Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byifashe nonaha i Rubavu nyuma y’umunsi muremure n’i Goma aho M23 na FARDC rukigeretse

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe nonaha i Rubavu nyuma y’umunsi muremure n’i Goma aho M23 na FARDC rukigeretse
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bice binyuranye mu Karere ka Rubavu byegereye aho u Rwanda rugabanira na Repubulika Iharanira Demokarari ya Congo, abaturage n’ubundi bakomeje kumva urusaku rw’amasasu avugira hakurya i Goma ahari urugamba ruhanganishije umutwe wa M23 na FARDC ifatanyije n’impande zimaze igihe mu mikoranire.

Itsinda ry’abanyamakuru ba RADIOTV10 ryerecyeje muri aka Karere ka Rubavu, riravuga ko mu masaha yo mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mutarama 2025, hongeye kumvikana urusaku rw’amasasu.

Umunyamakuru Ntambara Garleon, avuga ko kuva mu ma saa cyenda n’igice z’ijoro hatangiye kumvikana amasasu yoroheje, ariko ko byageze sa kumi n’ebyiri za mu gitondo urusaku rw’amasasu rukaza kwiyongera, kuko hatangiye kumvikana ibisasu n’ibibunda bya rutura.

Uru rusaku r’amasasu aremereye rwakomeje kumvikana kugeza saa tatu zo muri iki gitondo, aho i Goma, impande zihanganye zakomeje gukozanyaho, ndetse abari mu Rwanda batangiye kubona ibyotsi byinshi bizamuka mu kirere cyo mu Mujyi wa Goma.

Umujyi wa Gisenyi wo wari utuje cyane, kuko nta baturage bacaracaraga, dore ko benshi bari bifungiranye mu nzu, banga ko bagirwaho ingaruka n’ibisasu byagwa mu Rwanda nk’uko byagenze ejo hashize.

Bamwe mu baturage baganirije abanyamakuru bacu, bavuga ko babyukijwe n’uru rusaku rw’amasasu, mu gihe baryamye rusa nk’urwagabanutse.

Aba baturage, bavuga ko nubwo hakurya i Goma hakomeje kumvikana amasasu, ariko atari menshi cyangwa ngo abe aremereye nk’uko byari bimeze ejo hashize ku wa Mbere.

Bavuga ko ubu bafashe icyemezo cyo kuguma mu ngo zabo, kuko ejo hashize hari abaturage bitabye Imana bazize aya masasu yaraswaga n’igisirikare cya DRC (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR.

Itsinda ry’abanyamakuru kandi ryerecyeje ku mupaka muto uzwi nka Petite Barrière, aharamutse humvikana urusaku rw’amasasu yarasirwaga hakurya mu mujyi wa Goma.

Ni mu gihe kandi muri iki gitondo, abanyekongo benshi bakomeje guhungira mu Rwanda, aho bari kwakirwa n’inzego z’u Rwanda zihita zibereka aho baba bagiye gucumbikirwa.

Inzego z’Umutekano z’u Rwanda, na zo zihagaze bwuma, byumwihariko ingabo z’u Rwanda, zirinda ku mupaka uhuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

UPDATE: Saa yine n’igice (10:30′): Umunyamakuru wa RADIOTV10 aravuga ko mu masaha ya saa yine n’igice, urusaku rw’amasasu rwatangiye gucyendera, aho humvikanaga amasasu atari menshi kandi ataremereye.

Nyuma yuko urusaku rw’amasasu rusa n’urugabanutse, abaturage bo mu Mujyi wa Gisenyi batangiye kuva mu ngo zabo, bajya mu mirimo yabo isanzwe, abandi bajya guhaha.

I Goma ho bite?

Abari mu mujyi wa Goma, na bo bavuga ko kuri uyu wa Kabiri babyukiye ku rusaku rw’amasasu, ndetse ko bo kugeza ubu benshi bari kuwuvamo bahungira mu Rwanda.

Muri uyu mujyi wa Goma, aho ibikorwa byose byahagaze, nta bantu bacaracara, ndetse bamwe batahunze bifungiranye mu nzu, no mu ngo zabo kugira ngo birinde ingaruka zababaho z’imirwano iri kuba.

Impande zihanganye zo zirakomeje, ndetse amakuru ava muri uyu Mujyi wa Goma, avuga ko FARDC yisubije Ishami rya Radiyo na Televiziyo by’Igihugu (RTNC) rya Goma, ryari ryafashwe n’umutwe wa M23.

Amakuru avuga ko FARDC yisubije iki gitangazamakuru mu mirwano ikarishye yabaye mu ijoro ryacyeye, nyuma y’amasaha macye iki kigo kigenzurwa na M23, ariko imirimo y’iki gitangazamakuru ikaba yahagaze.

Ingabo ziyambajwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, zirimo iza Afurika y’Epfo n’iza Tanzania, ziri mu butumwa bwa SAMIDRC zakomeje guhangana n’abarwanyi b’umutwe wa M23, na zo zagiye zicika intege uko urugamba rwagiye rukara, ndetse zimwe zikaba zamanitse amaboko zerecyeza ku Kibuga cy’indege cya Goma.

Abandi basirikare bane ba Afurika y’Epfo, na bo bahuye kuri uru rugamba, baje bakurikira abandi baherutse kugwa muri iyi mirwano, aho ubu habarwa abagera mu icyenda bayisizemo ubuzima mu cyumweru kimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Next Post

Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi

Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.