Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko itatunguwe n’icyemezo cyafashwe n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikaba yemeye noneho kuganira n’umutwe wa M23 yari yaravuze ko idateze kwicarana na yo mu biganiro.

Kwemera ibiganiro hagati y’Ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa M23 byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 11 n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola gisanzwe ari umuhuza mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, cyatangaje ko Perezida João Lourenço azatangiza ibi biganiro mu gihe cya vuba.

Ni ibiganiro byatangajwe nyuma yuko Perezia Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agiriye uruzinduko i Luanda.

Uyu mukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa, yavuze kenshi ko igihe cyose akiri Perezida w’iki Gihugu adateze kohereza intumwa ngo zijye kuganira n’uyu mutwe yamaze kwita uw’iterabwoba.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, avuga ko kumva ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwemeye kuganira n’uyu mutwe, bidatunguranye.

Ati “Ntabwo byatunguranye kubera ko abantu bakunze kumva Perezida wa Repubulika Iharanira Demomarasi ya Congo, n’abagize Guverinoma bavuga ko nta na rimwe bazigera baganira n’uyu mutwe.”

Mukuralinda avuga ko umuntu asubije amaso inyuma akareba uko iki kibazo cyagiye kigeragezwa gukemurwa, nta bundi buryo bushoboka butari ibiganiro, kandi ko byanakomeje gushimangirwa n’amahanga.

Ati “Icya mbere ni uko bagenzi be [ba Tshisekedi] mu karere ni ukuvuga ngo Abakuru b’Ibihugu baba abo mu Muryango wa EAC ndetse n’ejobundi EAC ihura na SADC, bo bamye bavuga bati ‘M23 ni abantu barahari, ni Abakongomani’ na we ageze aho aza kubyemera ko ari Abakongomani, bigaragaza ko ikibazo ari icy’Abanyekongo. Icyo ni cyo wavuga ngo ahari noneho yakemeye ku mugaragaro.”

Perezida Tshisekedi yisubiyeho yemera ko ubutegetsi bwe buganira na M23

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko ubwo noneho Tshisekedi yemeye kuganira na M23, yanemeye ko abawugize ari ari Abanyekongo akaba atazongera kuvuga ko ari ibikoresho bya Leta y’u Rwanda.

Avuga kandi ko ikindi kiri muri uku kuva ku izima k’ubutegetsi bwa Congo, kugaragaza ko Perezida Tshisekedi noneho yemeye ko ibisubizo by’ibibazo by’Abanyafurika bigomba kuva muri bo ubwabo.

Ati “Ni ukuvuga ngo agiye mu nzira nanone z’ibyo Abakuru b’Ibihugu hano mu karere bakomeje kuvuga bavuga bati ‘iki kibazo turakizi, giteye gutya, kigomba gukemuka gutya’.”

Ikindi kiri muri uku kwemera ibiganiro na M23, Mukuralinda yavuze ko ari ukuba Tshisekedi na we yamaze kwemera ko inzira y’ibiganiro n’imishyikirano ari yo yonyine ishobora kuvamo umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “Nk’uko nanone Abakuru b’Ibihugu hano mu karere kandi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda na we arimo, bemeye ko ntakundi iki kibazo cyakemuka, atari mu nzira y’ibiganiro, ntabwo ari inzira ya gisirikare yari yarahisemo.”

Mukuralinda avuga ko u Rwanda rutitaye ku buryo hazakorwamo ibi biganiro, ahubwo ko icy’ingenzi ari uko abantu baba bemeye kuganira, hatitawe ku wabahuza, ariko ko igihe cyose haba haganirwa ku muti w’ibibazo, u Rwanda ruzaba runyuzwe.

Ati “Ariko tukanavuga tuti igihe kiranageze ko noneho hataba ibiganiro bya nyirarureshwa kandi noneho ibiganiro nibinaba, hashyirwaho uburyo bwo gusuzuma iyo myanzuro ishyirwa mu bikorwa kuko si ubwa mbere si ubwa kabiri si ubwa gatatu ibiganiro byaba bibaye.”

Avuga ko mu gihe noneho iyi nzira yemejwe na Congo ndetse ikanihitiramo n’umuhuza yishakiye, u Rwanda rwizeye ko ibyo bazaganira n’ibyo bazemeza bizubahirizwa ntibibe amasigaracyicaro nk’uko indi myanzuro yagenze.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 yakunze kuvuga ko ibiganiro ari byo byonyine byatanga umuti

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.