Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukutavuga rumwe hagati yubuyobozi n’ababyeyi b’abana bagaragara mu byo batemerewe

radiotv10by radiotv10
24/07/2024
in MU RWANDA
0
Ukutavuga rumwe hagati yubuyobozi n’ababyeyi b’abana bagaragara mu byo batemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko impamvu abana babo bajya mu mirimo ivunanye yo kwikorera amatafari, ari ukugira ngo babunganire mu kubona ibitunga urugo kandi ko babibashimira, mu gihe ubuyobozi buvuga ko bitemewe ndetse ko abazafatirwa mu bikorwa byo gukoresha abana iyi mirimo, bazahanwa byihanukiriye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze mu Mudugudu wa Gisangani mu Murenge wa Nyakiriba asanga abana bari mu mirimo yo kwikorera amatafari, ubundi itarabagenewe.

Bamwe mu babyeyi b’aba bana, bavuze ko urubyaro rwabo rujya muri iyi mirimo ivunanye kubera ubukene buri muri imwe mu miryango itabasha kubona ibiyitunga.

Umwe ati “Ahanini hari igihe ajya ku ishuri ariko hejuru yo gutaha akabura ibyo kurya ntagire amanota meza, noneho akavuga ngo rero kugira ngo mbone uko mbaho reka nshakishe amafaranga hari igihe umubyeyi yakorera nk’igihumbi, umwana magana atanu hakavamo ikilo cy’ibishyimbo n’utujumba, ubwo rero bigatuma barumuna be babaho.”

Ababyeyi kandi bashima abana bakora imirimo nk’iyi, kuko babibona nk’ubutwari bwo kunganira ababyeyi babo mu buryo bwo guhahira urugo.

Undi mubyeyi ati “Ubundi hari uwayakorera akayirira, ubwo rero umwana uje akavuga ati ‘mama nakoreye 500’ aba ari intwari cyane.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiriba, Uwimana Vedaste avuga ko imirimo nk’iyi ikoreshwa abana yo kubikoreza amatafari itamenyerewe muri aka gace, ariko abazafatwa bayikoresha abana, bazahanwa.

Ati “Ntabwo byemewe ubusanzwe, ni uguhana twihanukiriye abakoresha abana, ariko ntabwo ari ibintu wenda twavuga bisanzwe bihari, kuko byasaga nk’ibimaze gucika, ubundi twajyaga tubona abana benshi nk’abo ngabo mu mirimo yo gutwara ibisheke no kubicuruza, ibintu by’amatafari ni ibintu tutamenyereye hano.”

Uburenganzira bw’ibanze bw’umwana, harimo ubwo kurindwa imirimo mibi nk’uko biri no mu Itegeko nimero 54/2011 ryo ku wa 14/4/2011 ryerekeye uburenganzira bw’umwana n’uburyo bwo kumurinda no kumurengera, aho ritegeka kumurinda gukoreshwa imirimo yose ibangamira imikurire ye, imuvutsa amahirwe, imutesha agaciro kandi ikabangamira iterambere ry’ubuzima bwe n’imitekerereze ye.

Aba bana bavuga ko ibi babikoreshwa n’ubukene buri mu miryango yabo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − ten =

Previous Post

Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Next Post

Ethiopia: Amakuru agezweho ku mibare y’abahitanywe n’ikiza cyatunguranye agaragaza ko ikomeje gutumbagira

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Amakuru agezweho ku mibare y’abahitanywe n’ikiza cyatunguranye agaragaza ko ikomeje gutumbagira

Ethiopia: Amakuru agezweho ku mibare y’abahitanywe n’ikiza cyatunguranye agaragaza ko ikomeje gutumbagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.