Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umubare w’Abanyarwanda bose wamenyekanye: Abagore ni bo benshi

radiotv10by radiotv10
27/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Umubare w’Abanyarwanda bose wamenyekanye: Abagore ni bo benshi

Photo/Cyril Ndegeya

Share on FacebookShare on Twitter

Hatangajwe imibare y’agateganyo y’ibyavuye mu ibarura rusange ry’abaturage ryakozwe umwaka ushize, igaragaza ko Abanyarwanda biyongereyeho miliyoni 2,7 mu myaka icumi ishize, aho igitsinagore ari bo benshi kurusha igitsinagabo.

Iyi mibare yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2023, ubwo hatangizwaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ibaye ku nshuro ya 18 isanzwe ihuriza hamwe Abanyarwanda mu bice binyuranye by’Igihugu bakungurana ibitekerezo ku mibereho yabo.

Iyi mibare y’Ibarura rusange ryakozwe umwaka ushize wa 2022, igaragaza ko Abanyarwanda bose hamwe ari 13 246 394 bavuye kuri miliyoni 10,5 bariho muri 2012.

Ni ukuvuga ko Abanyarwanda biyongereyeho miliyoni 2,7 mu myaka 10 ishize na bwo icyo gihe bari biyongereyeho miliyoni 2 kuko bari miliyoni 10,5; mu gihe muri 2002 bari miliyoni 8,1.

Aba Banyarwanda miliyoni 13,2; abenshi ni abagore kuko ari 51.5%, mu gihe Abagabo ari 48.5%.

Iyi mibare kandi igaragaza ko Intara ituwe n’abantu benshi, ari iy’Iburasirazuba ituwe na 3 563 145 bangana na 26,9%, hagakurikiraho Iy’Amajyepfo ituwe na 3 002 699 bangana na 22,7%, Intara y’Iburengerazuba ikaza ku mwanya wa gatatu, ituwe na 2 896 484 bangana na 21,9%.

Intara y’Amajyaruguru yo ituwe na 2 038 511 bangana na 15,4%; mu gihe Umujyi wa Kigali uza ku mwanya wa nyuma utuwe na 1 745 555 bangana na 13,2%.

Naho ku bijyanye n’imiturere, Abanyarwanda 72,1% batuye mu bice by’icyaro, mu gihe abatuye mu bice by’imijyi ari 27,9%.

Ku bijyanye n’ibyiciro by’Abanyarwanda, urubyiruko ni rwo rwinshi kuko ari 65.3 bafite munsi y’imyaka 30, naho abafite imyaka iri hagati ya 16 na 64 bakaba ari 56,0%.

Icyizere cyo kuramba kw’Abanyarwanda cyongeye kuzamuka kigera ku myaka 69,6 ivuye kuri 64,5 yariho mu mwaka wa 2012, na yo yari ivuye kuri 51,2 yariho muri 2002, mu gihe mu 1991 yari imyaka 53,7.

Igipimo cyo kubyara cyongeye kugabanuka, aho kigeze ku bana 3,6 ku mugore umwe, bavuye ku bana 4,0 bariho muri 2012, mu gihe muri 2002 bari abana 5,9 ku mugore umwe, naho mu 1991 bwo bakaba bari abana 6,9; mu gihe mu 1978 bari abana 8,6 ku mubyeyi umwe.

Intara y’Iburasirazuba ni yo iza ku mwanya wa mbere mu kubyara kuko umugore umwe ageze ku bana 4,0; naho iy’Amajyepfo ho bakaba ari abana 3,8 ndetse n’iy’iburengerazuba bakaba bageze ku bana 3,8, iy’Amajyaguru bakaba ari abana 3,3 mu gihe Umujyi wa Kigali ho bageze ku bana 3,0 ku mugore umwe.

RADIOTV10

Comments 3

  1. Boniface says:
    2 years ago

    Twishimiye iyo mibare.barakoze cyane

    Reply
  2. Ntarindwa Abel says:
    2 years ago

    Wow this improvement is so wonderful, we have to put more effort than this, As Rwandan’s we have to help our country to fulfill our wishes, when we work as a term we achieves more!!!!!!!!!!!!!!.

    Reply
  3. Ndayikeza Emery says:
    2 years ago

    Ni vyiza ko abanyarwanda biyongereye. Itunga ryambere n’abantu. Ibisigaye kuba ari kumenya ingene ubapanga kugira ubavyaze umusaruro.

    Reply

Leave a Reply to Ntarindwa Abel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Umukobwa muto wari utwite arakekwaho igikorwa kigayitse yakoze akimara kubyara

Next Post

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.