Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye

radiotv10by radiotv10
13/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hatahuwe Litiro zibarirwa mu bihumbi z’inzoga zitemewe zirimo ifite izina rikanganye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Turere twa Gisagara na Burera, hafatiwe litiro 7 920 z’inzoga z’inkorano zirimo iyitwa ‘Nyirantare’, zatahuwe nyuma y’uko abaturage batungiye agatoki Polisi y’u Rwanda, ariko bamwe mu bazengega bagaca mu rihumye Polisi, bagatoroka.

Izi nzoga zirimo litiro 920 zizwi nka ‘Nyirantare’ zafashwe kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Nyakanga 2023, zirimo izafatiwe mu Kagari ka Rwanza mu Murenge wa Ndora n’izindi zafatiwe mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara.

Naho izindi ibihumbi birindwi (7 000) zafatiwe mu Kagari ka Gafumba mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Burera, ku wa kabiri tariki 11 Nyakanga 2023.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko izi nzoga zafashwe nyuma y’uko abaturage batanze amakuru ku bakoraga izi nzoga zitemewe kandi ko ziri mu bihungabanya umutekano.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Superintendent of Police (SP) Jean Bosco Mwiseneza, yagize ati “Batanze amakuru ko hari abantu babiri bakorera mu ngo zabo inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge bakaziranguza mu duce dutandukanye kandi ko ziri mu biteza umutekano mucye.”

SP Jean Bosco Mwiseneza yakomeje agira ati “Hateguwe ibikorwa byo kubafata, abapolisi bagezeyo bahasanga ingunguru zirimo litiro z’inzoga z’inkorano zigera ku bihumbi 7, nyuma y’uko ba nyirazo bahise batoroka bakibabona.”

Naho ubwo hafatwaga inzoga mu Karere ka Gisagara, bwo hafashwe abantu babiri mu gihe bagenzi babo na bo bacitse bakiruka, nk’uko bitangazwa n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye.

SP Mwiseneza avuga ko abakora izi nzoga zitemewe, bakunda kubikorera mu ngo zabo, kandi ko ziri mu ntandaro y’ibikorwa by’umutekano mucye bikunze kugaragara muri aka gace kuko abazinyoye barangwa n’urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Umuvugabutumwa wavuzweho cyane ubwo yakoranaga ubukwe n’umuhanzikazi bwa mbere yabivuzeho

Next Post

Man.United yifuza kuzasendereza ibyishimo mu bafana ikomeje gusitarira mu rugendo ruzayibigezaho

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Man.United yifuza kuzasendereza ibyishimo mu bafana ikomeje gusitarira mu rugendo ruzayibigezaho

Man.United yifuza kuzasendereza ibyishimo mu bafana ikomeje gusitarira mu rugendo ruzayibigezaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.