Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’i Kabale muri Uganda, yashatse abagore batatu ndetse bose babana mu nzu imwe n’abana babo 10. Bavuga ko urwango rw’ubucyeba rutajya rugera mu rugo rwabo.

Uyu muryango w’umugabo n’abagore batatu, mu kiganiro twakozeho inkuru nka RADIOTV10 dukesha Afrimax TV, wagaragaje uburyo ubanyeho mu mahoro nubwo uriho mu buzima bugoye.

Uyu mugabo witwa Ombeni washatse abagore batatu, yavuze ko yabanje gushaka umugore umwe witwa Christine, ubundi aza gushaka abandi babiri.

Uyu mugore mukuru avuga ko aba bacyeba be bose baje bamusanga mu rugo, akabakira nk’abagore bashya b’umugabo we, bakaba babanyeho mu bwubahane buzira uburyarya.

Umugabo we bamaranye imyaka 10, muri icyo gihe cyose nta kibi amuziho ndetse no kuba yaramushakiyeho abagore babiri, kuri we ntakibazo na gito abibonaho uretse abaturanyi bahora bamugaya.

Umugore wa kabiri witwa Aline, avuga ko Ombeni yaje kumurambagiza akamubwiza ukuri ko afite undi mugore ariko ko yifuza ko amubera uwa kabiri, na we akabyemera adaciye ku ruhande.

Uyu mugore wa kabiri umaranye imyaka irindwi n’uyu mugabo, bamaze kubyarana abana batatu baje biyongera kuri batanu b’umugore wa mbere.

Avuga ko uko ari abagore batatu bubahana kandi bagakundana, ati “Iyo abana banjye barwaye, umugore mukuru abitaho akabajyana kwa muganga nkuko abikorera abe, n’undi uwo ari we wese iyo agize ikibazo uri hafi muri twe ni we umwitaho.”

Uyu mugore uvuga ko umugabo wabo abakunda cyane ku buryo nta n’umwe arutisha undi, gusa ngo ikibazo kibakomereye ni ubukene ariko ubundi ibyishimo by’umuryango byo barabihorana.

Avuga ko buri mugore abyuka ajya gushakisha imibereho ubundi amahaho bacyuye bakayahuriza hamwe, bagatekera hamwe bagasangira nk’umuryango umwe.

Umugore wa gatatu witwa Tuma avuga ko ntakibazo na gito afite kuba abana n’umugabo we ndetse na bacyeba be babiri.

Gusa kuri uyu wa gatatu we afite umwihariko w’uburyo yashatswemo na Ombeni kuko yamubeshye ko ntawundi mugore agira ariko ageze iwe agasanga abandi babiri, bigeze aho na we aza kubyakira ndetse ubu yaramenyereye yanamenyeranye na bacyeba be.

Ombeni n’abagore be batatu
Bose uko ari batatu bamaze kubyarana abana 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 4 =

Previous Post

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Next Post

Kinshasa: Umusirikare wa FARDC uzongera kugaragara acaracara adafite uruhushya kazajya kamubaho

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo
IBYAMAMARE

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kinshasa: Umusirikare wa FARDC uzongera kugaragara acaracara adafite uruhushya kazajya kamubaho

Kinshasa: Umusirikare wa FARDC uzongera kugaragara acaracara adafite uruhushya kazajya kamubaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.