Umubyinnyikazi w’ikirangirire yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu mukino wa Arsenal bafata ifoto

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umunyarwandakazi Sherrie Silver umaze kubaka izina mu kubyina, akaba asanzwe aba mu Bwongereza, yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bw’u Bwongereza, Johnston Busingye mu mukino wa Arsenal, avuga ko na we ari ambasaderi w’u Rwanda ariko atari uwo mu biro.

Ifoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na Sherrie Silver mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, nyuma y’amasaha macye ikipe ya Arsenal ikinnye na Newcastle muri Shampiyona yo mu Bwongereza, warangiye amakipe yombi anganya.

Izindi Nkuru

Iyi foto bigaragara ko yafatiwe muri stade yabereyemo uyu mukino warebwe imbonankubone na Sherrie Silver ndetse na Ambasaderi Johnston Busingye.

Mu butumwa buherekeje iyi foto, Sherrie Silver yagize ati “Yemwe bantu, uyu ni Ambasaderi wa nyawe w’u Rwanda muri UK, njyewe nkaba ambasaderi wa street (umuhanda).”

Ubu butumwa bwa Sherrie Silver kandi bwatanzweho ibitekerezo n’abo mu ngeri zitandukanye barimo n’uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ambasaderi Claver Gatete.

Amb Gatete yagize ati “Urakoze Sherrie kuba Ambasaderi mwiza w’u Rwanda. Ibikorwa byawe birivugira. Kumereza aho.”

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru