Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Umubare w’Abaturarwanda bahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri Congo wiyongereye

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
UPDATE: Umubare w’Abaturarwanda bahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri Congo wiyongereye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko abantu icyenda (9) ari bo bahitanywe n’ibisasu byarashwe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije na FDLR mu mirwano ibahanganishije n’umutwe wa M23.

Ni ibisasu byarashwe kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025 mu mirwano ihanganishije igisirikare cya DRC gifatanyije n’impande zinyuranye zirimo umutwe wa FDLR, Ingabo z’u Burundi, iza SADC ndetse n’umutwe wa Wazalendo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2027, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwari bwatangaje ko ibi bisasu byahitanye ubuzima bw’abantu batanu (5) abandi 35 barakomereka.

Amakuru agezweho yatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Bernard Mukuralinda, avuga ko abantu bamaze kwitaba Imana bazize ibi bisasu byaturutse muri Congo, ari icyenda.

Mukuralinda kandi yatangaje ko ibi bisasu byangije inzu eshanu (5) zo mu Mujyi wa Rubavu mu bice byeregeye Umujyi wa Goma uri kuberamo imirwano ihanganishije impande zombi.

Naho abantu 681 batuye mu bice byegereye umupaka ahiriwe ejo humvikana urusaku rw’amasasu arimo n’ayagiye agwa mu Rwanda, bo bahungabanyijwe n’aya masasu, bava mu ngo zabo, ubu bakaba bacumbikiwe mu Nkambi ya Kijote iherereye mu Karere ka Nyabihugu gahana imbibi n’aka ka Rubavu.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, kuri uyu wa Mbere yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zageze kuzimiriza mu kirere bimwe mu bisasu, ariko ko hari ibyazicikaga bikagwa ku butaka bw’u Rwanda.

Brig Gen Rwivanga yari yagize ati “Hari ibyo twagiye turasa, ibisasu byabo. Turimo kugerageza ibishoboka byose kugira ngo tuburizemo ibyo bisasu.”

Brig Gen Rwivanga kandi, kuri uyu wa Mbere yasezeranyije Abaturarwanda ko umutekano wabo ucunzwe ku buryo Ingabo z’u Rwanda ziryamiye amajanja kuba zasubizayo igitero icyo ari cyo cyose cyashaka kwinjira mu Rwanda, mu gihe iyi mirwano yahakomereza.

Yagize ati “RDF turakomeza gufata ingamba zose zishoboka kandi zikenewe kugira ngo hirindwe ibitero byose byambukiranya imipaka.”

Ni mu gihe imirwano ihanganishije FARDC n’umutwe wa M23 mu Mujyi wa Goma ikomeje mu bice bimwe na bimwe bitaramara kubohorwa n’uyu mutwe wo wemeje ko uyu mujyi wabohowe mu mahoro.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mutarama 2025 urusaku rw’amasasu rwakomeje kumvikana muri uyu Mujyi wa Goma, aho abatuye mu Karere ka Rubavu, baruzindukiyeho ndetse rukaza gukaza umurego ahagana saa mbiri za mu gitondo, ariko rukaza gucogora mu masaha ya saa yine n’igice.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi

Next Post

Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.