinari baturutse mu bice binyuranye by’Isi, bakikije isansuku irimo umubiri wa Papa Francis bamuha icyubahiro. Ibi birakurikirwa no kuba abakristu baza gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera.

Iyi bazilika yajyanywemo umubiri wa nyakwigendera Nyirubutungane Papa Francis, ifungurwa guhera saa tanu z’amanywa kugeza saa sita zo muri iki Gihugu, kuri uyu wa Gatatu ndetse no guhera saa moya kugeza saa sita z’ijoro guhera ku wa Kane no ku wa Gatanu, aho abantu bazajya bajya kumusezera bwa nyuma.

Ni mu gihe abantu benshi bari bategerereje mu mbuga y’iyi Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero, kugira ngo bajye gusezera bwa nyuma kuri Nyirubutungane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo kizagira ingaruka kuri benshi kigiye gufatwa cyaturutse ku byemejwe na Trump

Next Post

Hibukijwe ikizwi mu mateka mabi y’ibyabaye mu Rwanda cyanatije umurindi Jenoside muri Gisagara

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Hibukijwe ikizwi mu mateka mabi y’ibyabaye mu Rwanda cyanatije umurindi Jenoside muri Gisagara

Hibukijwe ikizwi mu mateka mabi y'ibyabaye mu Rwanda cyanatije umurindi Jenoside muri Gisagara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.