Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wishe ababyeyi be ubu nawe ntakiri mu Isi y’abazima, menya uko yishwe

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uherutse kwica ababyeyi be bombi abakase amajosi akoresheje inkota bo mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, na we yishwe arasiwe mu ruhame imbere y’abaturage ubwo yashakaga gutoroka inzego.

Uyu mugabo witwa Nzanywayimana Eliezer yari ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB nyuma yo gufatirwa mu gasantere ka Karambi gaherereye mu Kagari ka Karengera mu Murenge wa Kirimbi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama 2022 ubwo RIB na Polisi y’u Rwanda yari imujyanye aho yavugaga ko yashyize inkota yicishije ababyeyi be ngo ayerekane, ni bwo yagerageje gutoroka inzego.

Ubwo bari bageze mu Mudugudu wa Kajumiro, uyu mugabo yavuye mu modoka ya RIB atangira kwiruka ashaka gucika ari na bwo abashinzwe umutekano bahitaka bamurasa agahita ahasiga ubuzima.

Umwe mu babonye uyu mugabo araswa, yabwiye ikinyamakuru Bwiza ko iki gikorwa cyabaye hari abaturage benshi na bo bifuzaga kubona uyu mugabo wakoze aya mahano, yavuze ko uyu musore koko yashatse gutoroka.

Yagize ati “Yavuyemo turamubona neza twahuruye turi benshi, ashaka kwiruka; baba bamukubise urusasu rwa mbere mu gice cyo mu maguru yikubita hasi, bahita bamukubita urundi rwo mu mutwe biba birarangiye.”

Ubwo ba nyakwigendera bashyingurwaga ku Cyumweru tariki 07 Kanama 2022, abavandimwe b’uyu mugabo bo ubwabo bavuze ko bifuza ko uyu muvandimwe wabo na we yari akwiye kwicwa kuko ibyo yakoze ari indengakamere.

Umuturage wabonye ubwo uyu mugabo yaraswaga, avuga ko abaturage bari bashungereye ari benshi, bahise bakoma akamo bagaragaza ko babyishimiye.

Yagize ati “Bamwe bakomye amashyi, abandi bavuza induru, abandi batangira gushima Imana, buri wese akora ikimubangukiye.”

Polisi y’u Rwanda yahise ikoresha inama abaturage, irabahumuriza ndetse ibasobanurira uko uyu mugabo yishwe kuko yari agerageje gutoroka kandi ko na bo ubwabo babyiboneraga.

Iki gikorwa kibaye nyuma y’iminsi micye Umunyapolitiki Dr Frank Habineza asabye ko u Rwanda rwagura amasasu akoze mu bipapuro yajya yifashishwa mu kuburizamo imigambi y’abifuza gutoroka basanzwe baraswa amasasu ya nyayo bakahasiga ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

Next Post

Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.