Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko impanuka y’imodoka yatumye uwari uyitwaye atahurwaho icyaha cyerekeye ibyaturutse muri Congo

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko impanuka y’imodoka yatumye uwari uyitwaye atahurwaho icyaha cyerekeye ibyaturutse muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 48 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke atwaye imodoka yari apakiyemo amabalo 33 y’imyenda ya Caguwa yinjijwe mu Rwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko ivuye muri DRC, wabitahuweho ubwo yari abanje gukora impanuka, ayo mabalo agasandarira mu muhanda.

Uyu mugabo usanzwe atuye mu Mujyi wa Kigali, yafashwe mu rukerera rwo ku Cyumweru tariki 20 Ukwakira 2024, ahagana saa kumi za mu gitondo ubwo yari ageze mu Mudugudu wa Kabaya mu Kagari ka Gahinga mu Murenge wa Nemba, ubwo yavaga mu Karere ka Rubavu.

SP Jean Bosco Mwiseneza, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko uyu mugabo yafashwe nyuma yuko abaturage bamuketseho gutwara magendu, ubwo yari amaze gukora impanuka.

Yagize ati “Uyu mushoferi ubwo yari ageze mu mudugudu wa Kabaya, yananiwe gukata ikoni rihari agonga ipoto imodoka yitura hasi, ihita ifunguka, amabalo yose yari ihetse asandara hasi, umushoferi niko guhita atangira kuyahisha aho hafi y’umuhanda. Muri uko kugerageza kuyahisha, abaturage bahise bahamagara Polisi batanga amakuru.”

Ubwo abapolisi bageraga aha, basanze uyu mugabo ari guhisha ayo mabalo, hasigaye agera kuri 20 n’amashu yari yarengejeho.

SP Jean Bosco Mwiseneza ati “basatse hafi y’ingo ziri aho babona andi mabalo 13 yari amaze guhisha, ni ko guhita atabwa muri yombi.”

Akimara gufatwa, yemereye Polisi ko iyi myenda yari ayivanye mu Karere ka Rubavu nyuma yo kwinjizwa mu Rwanda mu buryo bwa magendu iturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko iyi myenda yari ayishyiriye umucuruzi mu Mujyi wa Kigali atashatse kuvuga amazina, aniyemerera ko yari yatwikirijeho amashu agira ngo nagera aho bamuhagarika agaragaze ko ari yo yonyine apakiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mwana ukurikiranyweho gusambanya abandi bana b’abahungu bato

Next Post

Amavubi yatangiye urugendo rwo gushaka uko yakongera guha ibyishimo Abanyarwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yatangiye urugendo rwo gushaka uko yakongera guha ibyishimo Abanyarwanda (AMAFOTO)

Amavubi yatangiye urugendo rwo gushaka uko yakongera guha ibyishimo Abanyarwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.