Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukuriye Dipolomasi y’u Burusiya yahishuye amakuru mashya ku mushinga uremereye uzakorerwa i Burundi

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi ukomeye mu Burusiya yakiranywe icyubahiro cyinshi i Burundi (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Burusiya yemeje ko ibiganiro bitegura umushinga ifitanye n’iy’u Burundi wo gutunganya ingufu za Nikereyeri, biri ku musozo. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Lavrov, wagendereye iki Gihugu cyo mu majyepfo y’u Rwanda.

Lavrov yabitangaje kuri uyu wa Kabiri nyuma yo kugirana ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro, i Bujumbura, nkuko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Igihugu cy’u Burusiya Tass.

Lavrov yagize ati “Amasezerano yo gushyiraho ingufu za nikereyeri yamaze gushyirwaho umukono hagati ya Rosatom [ikigo gishinzwe ingufu mu Burusiya] n’abafatanyabikorwa bacyo bo mu Burundi.”

Uyu muyobozi wa Dipolomasi y’u Burusiya, yavuze ko impande zombi zemeranyije kuzakoresha izo ngufu za Nikereyeri mu bikorwa by’amahoro.

Mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize, nibwo Ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ingufu za Nikereyeri, aho u Burusiya bwemeye gufasha u Burundi gushinga inganda zitunganya ingufu za Nikereyeri.

Mbere yuko yerekeza muri Mozambique, Lavrov yabanje no kubonana na Perezida w’ u Burundi, Evariste Ndayishimiye, banagirana ibiganiro byagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi.

Icyakora Minisititi w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro, yongeye gushimangira ko u Burundi butazagira uruhande mu ntambara yo mu Burusiya na Ukraine.

Uru ruzinduko rwa Lavrov mu Burundi, rubaye nyuma y’urwo aherutse kugirira muri Kenya, bikaba biteganyijwe azahita yerecyeza no muri Afurika y’Epfo nyuma yo kuva muri Mozambique.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Ibyakozwe n’Umuhanzikazi w’ikirangirire n’imfura ye mu gitaramo bikomeje kurikoroza

Next Post

Perezida Ruto yagaragaje ingingo ibonwa ukundi n’inzego z’ubukungu mu Rwanda ku bijyanye n’Idolari

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ruto yagaragaje ingingo ibonwa ukundi n’inzego z’ubukungu mu Rwanda ku bijyanye n’Idolari

Perezida Ruto yagaragaje ingingo ibonwa ukundi n’inzego z’ubukungu mu Rwanda ku bijyanye n’Idolari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.