Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukurikiranyweho kwica mushiki we akamuhamba mu ibanga yavuze icyashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
05/01/2023
in MU RWANDA
0
Ukurikiranyweho kwica mushiki we akamuhamba mu ibanga yavuze icyashenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Kagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, ukurikiranyweho kwica mushiki we babanaga mu nzu imwe yarangiza akamushyingura, yemereye ubuyobozi ko ari we wabikoze kuko yamuzitiraga akamubuza kugurisha isambu basigiwe n’ababyeyi.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Karambi muri aka Kagari ka Kinigi, bari bagiye muri uru rugo rw’umuturanyi wabo w’umugore w’imyaka 47 wabanaga na musaza we w’imyaka 45 ari na we ukekwaho kumwivugana.

Uyu murambo wa nyakwigendera wabonetse kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, mu gihe bikekwa ko yishwe ku munsi wabanje ku wa Kabiri tariki 03 Mutarama.

Nyuma yuko hamenyekanye amakuru y’ubu bwicanyi, inzego z’ibanze zifatanyije n’iz’umutekano zihutiye kuhagera, bataburura umurambo wa nyakwigendera, uhita ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gisenyi.

Aba baturage bavuga ko aya mahano ari ubwa mbere abaye muri aka gace, bakavuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica umuvandimwe we naramuka ahamijwe iki cyaha yazahanishwa igifungo kiruta ibindi mu Rwanda kubera ubugome bw’indengakamere yabikoranye.

Aba baturage bagaragaza ubwoba batewe n’ubu bugizi bwa nabi bwakozwe n’umuturanyi wabo abukorera mushiki we, bavuze ko batakekaga ko ibintu nk’ibi byaba muri aka gace.

Umwe ati “Njye n’umugongo wacitse, twatitiye ahubwo bamuretse muri uyu Mudugudu twese yatumara, ahubwo mutugiriye neza, mwamujyana mukamurangiriza. Umuntu wishe mushiki we bavutse mu nda imwe, twebwe yatureka?”

Amakuru avuga ko uyu mugabo yaba yarishe umuvandimwe we bapfuye amakimbirane bari basanganywe kuko yahoraga ashaka kugurisha isambu yabo ariko mushiki we akamwitambika.

Undi muturage yagize ati “Kubera ko yashakaga kuhagurisha akabyanga, yabonye ko wenda, yabonye ko wenda yamubera inzitizi ahitamo kumwica kugira ngo abone uko ahagurisha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kinigi, Uwingabire Fridance yasabye abatuye muri aka gace kudahungabanywa n’ubu bugizi bwa nabo bwakorewe umuturanyi wabo, abizeza ko inzego zibishinzwe izigiye gukora iperereza.

Uyu muyobozi avuga ko avuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica mushiki we yiyemereye ko ari we wabikoze koko ariko ngo hari abandi bafatanyije ndetse na bo akaba yabatangaje.

Uyu muyobozi yagize ati “Yabyemeye, yemera ko yamwishe amuziza amasambu yashakaga kugurisha ariko mushiki we akamubera imbogamizi akamwangira.”

Uyu mugabo wemera ko yishe mushiki we afatanyije n’abandi bantu batatu, bose bahise batabwa muri yombi bakaba bafungiye kuri station ya Nyamyumba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seventeen =

Previous Post

Ingabo za EAC zatangiye kugera mu kandi gace kagiye kurekurwa na M23

Next Post

Umubyinnyikazi w’ikirangirire yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu mukino wa Arsenal bafata ifoto

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyinnyikazi w’ikirangirire yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu mukino wa Arsenal bafata ifoto

Umubyinnyikazi w’ikirangirire yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu mukino wa Arsenal bafata ifoto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.