• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo yaguwe gitumo ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ku manywa y’ihangu

radiotv10by radiotv10
11/06/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umugabo yaguwe gitumo ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ku manywa y’ihangu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi, haravugwa umugabo waguwe gitumo n’abitambukiraga ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe mu masaha y’amanywa saa munani.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kiranzi mu Kagari ka Kidahwe hafi y’ishuri rya G.S. Ruyumba ryo muri uyu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Intyoza, avuga ko uyu mugabo yaguwe gitumo n’abagore bariho bitambukira, banyura aho yakoreraga iki gikorwa, bakumva umuntu ari gutaka, bagiye kureba basanga n’uyu mugabo ari gusambanya umugore usanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe.

Abo bitambukiraga bahise bavuza induru, umugabo wari hafi aho bakunze kwita Kazungu aza kureba ibibaye, asanga ni aya mahano.

Kazungu yagize ati “kubera ko nanjye nari mu rugendo nigendera mu bukwe, numva akaruru bavuga ngo nimudutabare nimudutabare, hano hepfo hari umugabo wafashe umuntu none arimo avuza induru, ndiruka njyayo mpageze nsanga yamufashe yamushyize ku bibero bye, amwiyicajeho arimo kumusambanya.”

Uyu muturage avuga ko ubwo yageraga kuri uyu mugabo, yahise agira igihunga, agahita ahagarika ibyo yari ari gukora.

Ati “Abonye ntarutse mbasatira, yamusunitse amwikuraho arwana no kwambara ipantaro, ariko ashaka no kwiruka, ndamubwira nti ‘wikwiruka kuko ntunsiga kandi n’ibintu ukoze ntabwo ari byo’.”

Uyu bakunze kwita Kazungu yavuze ko yabwiye uwo mugabo ko uwo mugore yari ari gufata ku ngufu, basanze bamuzi nk’ufite uburwayi bwo mu mutwe, bityo ko yahemutse akamukorera ibi bya mfura mbi.

Gusa abatuye muri kariya gace bavuga ko badasanzwe bazi uwo mugabo wafatiwe mu cyuho asambanya uriya mugore, ndetse ko bahise babimenyesha inzego z’ibanze, zigahita zimufata zikamushyikiriza iz’ubutabera.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 134 y’Itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, igaragaza ibihano ku cyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, ivuga ko “Iyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato byakozwe ku muntu ufite hejuru y’imyaka mirongo itandatu n’itanu (65), ku muntu ufite ubumuga cyangwa uburwayi butuma adashobora kwirwanaho, igihano kiba igifungo kirenze imyaka cumi n’itanu (15) ariko kitageze ku myaka makumyabiri (20) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW).”

Yahise atabwa muri yombi

RADIOTV10

Comments 1

  1. NZACAHINYERETSE ETIENNE says:
    22 minutes ago

    Amategeko akurikizwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − two =

Previous Post

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

Next Post

President Kagame makes cabinet changes and appoints new ambassadors and officials

Related Posts

President Kagame makes cabinet changes and appoints new ambassadors and officials

President Kagame makes cabinet changes and appoints new ambassadors and officials

by radiotv10
11/06/2026
0

President of the Republic of Rwanda, Paul Kagame, has made changes to the Government, bringing in four new members, the...

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

by radiotv10
11/06/2026
0

Perezida wa Repubulika yashyize mu myanya abayobozi banyuranye, barimo Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa,...

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
11/06/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma zayinjijemo bane bashya, ari bo Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, uw'Ubucuruzi...

Capital Markets Youth Forum 2026 Inspires Young Rwandans to Invest in Their Future

Capital Markets Youth Forum 2026 Inspires Young Rwandans to Invest in Their Future

by radiotv10
11/06/2026
0

KIGALI, Rwanda, June 10, 2026 Hundreds of students, young professionals, financial sector leaders, and policymakers gathered at the Kigali Convention...

Capital Markets Youth Forum 2026 Inspires Young Rwandans to Invest in Their Future

Urubyiruko rwibukijwe akamaro ko gutangira kuzigama no gushora imari mu isoko ry’imari n’imigabane hakiri kare

by radiotv10
11/06/2026
0

Urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri za kaminuza n’amashuri makuru, abayobozi b’ibigo by’imari ndetse n’abafatanyabikorwa mu rwego rw’iterambere ry’isoko ry’imari bahuriye mu...

Next Post
President Kagame makes cabinet changes and appoints new ambassadors and officials

President Kagame makes cabinet changes and appoints new ambassadors and officials

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

President Kagame makes cabinet changes and appoints new ambassadors and officials

Umugabo yaguwe gitumo ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ku manywa y’ihangu

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.