Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubano mwiza no mu Gisirikare: Ingabo z’u Bufaransa zagendereye iz’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in MU RWANDA
0
Umubano mwiza no mu Gisirikare: Ingabo z’u Bufaransa zagendereye iz’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi abiri Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura agiriye uruzinduko mu Bufaransa, itsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa riri mu ruzinduko mu Rwanda aho ryakiriwe n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Iri tsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa riri mu Rwanda mu ruzinduko rw’umunsi umwe, riyobowe na Col François De JABRUN, ryakiriwe n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Gisirikare cy’u Rwanda, Col Patrick Karuretwa.

Iri tsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa ryakiriwe ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura, ryagiranye ibiganiro n’itsinda ry’ingabo z’u Rwanda.

Uru ruzinduko rw’umunsi umwe rw’itsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa, rubaye nyuma y’amezi abiri Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura agiriye uruzinduko mu Bufaransa muri Werurwe 2022.

Col Patrick Karuretwa wakiriye iri tsinda ryaje mu Rwanda, yari yanaherekeje General Jean Bosco Kazura mu ruzinduko rw’Iminsi ine yagiriye i Paris kuva tariki 14 Werurwe 2022 aho yari kumwe n’Ushinzwe Iperereza mu Gisirikare cy’u Rwanda, Brig Gen Vincent Nyakarundi.

Icyo gihe Gen Jean Bosco Kazura wanakiriwe na mugenzi we w’Ingabo z’u Bufaransa, Gen Thierry Burkhard, bagiranye ibiganiro bigamije gutsimbataza umubano n’imikoranire hagati y’ingabo ku mpande z’Ibihugu byombi.

Uru ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, rwabaye nyuma y’uko u Rwanda n’u Bufaransa bitangiye inzira nshya mu mubano wakunze kugaragaramo igitotsi bitewe n’uruhare iki Gihugu cy’i Burayi cyagize muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ariko kigakomeza kurwihunza no kuruhakana.

Kuva Perezida Emmanuel Macron yatorerwa kuyobora u Bufaransa muri manda ye ya mbere, umubano w’ibi Bihigu byombi waranzwe n’isura nshya aho muri Werurwe 2021 hasohotse Raporo yitiriwe Duclert yagaragaje uruhare rukomeye rw’u Bufaransa muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Nyuma y’amezi abiri kandi, muri Gicurasi 2021, Perezida Emmanuel Macron yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda, anasura Urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zisaga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, ahavugira ijambo ryumvikanyemo gusaba imbabazi no kongera kwemera uruhare Igihugu cye cyagize mu byabaye mu Rwanda.

Col Patrick Karuretwa yahaye impano iri tsinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − five =

Previous Post

Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Next Post

Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo

Related Posts

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59
MU RWANDA

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo

Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.