Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wiyemerera ko yishe umugore we yahaye Urukiko icyifuzo gihabanye n’ibyo asabirwa

radiotv10by radiotv10
22/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga ukurikiranyweho kwica umugore we amunigishije umusego, na we akaba yiyemerera icyaha, yasabye Urukiko kumurekura agakurikiranwa ari hanze, kugira ngo ajye kwita ku bana yasigiwe na nyakwigendera bari barabyaranye, mu gihe Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa burundu.

Uyu mugabo witwa Emmanuel akurikiranyweho kwica umugore we Nathalie babanaga mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye, ari na ho uru rubanza rwabereye mu ruhame mu Mudugudu wa Rugarama.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ibimenyetso bushingiraho buvuga ko uregwa yishe nyakwigendera abigambiriye, bwavuze ko yabanje kumukubita ku gikuta yarangiza akamuniga kugeza ashizemo umwuka.

Uregwa kandi, mu mabazwa yo mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, yarwemereye ko yabanje gukubita nyakwigendera ku gikuta, ndetse ibizamini byakorewe umurambo bikaba byaragaragaje ko yapfuye nyuma yo kuvunika igufwa rifata amenyo.

Ubushinjacyaha buhawe umwanya ngo butange icyifuzo cyabwo bwasabye Urukiko kuzahamya uregwa icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake, rukamuhanisha gufungwa burundu.

Uregwa ahawe umwanya ngo avuge, yemeye ko yishe umugore we koko, ariko ko atabikoze biturutse ku bushake, ahubwo ko byatewe n’ubushyamirane bwabayeho ubwo batahuzaga mu biganiro bariho bagirana ubwo bateguraga ibirori byo gusoza amashuri by’umwe mu bo mu muryango w’uyu mugabo.

Uregwa avuga ko we n’umugore we bafatanye, bakagundagurana akaza kwikubita ku gikuta, ubundi akikubita ku buriri agacika intege kugeza ashizemo umwuka.

Uyu mugabo uregwa kwica umugore we, yasabye Urukiko ko rwamurekura akajya kwita ku bana batatu yabyaranye na nyakwigendera, ngo kuko badafite ubitaho.

Urukiko rwaburanishije uru rubanza, rwahise rurupfundikira, rwanzura ko ruzasoma umwanzuro warwo tariki 04 Gashyantare 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Uko byagenze ngo haraswe babiri bakekwagaho gusambanya umuturage bakanamwica urubozo

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari muri Türkiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari muri Türkiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari muri Türkiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.