Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byifashe nonaha i Rubavu nyuma y’umunsi muremure n’i Goma aho M23 na FARDC rukigeretse

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe nonaha i Rubavu nyuma y’umunsi muremure n’i Goma aho M23 na FARDC rukigeretse
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bice binyuranye mu Karere ka Rubavu byegereye aho u Rwanda rugabanira na Repubulika Iharanira Demokarari ya Congo, abaturage n’ubundi bakomeje kumva urusaku rw’amasasu avugira hakurya i Goma ahari urugamba ruhanganishije umutwe wa M23 na FARDC ifatanyije n’impande zimaze igihe mu mikoranire.

Itsinda ry’abanyamakuru ba RADIOTV10 ryerecyeje muri aka Karere ka Rubavu, riravuga ko mu masaha yo mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mutarama 2025, hongeye kumvikana urusaku rw’amasasu.

Umunyamakuru Ntambara Garleon, avuga ko kuva mu ma saa cyenda n’igice z’ijoro hatangiye kumvikana amasasu yoroheje, ariko ko byageze sa kumi n’ebyiri za mu gitondo urusaku rw’amasasu rukaza kwiyongera, kuko hatangiye kumvikana ibisasu n’ibibunda bya rutura.

Uru rusaku r’amasasu aremereye rwakomeje kumvikana kugeza saa tatu zo muri iki gitondo, aho i Goma, impande zihanganye zakomeje gukozanyaho, ndetse abari mu Rwanda batangiye kubona ibyotsi byinshi bizamuka mu kirere cyo mu Mujyi wa Goma.

Umujyi wa Gisenyi wo wari utuje cyane, kuko nta baturage bacaracaraga, dore ko benshi bari bifungiranye mu nzu, banga ko bagirwaho ingaruka n’ibisasu byagwa mu Rwanda nk’uko byagenze ejo hashize.

Bamwe mu baturage baganirije abanyamakuru bacu, bavuga ko babyukijwe n’uru rusaku rw’amasasu, mu gihe baryamye rusa nk’urwagabanutse.

Aba baturage, bavuga ko nubwo hakurya i Goma hakomeje kumvikana amasasu, ariko atari menshi cyangwa ngo abe aremereye nk’uko byari bimeze ejo hashize ku wa Mbere.

Bavuga ko ubu bafashe icyemezo cyo kuguma mu ngo zabo, kuko ejo hashize hari abaturage bitabye Imana bazize aya masasu yaraswaga n’igisirikare cya DRC (FARDC) gifatanyije n’umutwe wa FDLR.

Itsinda ry’abanyamakuru kandi ryerecyeje ku mupaka muto uzwi nka Petite Barrière, aharamutse humvikana urusaku rw’amasasu yarasirwaga hakurya mu mujyi wa Goma.

Ni mu gihe kandi muri iki gitondo, abanyekongo benshi bakomeje guhungira mu Rwanda, aho bari kwakirwa n’inzego z’u Rwanda zihita zibereka aho baba bagiye gucumbikirwa.

Inzego z’Umutekano z’u Rwanda, na zo zihagaze bwuma, byumwihariko ingabo z’u Rwanda, zirinda ku mupaka uhuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

UPDATE: Saa yine n’igice (10:30′): Umunyamakuru wa RADIOTV10 aravuga ko mu masaha ya saa yine n’igice, urusaku rw’amasasu rwatangiye gucyendera, aho humvikanaga amasasu atari menshi kandi ataremereye.

Nyuma yuko urusaku rw’amasasu rusa n’urugabanutse, abaturage bo mu Mujyi wa Gisenyi batangiye kuva mu ngo zabo, bajya mu mirimo yabo isanzwe, abandi bajya guhaha.

I Goma ho bite?

Abari mu mujyi wa Goma, na bo bavuga ko kuri uyu wa Kabiri babyukiye ku rusaku rw’amasasu, ndetse ko bo kugeza ubu benshi bari kuwuvamo bahungira mu Rwanda.

Muri uyu mujyi wa Goma, aho ibikorwa byose byahagaze, nta bantu bacaracara, ndetse bamwe batahunze bifungiranye mu nzu, no mu ngo zabo kugira ngo birinde ingaruka zababaho z’imirwano iri kuba.

Impande zihanganye zo zirakomeje, ndetse amakuru ava muri uyu Mujyi wa Goma, avuga ko FARDC yisubije Ishami rya Radiyo na Televiziyo by’Igihugu (RTNC) rya Goma, ryari ryafashwe n’umutwe wa M23.

Amakuru avuga ko FARDC yisubije iki gitangazamakuru mu mirwano ikarishye yabaye mu ijoro ryacyeye, nyuma y’amasaha macye iki kigo kigenzurwa na M23, ariko imirimo y’iki gitangazamakuru ikaba yahagaze.

Ingabo ziyambajwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, zirimo iza Afurika y’Epfo n’iza Tanzania, ziri mu butumwa bwa SAMIDRC zakomeje guhangana n’abarwanyi b’umutwe wa M23, na zo zagiye zicika intege uko urugamba rwagiye rukara, ndetse zimwe zikaba zamanitse amaboko zerecyeza ku Kibuga cy’indege cya Goma.

Abandi basirikare bane ba Afurika y’Epfo, na bo bahuye kuri uru rugamba, baje bakurikira abandi baherutse kugwa muri iyi mirwano, aho ubu habarwa abagera mu icyenda bayisizemo ubuzima mu cyumweru kimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − six =

Previous Post

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Next Post

Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi

Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.