Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’i Kabale muri Uganda, yashatse abagore batatu ndetse bose babana mu nzu imwe n’abana babo 10. Bavuga ko urwango rw’ubucyeba rutajya rugera mu rugo rwabo.

Uyu muryango w’umugabo n’abagore batatu, mu kiganiro twakozeho inkuru nka RADIOTV10 dukesha Afrimax TV, wagaragaje uburyo ubanyeho mu mahoro nubwo uriho mu buzima bugoye.

Uyu mugabo witwa Ombeni washatse abagore batatu, yavuze ko yabanje gushaka umugore umwe witwa Christine, ubundi aza gushaka abandi babiri.

Uyu mugore mukuru avuga ko aba bacyeba be bose baje bamusanga mu rugo, akabakira nk’abagore bashya b’umugabo we, bakaba babanyeho mu bwubahane buzira uburyarya.

Umugabo we bamaranye imyaka 10, muri icyo gihe cyose nta kibi amuziho ndetse no kuba yaramushakiyeho abagore babiri, kuri we ntakibazo na gito abibonaho uretse abaturanyi bahora bamugaya.

Umugore wa kabiri witwa Aline, avuga ko Ombeni yaje kumurambagiza akamubwiza ukuri ko afite undi mugore ariko ko yifuza ko amubera uwa kabiri, na we akabyemera adaciye ku ruhande.

Uyu mugore wa kabiri umaranye imyaka irindwi n’uyu mugabo, bamaze kubyarana abana batatu baje biyongera kuri batanu b’umugore wa mbere.

Avuga ko uko ari abagore batatu bubahana kandi bagakundana, ati “Iyo abana banjye barwaye, umugore mukuru abitaho akabajyana kwa muganga nkuko abikorera abe, n’undi uwo ari we wese iyo agize ikibazo uri hafi muri twe ni we umwitaho.”

Uyu mugore uvuga ko umugabo wabo abakunda cyane ku buryo nta n’umwe arutisha undi, gusa ngo ikibazo kibakomereye ni ubukene ariko ubundi ibyishimo by’umuryango byo barabihorana.

Avuga ko buri mugore abyuka ajya gushakisha imibereho ubundi amahaho bacyuye bakayahuriza hamwe, bagatekera hamwe bagasangira nk’umuryango umwe.

Umugore wa gatatu witwa Tuma avuga ko ntakibazo na gito afite kuba abana n’umugabo we ndetse na bacyeba be babiri.

Gusa kuri uyu wa gatatu we afite umwihariko w’uburyo yashatswemo na Ombeni kuko yamubeshye ko ntawundi mugore agira ariko ageze iwe agasanga abandi babiri, bigeze aho na we aza kubyakira ndetse ubu yaramenyereye yanamenyeranye na bacyeba be.

Ombeni n’abagore be batatu
Bose uko ari batatu bamaze kubyarana abana 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eleven =

Previous Post

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Next Post

Kinshasa: Umusirikare wa FARDC uzongera kugaragara acaracara adafite uruhushya kazajya kamubaho

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kinshasa: Umusirikare wa FARDC uzongera kugaragara acaracara adafite uruhushya kazajya kamubaho

Kinshasa: Umusirikare wa FARDC uzongera kugaragara acaracara adafite uruhushya kazajya kamubaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.