Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Umubare w’Abaturarwanda bahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri Congo wiyongereye

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
UPDATE: Umubare w’Abaturarwanda bahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri Congo wiyongereye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko abantu icyenda (9) ari bo bahitanywe n’ibisasu byarashwe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije na FDLR mu mirwano ibahanganishije n’umutwe wa M23.

Ni ibisasu byarashwe kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025 mu mirwano ihanganishije igisirikare cya DRC gifatanyije n’impande zinyuranye zirimo umutwe wa FDLR, Ingabo z’u Burundi, iza SADC ndetse n’umutwe wa Wazalendo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2027, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwari bwatangaje ko ibi bisasu byahitanye ubuzima bw’abantu batanu (5) abandi 35 barakomereka.

Amakuru agezweho yatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Bernard Mukuralinda, avuga ko abantu bamaze kwitaba Imana bazize ibi bisasu byaturutse muri Congo, ari icyenda.

Mukuralinda kandi yatangaje ko ibi bisasu byangije inzu eshanu (5) zo mu Mujyi wa Rubavu mu bice byeregeye Umujyi wa Goma uri kuberamo imirwano ihanganishije impande zombi.

Naho abantu 681 batuye mu bice byegereye umupaka ahiriwe ejo humvikana urusaku rw’amasasu arimo n’ayagiye agwa mu Rwanda, bo bahungabanyijwe n’aya masasu, bava mu ngo zabo, ubu bakaba bacumbikiwe mu Nkambi ya Kijote iherereye mu Karere ka Nyabihugu gahana imbibi n’aka ka Rubavu.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, kuri uyu wa Mbere yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zageze kuzimiriza mu kirere bimwe mu bisasu, ariko ko hari ibyazicikaga bikagwa ku butaka bw’u Rwanda.

Brig Gen Rwivanga yari yagize ati “Hari ibyo twagiye turasa, ibisasu byabo. Turimo kugerageza ibishoboka byose kugira ngo tuburizemo ibyo bisasu.”

Brig Gen Rwivanga kandi, kuri uyu wa Mbere yasezeranyije Abaturarwanda ko umutekano wabo ucunzwe ku buryo Ingabo z’u Rwanda ziryamiye amajanja kuba zasubizayo igitero icyo ari cyo cyose cyashaka kwinjira mu Rwanda, mu gihe iyi mirwano yahakomereza.

Yagize ati “RDF turakomeza gufata ingamba zose zishoboka kandi zikenewe kugira ngo hirindwe ibitero byose byambukiranya imipaka.”

Ni mu gihe imirwano ihanganishije FARDC n’umutwe wa M23 mu Mujyi wa Goma ikomeje mu bice bimwe na bimwe bitaramara kubohorwa n’uyu mutwe wo wemeje ko uyu mujyi wabohowe mu mahoro.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mutarama 2025 urusaku rw’amasasu rwakomeje kumvikana muri uyu Mujyi wa Goma, aho abatuye mu Karere ka Rubavu, baruzindukiyeho ndetse rukaza gukaza umurego ahagana saa mbiri za mu gitondo, ariko rukaza gucogora mu masaha ya saa yine n’igice.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 20 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi

Next Post

Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Related Posts

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

by radiotv10
24/05/2025
0

Umugore w’imyaka 33 wo mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho kwica umugabo we amuteye icyuma mu ijosi,...

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

by radiotv10
23/05/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda (RMC/Rwanda Media Commission) rwahwituye abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo, rubasaba kwirinda gutangaza ibishingiye ku bitekerezo...

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

by radiotv10
23/05/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu ishuri 'Wisdom School' ryo mu Karere ka Musanze, basuye polisi y’u Rwanda ku Cyicaro Gikuru...

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

by radiotv10
23/05/2025
0

Abagabo batatu b’abanyamahanga bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rubakurikiranyego ubucuruzi butemewe bw’amafaranga, iperereza ry’ibanze kuri bo ryagaragaje ko...

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

by radiotv10
23/05/2025
0

Martin Ngoga wagize imyanya inyuranye mu nzego Nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Umushinjacyaha Mukuru, yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye,...

IZIHERUKA

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United
FOOTBALL

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

by radiotv10
24/05/2025
0

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

24/05/2025
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

24/05/2025
Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

23/05/2025
Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.