Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wishe ababyeyi be ubu nawe ntakiri mu Isi y’abazima, menya uko yishwe

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uherutse kwica ababyeyi be bombi abakase amajosi akoresheje inkota bo mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, na we yishwe arasiwe mu ruhame imbere y’abaturage ubwo yashakaga gutoroka inzego.

Uyu mugabo witwa Nzanywayimana Eliezer yari ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB nyuma yo gufatirwa mu gasantere ka Karambi gaherereye mu Kagari ka Karengera mu Murenge wa Kirimbi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama 2022 ubwo RIB na Polisi y’u Rwanda yari imujyanye aho yavugaga ko yashyize inkota yicishije ababyeyi be ngo ayerekane, ni bwo yagerageje gutoroka inzego.

Ubwo bari bageze mu Mudugudu wa Kajumiro, uyu mugabo yavuye mu modoka ya RIB atangira kwiruka ashaka gucika ari na bwo abashinzwe umutekano bahitaka bamurasa agahita ahasiga ubuzima.

Umwe mu babonye uyu mugabo araswa, yabwiye ikinyamakuru Bwiza ko iki gikorwa cyabaye hari abaturage benshi na bo bifuzaga kubona uyu mugabo wakoze aya mahano, yavuze ko uyu musore koko yashatse gutoroka.

Yagize ati “Yavuyemo turamubona neza twahuruye turi benshi, ashaka kwiruka; baba bamukubise urusasu rwa mbere mu gice cyo mu maguru yikubita hasi, bahita bamukubita urundi rwo mu mutwe biba birarangiye.”

Ubwo ba nyakwigendera bashyingurwaga ku Cyumweru tariki 07 Kanama 2022, abavandimwe b’uyu mugabo bo ubwabo bavuze ko bifuza ko uyu muvandimwe wabo na we yari akwiye kwicwa kuko ibyo yakoze ari indengakamere.

Umuturage wabonye ubwo uyu mugabo yaraswaga, avuga ko abaturage bari bashungereye ari benshi, bahise bakoma akamo bagaragaza ko babyishimiye.

Yagize ati “Bamwe bakomye amashyi, abandi bavuza induru, abandi batangira gushima Imana, buri wese akora ikimubangukiye.”

Polisi y’u Rwanda yahise ikoresha inama abaturage, irabahumuriza ndetse ibasobanurira uko uyu mugabo yishwe kuko yari agerageje gutoroka kandi ko na bo ubwabo babyiboneraga.

Iki gikorwa kibaye nyuma y’iminsi micye Umunyapolitiki Dr Frank Habineza asabye ko u Rwanda rwagura amasasu akoze mu bipapuro yajya yifashishwa mu kuburizamo imigambi y’abifuza gutoroka basanzwe baraswa amasasu ya nyayo bakahasiga ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − five =

Previous Post

Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Next Post

Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.