Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wishe ababyeyi be ubu nawe ntakiri mu Isi y’abazima, menya uko yishwe

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uherutse kwica ababyeyi be bombi abakase amajosi akoresheje inkota bo mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, na we yishwe arasiwe mu ruhame imbere y’abaturage ubwo yashakaga gutoroka inzego.

Uyu mugabo witwa Nzanywayimana Eliezer yari ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB nyuma yo gufatirwa mu gasantere ka Karambi gaherereye mu Kagari ka Karengera mu Murenge wa Kirimbi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama 2022 ubwo RIB na Polisi y’u Rwanda yari imujyanye aho yavugaga ko yashyize inkota yicishije ababyeyi be ngo ayerekane, ni bwo yagerageje gutoroka inzego.

Ubwo bari bageze mu Mudugudu wa Kajumiro, uyu mugabo yavuye mu modoka ya RIB atangira kwiruka ashaka gucika ari na bwo abashinzwe umutekano bahitaka bamurasa agahita ahasiga ubuzima.

Umwe mu babonye uyu mugabo araswa, yabwiye ikinyamakuru Bwiza ko iki gikorwa cyabaye hari abaturage benshi na bo bifuzaga kubona uyu mugabo wakoze aya mahano, yavuze ko uyu musore koko yashatse gutoroka.

Yagize ati “Yavuyemo turamubona neza twahuruye turi benshi, ashaka kwiruka; baba bamukubise urusasu rwa mbere mu gice cyo mu maguru yikubita hasi, bahita bamukubita urundi rwo mu mutwe biba birarangiye.”

Ubwo ba nyakwigendera bashyingurwaga ku Cyumweru tariki 07 Kanama 2022, abavandimwe b’uyu mugabo bo ubwabo bavuze ko bifuza ko uyu muvandimwe wabo na we yari akwiye kwicwa kuko ibyo yakoze ari indengakamere.

Umuturage wabonye ubwo uyu mugabo yaraswaga, avuga ko abaturage bari bashungereye ari benshi, bahise bakoma akamo bagaragaza ko babyishimiye.

Yagize ati “Bamwe bakomye amashyi, abandi bavuza induru, abandi batangira gushima Imana, buri wese akora ikimubangukiye.”

Polisi y’u Rwanda yahise ikoresha inama abaturage, irabahumuriza ndetse ibasobanurira uko uyu mugabo yishwe kuko yari agerageje gutoroka kandi ko na bo ubwabo babyiboneraga.

Iki gikorwa kibaye nyuma y’iminsi micye Umunyapolitiki Dr Frank Habineza asabye ko u Rwanda rwagura amasasu akoze mu bipapuro yajya yifashishwa mu kuburizamo imigambi y’abifuza gutoroka basanzwe baraswa amasasu ya nyayo bakahasiga ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + six =

Previous Post

Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Next Post

Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.