Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’i Kabale muri Uganda, yashatse abagore batatu ndetse bose babana mu nzu imwe n’abana babo 10. Bavuga ko urwango rw’ubucyeba rutajya rugera mu rugo rwabo.

Uyu muryango w’umugabo n’abagore batatu, mu kiganiro twakozeho inkuru nka RADIOTV10 dukesha Afrimax TV, wagaragaje uburyo ubanyeho mu mahoro nubwo uriho mu buzima bugoye.

Uyu mugabo witwa Ombeni washatse abagore batatu, yavuze ko yabanje gushaka umugore umwe witwa Christine, ubundi aza gushaka abandi babiri.

Uyu mugore mukuru avuga ko aba bacyeba be bose baje bamusanga mu rugo, akabakira nk’abagore bashya b’umugabo we, bakaba babanyeho mu bwubahane buzira uburyarya.

Umugabo we bamaranye imyaka 10, muri icyo gihe cyose nta kibi amuziho ndetse no kuba yaramushakiyeho abagore babiri, kuri we ntakibazo na gito abibonaho uretse abaturanyi bahora bamugaya.

Umugore wa kabiri witwa Aline, avuga ko Ombeni yaje kumurambagiza akamubwiza ukuri ko afite undi mugore ariko ko yifuza ko amubera uwa kabiri, na we akabyemera adaciye ku ruhande.

Uyu mugore wa kabiri umaranye imyaka irindwi n’uyu mugabo, bamaze kubyarana abana batatu baje biyongera kuri batanu b’umugore wa mbere.

Avuga ko uko ari abagore batatu bubahana kandi bagakundana, ati “Iyo abana banjye barwaye, umugore mukuru abitaho akabajyana kwa muganga nkuko abikorera abe, n’undi uwo ari we wese iyo agize ikibazo uri hafi muri twe ni we umwitaho.”

Uyu mugore uvuga ko umugabo wabo abakunda cyane ku buryo nta n’umwe arutisha undi, gusa ngo ikibazo kibakomereye ni ubukene ariko ubundi ibyishimo by’umuryango byo barabihorana.

Avuga ko buri mugore abyuka ajya gushakisha imibereho ubundi amahaho bacyuye bakayahuriza hamwe, bagatekera hamwe bagasangira nk’umuryango umwe.

Umugore wa gatatu witwa Tuma avuga ko ntakibazo na gito afite kuba abana n’umugabo we ndetse na bacyeba be babiri.

Gusa kuri uyu wa gatatu we afite umwihariko w’uburyo yashatswemo na Ombeni kuko yamubeshye ko ntawundi mugore agira ariko ageze iwe agasanga abandi babiri, bigeze aho na we aza kubyakira ndetse ubu yaramenyereye yanamenyeranye na bacyeba be.

Ombeni n’abagore be batatu
Bose uko ari batatu bamaze kubyarana abana 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − seven =

Previous Post

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

Next Post

Kinshasa: Umusirikare wa FARDC uzongera kugaragara acaracara adafite uruhushya kazajya kamubaho

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kinshasa: Umusirikare wa FARDC uzongera kugaragara acaracara adafite uruhushya kazajya kamubaho

Kinshasa: Umusirikare wa FARDC uzongera kugaragara acaracara adafite uruhushya kazajya kamubaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.