Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe aba mbere bakekwaho uruhare mu kibazo cyagarutsweho n’Abaturarwanda benshi

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hafashwe aba mbere bakekwaho uruhare mu kibazo cyagarutsweho n’Abaturarwanda benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Polisi y’u Rwanda isabye insoresore zijanditse mu bujura, kubihagarika, yafashe itsinda ry’abasore batanu bakekwaho ibi bikorwa bafashwe nyuma yuko hafashwe umwe akavuga abo bakorana, bose bananyuze mu kigo ngororamuco.

Iri tsinda ry’abasore batanu ryeretswe itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023, bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura bushikuza no gukomeretsa bakoraga mu masaha y’ijoro ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali.

Ibyaha bashinjwa bishingiye ku bujura bwabaye mu gicuku cyo ku ya 10 Mata 2023, ubwo hari abaturage batezwe n’abajura mu muhanda Rwandex-Sonatubes bakabambura telefone n’amafaranga bakanabakomeretsa.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro yavuze ko aba bakekwaho ubujura bafashwe mu bihe binyuranye nyuma yuko Polisi ihawe amakuru n’umuturage wageze ahakorewe ubu bujura ubwo bwabaga.

Yagize ati “Mu iperereza ryakozwe haje gufatwa umwe muri abo bajura, aza kutugeza ku bandi bafatanyaga, bagenzi be batatu na bo bafatirwa mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, mu gihe undi umwe yaje gufatirwa mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Gicumbi aho yari yacikiye nyuma y’ubwo bujura.”

CIP Twajamahoro yavuze kandi ko aba basore bose bafatiwe muri ubu bujura, banaciye mu kigo ngororamuco, ariko ko bigaragara ko batahindutse ngo basubire ku murongo.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali kandi yaboneyeho kwibutsa ababyeyi guha uburere buboneye abana babo, kuko abishora mu bikorwa nk’ibi by’ubujura, abenshi babiterwa no kuba batarabonye uburere buhagije.

Rubera Prince wagizweho ingaruka n’ibikorwa by’iri tsinda ry’ubujura, yavuze ko ubwo we na bagenzi be bari batashye bari mu muhanda uturuka Sonatubes werecyeza Rwandez, babonye umuntu wari uri gutabaza muri icyo gicuku, bakajya kumutaraba ariko abo bajura bakabatera amabuye.

Yagize ati “Badutera amabuye rimwe rimena ikirahuri cy’imodoka, cyakora ku bw’amahirwe uwo bamburaga ahita yiruka arabacika, dusubira inyuma tujya gutabaza Abapolisi bo mu muhanda, tugarukanye na bo dusanga bagiye.”

Yavuze ko Polisi yahise ibyinjiramo bagashakisha abagize uruhare muri ubwo bujura, none bakaba barafashwe, akaboneraho gushimira uru rwego.

Ati “Birababaje kuba batinyuka kwambura umuntu amatara yaka, hagira ujya no gutabara bakamwataka. Ni ibintu bimaze iminsi ariko turashimira Polisi y’u Rwanda ku mbaraga irimo kubishyiramo, abenshi mu bajura bakagenda bafatwa.”

Ikibazo cy’ubujura nk’ubu kimaze iminsi kigarukwaho n’Abaturarwanda benshi, cyanatumye Polisi y’u Rwanda ibahumuriza inabizeza ko igiye kugihagurukira.

Mu butumwa Umuvugizi wa Polisi, CP John Bosco Kabera aherutse kugenera insoresore zijanditse muri ibi bikorwa, yamenyesheje ko Polisi yamaze kumenya aho abo bantu baba bari, bityo ko igiye kubafata.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Urujijo ku mirambo y’abambaye gisirikare ikomeje kuboneka ku mupaka w’u Burundi na DRCongo

Next Post

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakoreye Muhoozi ibirori by’isabukuru byaranzwe n’ibyishimo (AMAFOTO)

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakoreye Muhoozi ibirori by’isabukuru byaranzwe n’ibyishimo (AMAFOTO)

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakoreye Muhoozi ibirori by’isabukuru byaranzwe n’ibyishimo (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.