Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubano mwiza no mu Gisirikare: Ingabo z’u Bufaransa zagendereye iz’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in MU RWANDA
0
Umubano mwiza no mu Gisirikare: Ingabo z’u Bufaransa zagendereye iz’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi abiri Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura agiriye uruzinduko mu Bufaransa, itsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa riri mu ruzinduko mu Rwanda aho ryakiriwe n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Iri tsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa riri mu Rwanda mu ruzinduko rw’umunsi umwe, riyobowe na Col François De JABRUN, ryakiriwe n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Gisirikare cy’u Rwanda, Col Patrick Karuretwa.

Iri tsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa ryakiriwe ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura, ryagiranye ibiganiro n’itsinda ry’ingabo z’u Rwanda.

Uru ruzinduko rw’umunsi umwe rw’itsinda ry’Ingabo z’u Bufaransa, rubaye nyuma y’amezi abiri Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura agiriye uruzinduko mu Bufaransa muri Werurwe 2022.

Col Patrick Karuretwa wakiriye iri tsinda ryaje mu Rwanda, yari yanaherekeje General Jean Bosco Kazura mu ruzinduko rw’Iminsi ine yagiriye i Paris kuva tariki 14 Werurwe 2022 aho yari kumwe n’Ushinzwe Iperereza mu Gisirikare cy’u Rwanda, Brig Gen Vincent Nyakarundi.

Icyo gihe Gen Jean Bosco Kazura wanakiriwe na mugenzi we w’Ingabo z’u Bufaransa, Gen Thierry Burkhard, bagiranye ibiganiro bigamije gutsimbataza umubano n’imikoranire hagati y’ingabo ku mpande z’Ibihugu byombi.

Uru ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, rwabaye nyuma y’uko u Rwanda n’u Bufaransa bitangiye inzira nshya mu mubano wakunze kugaragaramo igitotsi bitewe n’uruhare iki Gihugu cy’i Burayi cyagize muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ariko kigakomeza kurwihunza no kuruhakana.

Kuva Perezida Emmanuel Macron yatorerwa kuyobora u Bufaransa muri manda ye ya mbere, umubano w’ibi Bihigu byombi waranzwe n’isura nshya aho muri Werurwe 2021 hasohotse Raporo yitiriwe Duclert yagaragaje uruhare rukomeye rw’u Bufaransa muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Nyuma y’amezi abiri kandi, muri Gicurasi 2021, Perezida Emmanuel Macron yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda, anasura Urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zisaga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, ahavugira ijambo ryumvikanyemo gusaba imbabazi no kongera kwemera uruhare Igihugu cye cyagize mu byabaye mu Rwanda.

Col Patrick Karuretwa yahaye impano iri tsinda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 9 =

Previous Post

Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Next Post

Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo

Safari wabaye Umusenateri mu Rwanda akaza guhunga yapfiriye muri Afurika y’Epfo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.