Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umugore wo mu rugo rwugarijwe n’inzara aravugwaho icyemezo kigayitse cyababaje umugabo we

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Umugore wo mu rugo rwugarijwe n’inzara aravugwaho icyemezo kigayitse cyababaje umugabo we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ari mu gahinda kenshi ko kuba amaze iminsi arara yipfumbatse nyuma yuko umugore we yanze kwihanganira imibereho mibi y’inzara, agahitamo kumuta akamusigira umwana.

Uyu mugabo witwa Kayigema Ntamaka atuye mu Muduguru wa Mbogo mu Kagari ka Nyabikenke mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, asanzwe afite umugore n’abana barindwi babyaranye

Kayigema avuga ko urugo rwe rwari rusanzwe rutunzwe n’ubushobozi yakuraga mu mirimo ya VUP, ariko ko yaje guhagarikwa muri iyi mirimo mu buryo budasobanutse kuko na we atazi impamvu yahagaritswe, none ubuzima bwaramushaririye kuko yabuze icyo atungisha umuryango we.

Avuga ko we n’umuryango we batangiye kujya baburara kandi batarabyigeze, bikaza no kumugiraho ingaruka yo kuba ubu asigaye yirarana mu buriri, nyamara yararanaga n’umugore we.

Kayigema avuga ko nyuma yo guhagarikwa muri VUP yatangiye kujya akora ubukorikori bwo kubumba imbabura ariko ko na zo kugira ngo abone abakiliya aba ari ihurizo rikomeye.

Ati “Nari nakajyanye [imbabura] mbura n’uwo nari ngiye kugashyira, ngarutse mbona turaburaye pe, tubivuzeho n’umugore mbona umugore ararakaye, buba buracyeye ngiye ku bwiherero, noneho umugore arancika aragenda, nta n’ubwo yansezeye.”

Uyu mugabo avuga ko uyu mugore we iyo aza gushyira mu gaciro nibura yari kujyanwa no gushaka ibiryo, ariko ko ikibabaje ari uko yahukanye, ati “Ubuse njye ndi kuzira iki?”

Kayigema na we yemera ko abayeho nabi kuko inzara imurembeje ku buryo atumva n’ukuntu akiriho kuko atagipfa kubona icyo ashyira mu nda.

Ati “N’ubu mu nda ntakintu kirimo, no kuba mpagaze gutya simbizi niba ari umwuka w’Imana ukindimo. Inzara ni yo itumye n’umugore wanjye agenda. N’ubu mfite ubwoba ndi kuvuga nti ‘ko ntakintu na kimwe gihari, buraza gucya’.”

Icyakora iki kibazo cya Kayigema si icya wenyine kuko muri uyu Murenge wa Bumbogo, hari abaturage benshi bavuga ko bugarijwe n’inzara.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bumbogo, Innocent Nyamutera ahakana ko muri uyu Murenge haba hari umuturage ufite ikibazo cy’inzara.

Atanga urugero rwo kuba hari abari bamaze iminsi bafite iki kibazo ariko ko bafashijwe bagahabwa inkunga na Leta, bityo ko haramutse hari ufite iki kibazo yakwegera inzego.

Ati “Ufite ikibazo yaza ariko nzi ko mu minsi yashize mu gihe kitarenze ukwezi kumwe hari abo twahaye umucer,i kawunga, ibishyimbo, amavuta. Abo bashonje ntekereza ko gusonza kwa mbere ari mu mutwe, hari ufite ikibazo yatwegera tukamufasha.”

Ikibazo cy’inzara si umwihariko wo muri uyu Murenge wa Bumbogo gusa, kuko mu minsi ishize, hari abaturage bagiye babwira RADIOTV10 ko bashonje biganjemo abo mu Ntara y’Amajyepfo.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Ezira says:
    2 years ago

    Njyewe turaturanye nakayigema inzara nikibazo hano gikomeye

    Reply
  2. Pascal says:
    2 years ago

    Oooh my friend@kayigema disi,iyo ushyiraho fn ye nibura uwagira 500f akamwihera,

    Reply

Leave a Reply to Ezira Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 11 =

Previous Post

Amakuru yihariye y’ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Next Post

Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.