Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Kino Yves umaze iminsi agaragaza ibihe yagiriye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu rugendo yakoze n’igare, yerekanye yasubiye muri Tanzania yari yanyuzemo avuye mu Rwanda ubwo yerecyezaga mu Burundi.

Uyu Mufaransa wamenyekanye cyane ubwo yagiriraga urugendo mu Rwanda, aho yagiriye ibihe byiza, akagaragaza uburyo yakiranywe ubwuzu n’Abanyarwanda, yari aherutse kugaragaza ibihe yagiriye mu Burundi, yabanje gukangwa n’umupolisi ubwo yari akihagera.

Mu mashusho anyuza kuri YouTube Channel ye, aheruka yagaragaje ubwo yahagurukaga mu Burundi yerecyeza muri Tanzania, nabwo yinjiyemo agatangarirwa na benshi babonye igare rye ry’amapine atatu.

Bamwe mu Banya-Tanzania babonaga uyu Mufaransa, harimo n’abamusabye amafaranga, ariko akababera ibamba ababwira ko ntayo afite.

Muri uru rugendo rwo muri Tanzania, yanageze mu nzira ahura n’abandi bakerarugendo na bo bari mu butembere n’amagare, bajya no kumwereka aho afatira amafunguro.

Amaze gufata ifunguro, yahise yerecyeza mu mujyi wa Kigoma aho yavuze ko agiye kureba Ikiyaga cya Tanganyika, aza guhura na bamwe mu Banya-Tanzania bari ku muhanda, aho uwitwa Raymond yamusabye kugira inama abatuye iki Gihugu.

Kino Yves wabanje kuvuga ko nta bumenyi budasanzwe bwo kuba yagira inama Igihugu runaka, yageze aho yemera kuyibagira, ababwira ko icya mbere ari ukwiha umutuzo, ubundi abantu bagashaka uburyo bwo gushora imari mu bitekerezo byose baba bafite.

Yagize ati “Gufasha ba rwiyemezamirimo no kubaha amafaranga, ni cyo America ikora, ni na yo mpamvu America ari Igihugu cyateye imbere ku Isi kuko bashyigikira ba rwiyemezamirimo mu rwego rwo guteza imbere Igihugu.”

Ubwo Kino Yves yageraga aho yacumbitse, na bwo yatunguye ababonye igare rye nk’uko byamugendekeye ubwo yari mu Rwanda, aho umwe mu bakozi b’icumbi yarayemo, yabanje kuryicaraho ngo yumve uko rimeze.

Kuri iri cumbi, yari yitegeye ikiyaga rya Tanganyika gihuriraho Ibihugu birimo Tanzania, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaza ko aho yari ari yari yitegeye Igihugu cya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 2 =

Previous Post

Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bagaragarijwe ikizatuma bagarukana ishema

Related Posts

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

IZIHERUKA

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego
FOOTBALL

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
12/05/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bagaragarijwe ikizatuma bagarukana ishema

Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bagaragarijwe ikizatuma bagarukana ishema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.