Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umugaba Mukuru wa RDF yasuye APR FC ifite urugamba rw’umukino utoroshye
Share on FacebookShare on Twitter

General Mubarakh Muganga, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yasuye ikipe ya APR FC asanzwe anabereye Umuyobozi w’Icyubahiro, mbere yuko ihura na Pyramids yo mu Misiri yigeze kuyitsinda ibitego 6-1.

Ni umukino wo mu mikino Nyafurika CAF Champions League, aho APR yageze ku mukino w’icyiciro cya kabiri nyuma yo gusezerera Azam.

Mu myitozo yabaye kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, yasuwe n’Umugaba Mukuru, General Mubarakh Muganga wanigeze kuyiyobora, ubu akaba ari Umuyobozi w’Icyubahiro wayo, ayisaba kuzakora ibishoboka bagatsinda iyi kipe.

Uku gusurwa n’Umuyobozi w’Icyubahiro wabo akaba n’Umugaba Mukuru wa RDF, byongereye imbaraga APR FC na yo bizeje ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuzitwara neza, nk’uko byatangajwe n’umutoza w’iyi kipe, Darko Novic.

Darko Novic yagize ati “Ni iby’agaciro kuba twasuwe n’aba bayobozi, biba byerekana ko dushyigikiwe kugeza ku rwego rwo hejuru. Byaduteye umwete wo kuzitwara neza mu mukino tuzahuramo naPyramids.”

Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude yavuze ko badatewe igihunga n’amateka yo kuba iyi kipe bagiye gukina yarabatsinze ibitego byinshi, ahubwo ko nabo biteguye kuzitwara neza cyane ko ubu bamaze kumenya uburyo bakina n’amakipe yo mu Barabu.

Yagize ati “Amakipe yo mu Barabu hari uburyo yagiraga amayeri haba mu kibuga ndetse no hanze ariko byose twarabimenye ndetse twiteguye kwitwara neza ku mukino tuzahuriramo.”

Uyu mukino uzahuza APR FC na Pyramids, uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Nzeri 2024 kuri Sitade Amahoro, ukaba ari wo ubanza, mu gihe uwo kwishyura uzabera mu Misiri.

Umugaba Mukuru wa RDF yasabye abakinnyi ba APR gutsinda Puramids
General Muganga yanaganiriye n’umutoza

Photos/Igihe

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 3 =

Previous Post

Nyanza: Umuturage ubayeho ubuzima atishimiye arashinja umuyobozi gutuma atabuvamo

Next Post

Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

Related Posts

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

Trump yasubije Kamala Harris wifuza ko bongera guhurira mu kiganiro mpaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.