Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko impanuka y’imodoka yatumye uwari uyitwaye atahurwaho icyaha cyerekeye ibyaturutse muri Congo

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko impanuka y’imodoka yatumye uwari uyitwaye atahurwaho icyaha cyerekeye ibyaturutse muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 48 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke atwaye imodoka yari apakiyemo amabalo 33 y’imyenda ya Caguwa yinjijwe mu Rwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko ivuye muri DRC, wabitahuweho ubwo yari abanje gukora impanuka, ayo mabalo agasandarira mu muhanda.

Uyu mugabo usanzwe atuye mu Mujyi wa Kigali, yafashwe mu rukerera rwo ku Cyumweru tariki 20 Ukwakira 2024, ahagana saa kumi za mu gitondo ubwo yari ageze mu Mudugudu wa Kabaya mu Kagari ka Gahinga mu Murenge wa Nemba, ubwo yavaga mu Karere ka Rubavu.

SP Jean Bosco Mwiseneza, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko uyu mugabo yafashwe nyuma yuko abaturage bamuketseho gutwara magendu, ubwo yari amaze gukora impanuka.

Yagize ati “Uyu mushoferi ubwo yari ageze mu mudugudu wa Kabaya, yananiwe gukata ikoni rihari agonga ipoto imodoka yitura hasi, ihita ifunguka, amabalo yose yari ihetse asandara hasi, umushoferi niko guhita atangira kuyahisha aho hafi y’umuhanda. Muri uko kugerageza kuyahisha, abaturage bahise bahamagara Polisi batanga amakuru.”

Ubwo abapolisi bageraga aha, basanze uyu mugabo ari guhisha ayo mabalo, hasigaye agera kuri 20 n’amashu yari yarengejeho.

SP Jean Bosco Mwiseneza ati “basatse hafi y’ingo ziri aho babona andi mabalo 13 yari amaze guhisha, ni ko guhita atabwa muri yombi.”

Akimara gufatwa, yemereye Polisi ko iyi myenda yari ayivanye mu Karere ka Rubavu nyuma yo kwinjizwa mu Rwanda mu buryo bwa magendu iturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko iyi myenda yari ayishyiriye umucuruzi mu Mujyi wa Kigali atashatse kuvuga amazina, aniyemerera ko yari yatwikirijeho amashu agira ngo nagera aho bamuhagarika agaragaze ko ari yo yonyine apakiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 2 =

Previous Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mwana ukurikiranyweho gusambanya abandi bana b’abahungu bato

Next Post

Amavubi yatangiye urugendo rwo gushaka uko yakongera guha ibyishimo Abanyarwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yatangiye urugendo rwo gushaka uko yakongera guha ibyishimo Abanyarwanda (AMAFOTO)

Amavubi yatangiye urugendo rwo gushaka uko yakongera guha ibyishimo Abanyarwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.