Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye
Share on FacebookShare on Twitter

General Mubarakh Muganga, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yasuye ikipe ya APR FC asanzwe anabereye Umuyobozi w’Icyubahiro, mbere yuko ihura na Pyramids yo mu Misiri yigeze kuyitsinda ibitego 6-1.

Ni umukino wo mu mikino Nyafurika CAF Champions League, aho APR yageze ku mukino w’icyiciro cya kabiri nyuma yo gusezerera Azam.

Mu myitozo yabaye kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, yasuwe n’Umugaba Mukuru, General Mubarakh Muganga wanigeze kuyiyobora, ubu akaba ari Umuyobozi w’Icyubahiro wayo, ayisaba kuzakora ibishoboka bagatsinda iyi kipe.

Uku gusurwa n’Umuyobozi w’Icyubahiro wabo akaba n’Umugaba Mukuru wa RDF, byongereye imbaraga APR FC na yo bizeje ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuzitwara neza, nk’uko byatangajwe n’umutoza w’iyi kipe, Darko Novic.

Darko Novic yagize ati “Ni iby’agaciro kuba twasuwe n’aba bayobozi, biba byerekana ko dushyigikiwe kugeza ku rwego rwo hejuru. Byaduteye umwete wo kuzitwara neza mu mukino tuzahuramo naPyramids.”

Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude yavuze ko badatewe igihunga n’amateka yo kuba iyi kipe bagiye gukina yarabatsinze ibitego byinshi, ahubwo ko nabo biteguye kuzitwara neza cyane ko ubu bamaze kumenya uburyo bakina n’amakipe yo mu Barabu.

Yagize ati “Amakipe yo mu Barabu hari uburyo yagiraga amayeri haba mu kibuga ndetse no hanze ariko byose twarabimenye ndetse twiteguye kwitwara neza ku mukino tuzahuriramo.”

Uyu mukino uzahuza APR FC na Pyramids, uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Nzeri 2024 kuri Sitade Amahoro, ukaba ari wo ubanza, mu gihe uwo kwishyura uzabera mu Misiri.

Umugaba Mukuru wa RDF yasabye abakinnyi ba APR gutsinda Puramids
General Muganga yanaganiriye n’umutoza

Photos/Igihe

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eleven =

Previous Post

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Next Post

Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

Related Posts

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

IZIHERUKA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga
AMAHANGA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.