Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n’inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry’ibiciro byawo

radiotv10by radiotv10
19/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n’inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry’ibiciro byawo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze yasobanuye birambuye ikibazo cy’umuceri w’umu-Tanzania ubarirwa muri Toni 1 000 winjiye mu Rwanda wagaragaweho kutuzuza ubuziranenge, anavuga ko hari ikiri gukorwa kuri wo gitanga icyizere.

Ni nyuma y’uko bamwe mu bacuruzi bakura umuceri muri Tanzania bazamuye amajwi bavuga ko hari umuceri wabo wafatiriwe kubera kutuzuza ubuziranenge, ndetse byanatumye igiciro cyawo gitumbagira.

Mu kiganiro Minisitiri Dr Ngabitsinze yagiranye na Radio 10 kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Mata 2024, yavuze ko ikibazo cyabaye ku muceri uturuka muri Tanzania, atari umuceri wose; cyatangiye kuvugwa mu ntangiro za Werurwe uyu mwaka, ubwo byavuzwe ko uwari uzanywe n’amakamyo agera kuri 305 yafashwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro.

Uyu muceri wafashwe kugira ngo hasuzumwe ibijyanye n’imisoro, ndetse hanakorwe irindi genzura ry’ubuziranenge ryakozwe ku bufatanye bw’Ikigo Gishinzwe Ubugenzuzi bw’Imiti n’Ibiribwa (Rwanda FDA) ikoranye na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.

Minisitiri Ngabitsinze yagize ati “Uwo muceri warapimwe kuko ku ikubitiro hari haje nka toni zirenga 1 600 hapimwamo toni za mbere hafi 167 zigaragaza neza ibipimo bijyanye n’ibyo bamenyekanishije.”

Minisitiri Ngabitsinze yaboneyeho kumenyesha Abaturarwanda ko umuceri ujya gushyirwa ku isoko, habanje gukorwa byinshi mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo, birimo n’iri suzuma ry’ubuziranenge.

Yavuze ko abacuruzi iyo bagiye kurangura umuceri, babanza kumenyesha Rwanda FDA igipimo cy’ubwoko bw’umuceri bagiye kurangura.

Ati “Rero ugasanga umuntu yasabye umuceri wa grade ya mbere, ari wo yasabye muri Rwanda FDA ni na wo yamenyekanishije muri Rwanda Revenue, ariko tugiye gupima dusanga harimo ibibazo by’ubuziranenge.”

Avuga ko ibi bigo uko ari bitatu (MINICOM, Rwanda FDA na RRA) byaganirije abacuruzi bari bazanye uyu muceri, bakagaragarizwa uko ikibazo giteye.

Ati “Beretswe uko byagenze, bamwe barabyemera navuga ko hafi ya bose babyemeye, ariko ikibazo cyaje kuba ni uko wabonaga ko mu itangazamakuru amakuru arimo atandukanye n’ibyagombaga kuba bitangazwa na ba nyiri ubwite, kuko toni zirenga 1 100 zaburiwe ranka, ni ukuvuga ngo twabonyemo izari zifite grade ya mbere zari zujuje ubuziranenge toni 167 hanyuma zari zifite grade ya mbere zari zifite kabiri na gatatu, izo zagiye ku isoko.

Izo rezo zitabashije kubonerwa iryo ranka ni zo zatinze muri Rwanda Revenue, ariko bakavuga ngo ‘ni umuceri wagakwiye kuribwa’ [reka twemere ko wanaribwa] ariko ni umuceri utujuje ibisabwa n’imicururize y’umuceri cyane cyane muri East Africa tubamo.”

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda avuga ko hakomeje kubaho ibiganiro, ndetse n’amakamyo yari apakiye uwo muceri akaba yararekuwe, mu gihe ibyo bicuruzwa byashyizwe ahantu hizewe “kugira ngo ushakirwe uburyo wazamurirwa ubuziranenge kuko birashoboka mu buryo bwa gihanga, Rwanda FDA irimo irabafasha, ubundi incenga bakazivanamo kuko ni zo zari ikibazo, ntabwo byari bisanzwe ubundi, kuko umuceri wagakwiye kugira incenga nka 30% ufite 70% ntabwo byari gushoboka rero.”

Avuga ko ibi byose byakozwe hanatangwa ibihano, bigatuma haza n’icyuho mu kuzana umuceri uturuka muri Tanzania ariko ko ubundi bwoko bw’imiceri, bwo bwakomeje kuza.

Minisitiri Dr Ngabitsinze avuga ko hanakozwe ibiganiro bigamije gukumira ko iki kibazo kizongera kubaho, abacuruzi bagaragarizwa ibyo bagomba kujya bakora kugira ngo binjize mu Rwanda umuceri ujyanye n’uwo bamenyekanishije ko bagiye kuzana.

Dr Ngabitsize yemeye ko hakozwe igenzura ku masoko y’umuceri, rigasanga koko ibiciro by’uyu muceri w’Umu-Tanzania byarazamuwe, kuko umufuka w’ibilo 25 usanzwe ugura 48 000 Frw wari washyizwe ku 55 000 Frw.

Yizeje ko abari bamaze iminsi bavuga ko ibiciro by’umuceri byatumbagiye, bigiye kugabanuka kuko nyuma y’uko uyu muceri w’Umu-Tanzania utari uri kwinjira wongeye kuzanwa, ku buryo muri iki cyumweru hinjiye ugera muri toni 490, kandi zose byagaragaye ko zujuje ubuziranenge.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze mu kiganiro na Radio 10 kuri uyu wa Gatanu

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Menya icyo RDF ivuga ku karasisi kayo kabaye bwa mbere mu Kinyarwanda n’icyatumye ibikora

Next Post

Hatanzwe umucyo ku by’umuhanzi watunze agatoki Kompanyi ko itahiguye isezerano yamuhereye imbere y’imbaga

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku by’umuhanzi watunze agatoki Kompanyi ko itahiguye isezerano yamuhereye imbere y’imbaga

Hatanzwe umucyo ku by’umuhanzi watunze agatoki Kompanyi ko itahiguye isezerano yamuhereye imbere y’imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.