Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye
Share on FacebookShare on Twitter

General Mubarakh Muganga, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yasuye ikipe ya APR FC asanzwe anabereye Umuyobozi w’Icyubahiro, mbere yuko ihura na Pyramids yo mu Misiri yigeze kuyitsinda ibitego 6-1.

Ni umukino wo mu mikino Nyafurika CAF Champions League, aho APR yageze ku mukino w’icyiciro cya kabiri nyuma yo gusezerera Azam.

Mu myitozo yabaye kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, yasuwe n’Umugaba Mukuru, General Mubarakh Muganga wanigeze kuyiyobora, ubu akaba ari Umuyobozi w’Icyubahiro wayo, ayisaba kuzakora ibishoboka bagatsinda iyi kipe.

Uku gusurwa n’Umuyobozi w’Icyubahiro wabo akaba n’Umugaba Mukuru wa RDF, byongereye imbaraga APR FC na yo bizeje ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuzitwara neza, nk’uko byatangajwe n’umutoza w’iyi kipe, Darko Novic.

Darko Novic yagize ati “Ni iby’agaciro kuba twasuwe n’aba bayobozi, biba byerekana ko dushyigikiwe kugeza ku rwego rwo hejuru. Byaduteye umwete wo kuzitwara neza mu mukino tuzahuramo naPyramids.”

Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude yavuze ko badatewe igihunga n’amateka yo kuba iyi kipe bagiye gukina yarabatsinze ibitego byinshi, ahubwo ko nabo biteguye kuzitwara neza cyane ko ubu bamaze kumenya uburyo bakina n’amakipe yo mu Barabu.

Yagize ati “Amakipe yo mu Barabu hari uburyo yagiraga amayeri haba mu kibuga ndetse no hanze ariko byose twarabimenye ndetse twiteguye kwitwara neza ku mukino tuzahuriramo.”

Uyu mukino uzahuza APR FC na Pyramids, uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Nzeri 2024 kuri Sitade Amahoro, ukaba ari wo ubanza, mu gihe uwo kwishyura uzabera mu Misiri.

Umugaba Mukuru wa RDF yasabye abakinnyi ba APR gutsinda Puramids
General Muganga yanaganiriye n’umutoza

Photos/Igihe

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Next Post

Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

Related Posts

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

IZIHERUKA

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga
IBYAMAMARE

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
18/11/2025
0

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

The inspiring journey of Tuyishime, a 44-year-old woman representing Rwanda at Miss Universe

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.