Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukutavuga rumwe hagati yubuyobozi n’ababyeyi b’abana bagaragara mu byo batemerewe

radiotv10by radiotv10
24/07/2024
in MU RWANDA
0
Ukutavuga rumwe hagati yubuyobozi n’ababyeyi b’abana bagaragara mu byo batemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko impamvu abana babo bajya mu mirimo ivunanye yo kwikorera amatafari, ari ukugira ngo babunganire mu kubona ibitunga urugo kandi ko babibashimira, mu gihe ubuyobozi buvuga ko bitemewe ndetse ko abazafatirwa mu bikorwa byo gukoresha abana iyi mirimo, bazahanwa byihanukiriye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze mu Mudugudu wa Gisangani mu Murenge wa Nyakiriba asanga abana bari mu mirimo yo kwikorera amatafari, ubundi itarabagenewe.

Bamwe mu babyeyi b’aba bana, bavuze ko urubyaro rwabo rujya muri iyi mirimo ivunanye kubera ubukene buri muri imwe mu miryango itabasha kubona ibiyitunga.

Umwe ati “Ahanini hari igihe ajya ku ishuri ariko hejuru yo gutaha akabura ibyo kurya ntagire amanota meza, noneho akavuga ngo rero kugira ngo mbone uko mbaho reka nshakishe amafaranga hari igihe umubyeyi yakorera nk’igihumbi, umwana magana atanu hakavamo ikilo cy’ibishyimbo n’utujumba, ubwo rero bigatuma barumuna be babaho.”

Ababyeyi kandi bashima abana bakora imirimo nk’iyi, kuko babibona nk’ubutwari bwo kunganira ababyeyi babo mu buryo bwo guhahira urugo.

Undi mubyeyi ati “Ubundi hari uwayakorera akayirira, ubwo rero umwana uje akavuga ati ‘mama nakoreye 500’ aba ari intwari cyane.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiriba, Uwimana Vedaste avuga ko imirimo nk’iyi ikoreshwa abana yo kubikoreza amatafari itamenyerewe muri aka gace, ariko abazafatwa bayikoresha abana, bazahanwa.

Ati “Ntabwo byemewe ubusanzwe, ni uguhana twihanukiriye abakoresha abana, ariko ntabwo ari ibintu wenda twavuga bisanzwe bihari, kuko byasaga nk’ibimaze gucika, ubundi twajyaga tubona abana benshi nk’abo ngabo mu mirimo yo gutwara ibisheke no kubicuruza, ibintu by’amatafari ni ibintu tutamenyereye hano.”

Uburenganzira bw’ibanze bw’umwana, harimo ubwo kurindwa imirimo mibi nk’uko biri no mu Itegeko nimero 54/2011 ryo ku wa 14/4/2011 ryerekeye uburenganzira bw’umwana n’uburyo bwo kumurinda no kumurengera, aho ritegeka kumurinda gukoreshwa imirimo yose ibangamira imikurire ye, imuvutsa amahirwe, imutesha agaciro kandi ikabangamira iterambere ry’ubuzima bwe n’imitekerereze ye.

Aba bana bavuga ko ibi babikoreshwa n’ubukene buri mu miryango yabo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Next Post

Ethiopia: Amakuru agezweho ku mibare y’abahitanywe n’ikiza cyatunguranye agaragaza ko ikomeje gutumbagira

Related Posts

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

IZIHERUKA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare
MU RWANDA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

13/08/2025
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Amakuru agezweho ku mibare y’abahitanywe n’ikiza cyatunguranye agaragaza ko ikomeje gutumbagira

Ethiopia: Amakuru agezweho ku mibare y’abahitanywe n’ikiza cyatunguranye agaragaza ko ikomeje gutumbagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.