Saturday, March 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hatahuwe uwiga muri kaminuza ku gikuba yazamuye cyatumye yisanga mu maboko ya RIB

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in MU RWANDA
1
Uko hatahuwe uwiga muri kaminuza ku gikuba yazamuye cyatumye yisanga mu maboko ya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 21 wo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke wiga mu mwaka wa mbere wa Kaminuza, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, nyuma yuko bitahuwe ko ibihumbi 100 Frw yatse umubyeyi we avuga ko ari ayo guha abari bamushimuse, ari umutwe yamutekeraga, kugira ngo ayabone byoroshye.

Uyu musore witwa Kamanzi Donton ubu ari mu maboko ya RIB kuri Sitasiyo ya Shangi mu Karere ka Nyamasheke, aho akomoka muri aka Karere.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku wa Gatanu, iwabo mu isantere ya Bushenge mu Murenge wa Bushenge, hari hakwirakwiye amakuru yavugaga ko ku mugoroba wo kuri uwo munsi, ari bwo uyu musore yatwawe n’abantu atazi mu modoka y’ibirahure bitabona.

Amakuru avuga ko uyu musore yongeye kugaragara mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, afite ibikomere ku kaboko ndetse n’imyambaro ye yacitse, aho yavugaga ko byakozwe n’abo bantu bamutwaye mu modoka y’ibirahure byijimye.

Umwe mu bacuruzi bo muri iyi santere, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya dukesha aya makuru, ko uyu musore yavugaga ko mbere yuko ajyanwa n’abo bantu, babanje kumutuma urwembe, ubundi bakamusaba kwinjira muri iyo modoka kugira ngo ajye kubarangira inzira y’aho berecyezaga.

Uyu mucuruzi yagize ati “Avuga ko ubwo yari ari kuri santere y’ubucuruzi ya Bushenge iyo modoka y’ibirahure byijimye yari irimo abagabo babiri bamubwira ko bakeneye urwembe, bamuha amafaranga Magana atanu ajya kurubagurira, asagutse arayabazanira.”

Uwo musore ngo yavuze ko abo bagabo bahise bamusaba kujya kubereka ahitwa Shangazi ku muhanda wa Rusizi-Huye, ari na bwo ngo bahitaga bamujyana, ndetse akagenda abereka inzira bagomba kunyura, ariko bageze ku muhanda werecyeza aho bari bamubajije, bakanga kuwukomeza ahubwo bakanyura ahandi.

Yavugaga ko yahise agira ikikango agasaba ko bamusiga aho, ariko ngo bakamwangira, ahubwo bahita bamutera ibintu mu maso agasinzira, ngo aho akangukiye, bakamusaba guhamagara ababyeyi be bakamwoherereza ibihumbi 100 kugira ngo bamurekure, ndetse ko ibyo byose babimubwiraga ari na ko bamukubita inkoni banamukebesha rwa rwembe ngo yari yabaguriye.

Ngo bigeze mu gicuku saa sita z’ijoro zirengaho iminota, ngo bakomeje kumwotsa igitutu, akaza guhamagara umubyeyi we akamwoherereza ayo mafaranga ku isaha ya saa saba zaburagaho umunota umwe.

Umwe mu babwiwe inkuru y’uyu musore, yagize ati “Bamaze kuyafata barongera bamuha ibimusinziriza bamuta muri iryo shyamba barigendera, akanguka ahava ataha ari bwo iwabo bamubonaga abahingutseho mu gitondo, afite ibisebe ku kuboko kw’iburyo ananiwe cyane.”

Akigera iwabo, umubyeyi we yahise amenyesha inzego z’umutekano, na zo zihita zitangira iperereza, ariko ziza gusanga uyu musore yabeshye, ahubwo ko ari imitwe yatekeye ababyeyi be kugira ngo bamuhe ayo mafaranga kuko yari ayakeneye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure, yavuze ko uyu musore yemereye RIB ko ibyo yakoze byari imitwe yo kugira ngo abone aho akura amafaranga yo guhaha yari yarahawe na bagenzi be babiri babana aho bigana muri kaminuza ya Tumba College of Technology yo mu Ntara y’Amajyaruguru.

SP Karekezi ati “Kuko ari we bagenzi be bizeraga neza, bateranyije amafaranga 125 000 yo kubatunga ku ishuri barayamuha ngo ayabike, aho kuyabika yose ayakoramo ayajyana muri Betingi.”

Yakomeje agira ati “Akigezwa mu maboko y’Ubugenzacyaha, mu ibazwa rye byose yabyemeye avuga ko ari imitwe yahimbaga, anavuga byose uko byagenze n’icyabimuteye.”

SP Karekezi yavuze ko uyu musore yabwiye inzego ko ubu buryo yakoresheje, ari bwo yabonaga bwari kumufasha kugira ngo umubyeyi we amuhe ayo mafaranga mu buryo bworoshye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyomana Patrick says:
    1 year ago

    Imitwe iragwira uyu we ni professor muri lacasa se papel😂

    Reply

Leave a Reply to Niyomana Patrick Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + fourteen =

Previous Post

Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Next Post

Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF

Related Posts

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

by radiotv10
28/03/2026
0

Mu bikorwa byo gushakisha imodoka yaguye muri Nyabarongo ku gice cyo mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga n’uwari...

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

by radiotv10
27/03/2026
0

At the beginning, everything feels exciting. The conversations are smooth, the attention is sweet, and you start imagining what this...

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

by radiotv10
27/03/2026
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko FDLR atari umutwe witwaje intwaro usanzwe nk’indi, kuko ari umutwe ushingiye ku...

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

by radiotv10
27/03/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwakiriye Abahagarariye mu Rwanda, inyungu za gisirikare (Defence Attachés), bubagezaho ikiganiro cyagarutse ku ishusho y’umutekano...

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

by radiotv10
27/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo iravuga ko mu mezi abiri, ku bufatanye n’izindi nzego, mu bukangurambaga bwo gukumira no...

IZIHERUKA

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare
IMYIDAGADURO

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

by radiotv10
28/03/2026
0

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

28/03/2026
Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

27/03/2026
U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

27/03/2026
RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

27/03/2026
Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

27/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF

Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.