Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukurikiranyweho kwica umugore wari umutwitiye abanje kumusambanya yabwiye Ubushinjacyaha ibibabaje

radiotv10by radiotv10
17/10/2022
in MU RWANDA
6
Huye: Yahamijwe kwica mushiki we ahanishwa igihano kiruta ibindi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe, ukurikiranyweho kwica atemaguye umugore wari utwite inda yendaga kuvuka bikekwako ari iye, akamwivugana abanje kumusambanya, yemeye ko ibi akekwaho yabikoze.

Icyaha gikurikiranywe kuri uyu mugabo, cyabaye tariki 08 Ukwakira 2022 nyuma yuko habonetse umurambo w’umugore w’imyaka 55 mu ishyamba riherereye mu Mudugudu wa Gisiza, Akagari ka Ngara mu murenge wa Mbazi.

Umurambo w’uyu mugore, wasanzwe watemaguwe n’imihoro mu ijosi no mu bitugu ndetse binakekwa ko yishwe abanje gusambanywa.

Nyuma yuko habonetse umurambo w’uyu mugore, inzego zishinzwe iperereza zahise ziritangira haza gufatwa uyu mugabo ukekwaho gukora iki cyaha cyo kwica nyakwigendera.

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bukurikiranye uyu mugabo, buvuga ko mu ibazwa rye, yemeye ko ari we wishe nyakwigendera amutemaguye n’umuhoro mu ijosi ndetse anamaze kumusambanya.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Ukwakira 2022, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Nyamagabe dosiye ikubiyemo ikirego cy’uyu mugabo.

Uyu mugabo aramutse ahamijwe iki cyaha cy’ubwicanyi akurikiranyweho, yahanishwa igifungo cya burundu, nkuko biteganywa  n’ingingo y’107 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Jpaul says:
    3 years ago

    Ngendumva icyogihano arigito nukuri abantu nkaba hagashatswe ibindi bihano bajya bahabwa kuko nubundi abagiye gutungwa nimitsi yabo yahekuye

    Reply
  2. Ukuri says:
    3 years ago

    Abanyamategeko bazongere bicare barebe ukintu uhamije kwica base yakicwa. Burundu abicanyi ntibayitinya

    Reply
  3. Sano says:
    3 years ago

    Ubundi uwishe undi abishaka nawe yakagombywe kwica bagaca impaka

    Reply
    • NZEYIMANA Théogène says:
      3 years ago

      Igihano cyo kwicwa cyakuweho kubera ko hari igihe bashobora gusanga ugihanishijwe hari n’igihe yaba atarabikoze kuko abatsindwa bose siko ibyo batsindiwe baba barabikoze gusa batabashije kuburana neza ubwo rero yaba arenganye kdi bitasubizawa inyuma ngo ubuzima bwe bugaruke ikindi kwaba ari ukumwikiza si ukumuhana kuko uhana umuntu ngo yikosore uwapfuye rero ntaba akosowe gusa umwicanyi akwiye kugira umwihariko mu bihano ahabwa jye numva yafungwa burundu bw’umwihariko kdi agatungwa n’imvune ze hiyongereyeho imirimo ifitiye igihugu akamaro yakorera aho afungiye

      Reply
  4. Adrien says:
    3 years ago

    Bongereho bibe burundu y’umwihariko

    Reply
  5. DUSHIMIRIMANA Adrien says:
    3 years ago

    Bongereho bibe burundu y’umwihariko

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Karongi: Batujwe muri etaje ariko bamwe baryama ku mashashi abandi ku byatsi

Next Post

General Muhoozi yasesekaye mu Rwanda aherekejwe n’Umunyamakuru uzwi mu karere

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
General Muhoozi yasesekaye mu Rwanda aherekejwe n’Umunyamakuru uzwi mu karere

General Muhoozi yasesekaye mu Rwanda aherekejwe n'Umunyamakuru uzwi mu karere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.