Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukurikiranyweho kwica umugore wari umutwitiye abanje kumusambanya yabwiye Ubushinjacyaha ibibabaje

radiotv10by radiotv10
17/10/2022
in MU RWANDA
6
Huye: Yahamijwe kwica mushiki we ahanishwa igihano kiruta ibindi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe, ukurikiranyweho kwica atemaguye umugore wari utwite inda yendaga kuvuka bikekwako ari iye, akamwivugana abanje kumusambanya, yemeye ko ibi akekwaho yabikoze.

Icyaha gikurikiranywe kuri uyu mugabo, cyabaye tariki 08 Ukwakira 2022 nyuma yuko habonetse umurambo w’umugore w’imyaka 55 mu ishyamba riherereye mu Mudugudu wa Gisiza, Akagari ka Ngara mu murenge wa Mbazi.

Umurambo w’uyu mugore, wasanzwe watemaguwe n’imihoro mu ijosi no mu bitugu ndetse binakekwa ko yishwe abanje gusambanywa.

Nyuma yuko habonetse umurambo w’uyu mugore, inzego zishinzwe iperereza zahise ziritangira haza gufatwa uyu mugabo ukekwaho gukora iki cyaha cyo kwica nyakwigendera.

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bukurikiranye uyu mugabo, buvuga ko mu ibazwa rye, yemeye ko ari we wishe nyakwigendera amutemaguye n’umuhoro mu ijosi ndetse anamaze kumusambanya.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Ukwakira 2022, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Nyamagabe dosiye ikubiyemo ikirego cy’uyu mugabo.

Uyu mugabo aramutse ahamijwe iki cyaha cy’ubwicanyi akurikiranyweho, yahanishwa igifungo cya burundu, nkuko biteganywa  n’ingingo y’107 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Jpaul says:
    3 years ago

    Ngendumva icyogihano arigito nukuri abantu nkaba hagashatswe ibindi bihano bajya bahabwa kuko nubundi abagiye gutungwa nimitsi yabo yahekuye

    Reply
  2. Ukuri says:
    3 years ago

    Abanyamategeko bazongere bicare barebe ukintu uhamije kwica base yakicwa. Burundu abicanyi ntibayitinya

    Reply
  3. Sano says:
    3 years ago

    Ubundi uwishe undi abishaka nawe yakagombywe kwica bagaca impaka

    Reply
    • NZEYIMANA Théogène says:
      3 years ago

      Igihano cyo kwicwa cyakuweho kubera ko hari igihe bashobora gusanga ugihanishijwe hari n’igihe yaba atarabikoze kuko abatsindwa bose siko ibyo batsindiwe baba barabikoze gusa batabashije kuburana neza ubwo rero yaba arenganye kdi bitasubizawa inyuma ngo ubuzima bwe bugaruke ikindi kwaba ari ukumwikiza si ukumuhana kuko uhana umuntu ngo yikosore uwapfuye rero ntaba akosowe gusa umwicanyi akwiye kugira umwihariko mu bihano ahabwa jye numva yafungwa burundu bw’umwihariko kdi agatungwa n’imvune ze hiyongereyeho imirimo ifitiye igihugu akamaro yakorera aho afungiye

      Reply
  4. Adrien says:
    3 years ago

    Bongereho bibe burundu y’umwihariko

    Reply
  5. DUSHIMIRIMANA Adrien says:
    3 years ago

    Bongereho bibe burundu y’umwihariko

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Karongi: Batujwe muri etaje ariko bamwe baryama ku mashashi abandi ku byatsi

Next Post

General Muhoozi yasesekaye mu Rwanda aherekejwe n’Umunyamakuru uzwi mu karere

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi
AMAHANGA

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
General Muhoozi yasesekaye mu Rwanda aherekejwe n’Umunyamakuru uzwi mu karere

General Muhoozi yasesekaye mu Rwanda aherekejwe n'Umunyamakuru uzwi mu karere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.