Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo we yahamagajwe azi ko agaruka ahita afungwa none amezi abaye arindwi ataranaburana

radiotv10by radiotv10
17/12/2021
in MU RWANDA
0
Umugabo we yahamagajwe azi ko agaruka ahita afungwa none amezi abaye arindwi ataranaburana
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore utuye mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe aravuga ko umugabo we yarenganye kuko yafunzwe nyuma yo kwitaba Urukiko rwari rwamuhamagaje ku kibazo yagiranye na mwishywa we agahita afungwa ataburanye none amezi abaye arindwi.

Uyu mubyeyi witwa Uwamahoro Sandrine utuye mu Mudugudu wa Rubare mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Kigina, avuga ko umugabo we witwa Habyaramungu Celestin yafunzwe biturutse ku kibazo yagiranye na mwishywa we.

Avuga ko bamaze imyaka 30 baguze isambu, gusa ngo mu mpera za 2020 mwishywa w’umugabo we yaje ayiyitirira ndetse bajya no mu manza biza kurangira urukiko rwemeje ko isambu ari iy’uyu mwishywa.

Habyaramungu utaremeye imikirize y’urubanza, yaje kwambura igitoki mwishywa we wari uje kugitema mu murima uri muri iyi sambu bituma yongera kujya kumurega.

Uwamahoro Sandrine agira ati “Bari baragiye mu rukiko yitabye baramubwira ngo ntabwo aburana kubera ko umuburanyi we adahari. Bamuhamagaje bwa kabiri, asanga umwanditsi w’urukiko yicaranye n’uwo baburana. Bahise bavuga ko yigometse ku myanzuro.”

Ako kanya ngo bahise “Bamwambika amapingu bamujyana kuri RIB ngo ntabwo yagombaga kubinjirana.”

Uyu mugore akomeza agira ati “Urubanza rwaciwe ataburanye. Yagiye ku Muvunyi bamwohereza ku rwego rurwanya ruswa n’akarengane. Agezeyo, baramubwira ngo ashake radiyo imukemurire icyo kibazo.”

Akomeza avuga ko kuvuga ko umugabo we afungiye akarengane ari uko “Ikibazo cye inzego z’ibanze zitakizi. Nakigejeje ku Murenge, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wawo avuga ko agiye kwandika asaba uburenganzira ko agaruka bagakurikirana ikibazo cye ahari. Ngo biragaragara ko yibwe.”

Avuga ko ubuzima bumugore we n’abana babo kuko ari we usigaye akora byose kugira ngo atunge umuryango w’abantu umunani.

Uwamahoro Sandrine anavuga ko afite impungenge ko na we yazafungwa, ati “Induru zihoraho. nanjye ubwanjye ntamutekano mba mfite. Abo baburanye hari ubwo bisaza. Hatabayeho kujya mu nzu ngo dusinzire, ushobora kumva ngo nanjye nagiye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigina, Kabandana Patrick, avuga ko habayemo akarengane koko ndetse ko hari icyo ubuyobozi bw’ibanze bwari bwakoze.

Yagize ati “Urukiko rushobora kuba rutarigeze rujya aho byabereye. Ntabwo yagombaga kwamburwa isambu ye kandi bigaragara ko yahatuye kuva muri 1982. Biragaragara ko ari ahe. Ntabwo hagombaga gusaranganywa. Ibyo inzego zabigiyemo tubikorera raporo tuyiha Akarere. Twabakoreye ubuvugizi kubera ko twe ntabubasha dufite bwo kumugarura.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Buno, yizeje ko bagiye gukurikirana iki kibazo.

Ati “Turagikurikirana, nitwongere kugwa mu mutege wo kuvuga ko batagiye aho cyabereye. Icyo nakubwira ni uko tugiye kugikurikirana kandi dushake umuti urambye kuri icyo kibazo cy’uwo muturage.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

RIB yerekanye abasore bakurikiranyweho gushukisha abakobwa urukundo ubundi bakabasambanya bakanabambura

Next Post

Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Related Posts

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

by radiotv10
11/11/2025
0

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura...

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

IZIHERUKA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

11/11/2025
Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.