Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko itatunguwe n’icyemezo cyafashwe n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikaba yemeye noneho kuganira n’umutwe wa M23 yari yaravuze ko idateze kwicarana na yo mu biganiro.

Kwemera ibiganiro hagati y’Ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa M23 byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 11 n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola gisanzwe ari umuhuza mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, cyatangaje ko Perezida João Lourenço azatangiza ibi biganiro mu gihe cya vuba.

Ni ibiganiro byatangajwe nyuma yuko Perezia Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agiriye uruzinduko i Luanda.

Uyu mukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa, yavuze kenshi ko igihe cyose akiri Perezida w’iki Gihugu adateze kohereza intumwa ngo zijye kuganira n’uyu mutwe yamaze kwita uw’iterabwoba.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, avuga ko kumva ko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwemeye kuganira n’uyu mutwe, bidatunguranye.

Ati “Ntabwo byatunguranye kubera ko abantu bakunze kumva Perezida wa Repubulika Iharanira Demomarasi ya Congo, n’abagize Guverinoma bavuga ko nta na rimwe bazigera baganira n’uyu mutwe.”

Mukuralinda avuga ko umuntu asubije amaso inyuma akareba uko iki kibazo cyagiye kigeragezwa gukemurwa, nta bundi buryo bushoboka butari ibiganiro, kandi ko byanakomeje gushimangirwa n’amahanga.

Ati “Icya mbere ni uko bagenzi be [ba Tshisekedi] mu karere ni ukuvuga ngo Abakuru b’Ibihugu baba abo mu Muryango wa EAC ndetse n’ejobundi EAC ihura na SADC, bo bamye bavuga bati ‘M23 ni abantu barahari, ni Abakongomani’ na we ageze aho aza kubyemera ko ari Abakongomani, bigaragaza ko ikibazo ari icy’Abanyekongo. Icyo ni cyo wavuga ngo ahari noneho yakemeye ku mugaragaro.”

Perezida Tshisekedi yisubiyeho yemera ko ubutegetsi bwe buganira na M23

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko ubwo noneho Tshisekedi yemeye kuganira na M23, yanemeye ko abawugize ari ari Abanyekongo akaba atazongera kuvuga ko ari ibikoresho bya Leta y’u Rwanda.

Avuga kandi ko ikindi kiri muri uku kuva ku izima k’ubutegetsi bwa Congo, kugaragaza ko Perezida Tshisekedi noneho yemeye ko ibisubizo by’ibibazo by’Abanyafurika bigomba kuva muri bo ubwabo.

Ati “Ni ukuvuga ngo agiye mu nzira nanone z’ibyo Abakuru b’Ibihugu hano mu karere bakomeje kuvuga bavuga bati ‘iki kibazo turakizi, giteye gutya, kigomba gukemuka gutya’.”

Ikindi kiri muri uku kwemera ibiganiro na M23, Mukuralinda yavuze ko ari ukuba Tshisekedi na we yamaze kwemera ko inzira y’ibiganiro n’imishyikirano ari yo yonyine ishobora kuvamo umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “Nk’uko nanone Abakuru b’Ibihugu hano mu karere kandi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda na we arimo, bemeye ko ntakundi iki kibazo cyakemuka, atari mu nzira y’ibiganiro, ntabwo ari inzira ya gisirikare yari yarahisemo.”

Mukuralinda avuga ko u Rwanda rutitaye ku buryo hazakorwamo ibi biganiro, ahubwo ko icy’ingenzi ari uko abantu baba bemeye kuganira, hatitawe ku wabahuza, ariko ko igihe cyose haba haganirwa ku muti w’ibibazo, u Rwanda ruzaba runyuzwe.

Ati “Ariko tukanavuga tuti igihe kiranageze ko noneho hataba ibiganiro bya nyirarureshwa kandi noneho ibiganiro nibinaba, hashyirwaho uburyo bwo gusuzuma iyo myanzuro ishyirwa mu bikorwa kuko si ubwa mbere si ubwa kabiri si ubwa gatatu ibiganiro byaba bibaye.”

Avuga ko mu gihe noneho iyi nzira yemejwe na Congo ndetse ikanihitiramo n’umuhuza yishakiye, u Rwanda rwizeye ko ibyo bazaganira n’ibyo bazemeza bizubahirizwa ntibibe amasigaracyicaro nk’uko indi myanzuro yagenze.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 yakunze kuvuga ko ibiganiro ari byo byonyine byatanga umuti

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − three =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.