Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba uherutse kugirwa Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), yakiriye intumwa z’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF), ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi n’Umuyobozi w’Agateganyo w’Ubutasi bwa RDF, Col Francis Regis Gatarayiha.

Amakuru dukesha ibinyamakuru byo muri Uganda nka Chimp Reports yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024, avuga ko General Muhoozi yakiriye izi ntumwa za RDF i Mbuya mu Murwa Mukuru wa Uganda i Kampala, ahasanzwe hari Icyicaro Gikuru cya UPDF.

Uretse Maj Gen Nyakarundi wari uyoboye izi ntumwa z’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, yari kumwe kandi n’abandi basirikare bane, barimo Col Francis Regis Gatarayiha usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’ubutasi bwa gisirikare.

General Muhoozi yakiriye izi ntumwa za RDF, ari kumwe na Major General James Birungi usanzwe Umuyobozi Mukuru w’Ubutasi bwa Uganda.

Aba basirikare kandi banashyikirije General Muhoozi Kainerugaba impano yagenewe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, nk’uko bigaragara mu mafoto yashyizwe hanze.

General Muhoozi Kainerugaba umaze ibyumweru bitatu agizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, asanzwe ari umwe mu basirikare b’icyubahiro muri Uganda, dore ko yanagize imyanya itandukanye mu buyobozi bukuru mu Gisirikare, nko kuba yarabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, akaba yaranabaye Umujyanama w’umubyeyi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Muhoozi yagize uruhare runini mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara imyaka itatu utifashe neza, aho yagiriye ingendo mu Rwanda zatanze umusaruro wo kuwubyutsa.

Ibi kandi yabishimwe na Perezida Paul Kagame ubwo yamwakiraga mu musangiro wabaye muri Mata umwaka ushize wa 2023, ubwo General Muhoozi yazaga kwizihiriza isabukuru ye mu Rwanda.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Mushobora kuba mwagira amahoro ariko mutari inshuti. Ariko ubu nizera ko tubifite byombi, turi inshuti kandi turi mu mahoro. Kandi tubikesha wowe General Muhoozi ku ruhare wabigizemo ndetse n’ubushishozi bwawe no kuba warabaye ikiraro gihuza impande zombi.”

General Muhoozi na we ubwo yari amaze kugira uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, yavuze ko kimwe mu byo yishimira yagezeho mu mwuga we wa gisirikare, ari ukuba yarongeye gutuma Ingabo za Uganda (UPDF) n’iz’u Rwanda (RDF) zongera kuba abavandimwe nyuma y’icyo gihe zari zitameranye neza kubera icyo gitotsi cyari mu mubano w’Ibihugu byombi.

Gen Muhoozi Kainerugaba yakiriye intumwa zari ziyobowe na Maj Gen Vincent Nyakarundi
Yari kumwe kandi na Col Francis Regis Gatarayiha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ku ikipe akunda yasezerewe n’indi yamamaza Visit Rwanda mu irushanwa rikunzwe

Next Post

Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.