Umufana wari warimariyemo ikipe ikomeye mu Rwanda yayiteye umugongo yerecyeza muri mucyeba

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Ntakirutimana Isaac uzwi nka Sarpong, wamenyekanye cyane afana ikipe ya Rayon Sports, yamaze gufata icyemezo yerecyeza mu muryango w’abafana b’ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC isanzwe ari mucyeba w’ibihe byose w’iyi kipe yafanaga.

Sarpong uzwi cyane i Nyamirambo, akaba azwiho kuba inyuma y’ikipe y’ubururu n’umweru, ubu yamaze gukuramo uyu mwambaro, akaba agiye kuzajya agaragara yambaye uw’umukara n’umweru.

Izindi Nkuru

Uyu mukunzi wa ruhago nyarwanda kandi, yakiriwe n’ubuyobozi bw’Ikipe ya APR FC, buyobowe n’Umuyobozi w’iyi kipe, Col Richard Karasira, wamuhaye ikaze mu bafana b’iyi kipe.

Mu ndahiro ye, yagize ati “Ngiye mu ikipe ya APR mvuye mu ikipe ya Rayon Sports kubera urukundo mfitiye ikipe ya APR. Mbyemeye nta gahato kandi sinzasubira inyuma. Imana izabimfashemo, umurava n’Intsinzi.”

Sarpong afashe iki cyemezo cyo kwimukira muri APR FC, nyuma y’uko iyi kipe iherutse gutwara igikombe cya Shampiyona itwaye imyaka irenze itatu itwaye yikurikiranya.

Ni igikombe yegukanye mu cyumweru gishize, aho yacyegukanye hakibura imikino micye, ikaba ikurikirwa ku rutonde na mucyeba wayo Rayon Sports, yatewe umugongo n’uyu mufana wiyemeje gufana ikipe y’ibikombe mu Rwanda.

Ubu agiye kujya yambara umukara n’umweru
Yahawe ikaze mu muryango mugari wa APR FC
Yakiriwe n’abarimo Col Richard Karasira

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru