Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore wo muri Afghanistan yabyaye umukobwa mu ndege ya US imuhungishije

radiotv10by radiotv10
23/08/2021
in MU RWANDA
0
Umugore wo muri Afghanistan yabyaye umukobwa mu ndege ya US imuhungishije
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wari urimo guhungishwa mu ndege akuwe muri Afghanistan muri iki gihe cy’akavuyo gikomeje muri icyo gihugu, yabyaye umwana w’umukobwa ari muri iyo ndege.

Ingabo z’Amerika zirwanira mu kirere zavuze ko uwo mugore w’Umunya-Afghanistan yagiye ku bise berekeza ku kibuga cy’indege cya gisirikare cy’Amerika cya Ramstein Air Base kiri mu Budage.

Abaganga binjiye mu ndege ubwo yari imaze kugera ku kibuga bamufasha kubyara uwo mwana bari mu gice gitwarwamo imizigo cy’indege. Umwana na nyina bivugwa ko bameze neza aho bari kwitabwaho ku ivuriro riri hafi aho.

Abanya-Afghanistan babarirwa mu bihumbi bari hanze y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cyo mu murwa mukuru Kabul, nyuma y’iminsi ishize aba Taliban bigaruriye igihugu.

Bategerereje mu bushyuhe bw’umurengera no mu kivunge ngo babe bagira amahirwe yo guhunga igihugu.

Kugeza ubu abasirikare b’Amerika ni bo bagenzura ikibuga cy’indege cya Kabul.

Abantu bagera hafi ku 17,000 ni bo bamaze guhungishwa mu ndege n’igisirikare cy’Amerika bakuwe kuri icyo kibuga, nkuko ibiro bya perezida bya White House byabitangaje ku wa gatandatu.

Perezida w’Amerika Joe Biden yashyizeho igihe ntarengwa cy’itariki ya 31 y’uku kwezi kwa munani ngo ingabo z’Amerika zose zibe zavuye muri Afghanistan.

Ariko ibihugu byinshi birimo gushaka ko icyo gihe cyongerwa mu gufasha guhungisha abaturage babyo n’Abanya-Afghanistan bakoreye ibigo by’i Burayi n’Amerika. Hari ubwoba ko aba Taliban bashobora kubihimuraho.

Josep Borrell ukuriye ububanyi n’amahanga mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU/UE), ku wa gatandatu yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ati:

“Barashaka guhungisha abantu 60,000 hagati y’ubu no mu mpera y’uku kwezi”.

“Mu mibare ntibishoboka”.

Aba Taliban bavuze ko Amerika ari yo nyirabayazana y’akavuyo ko ku kibuga cy’indege.

Amakuru avuga ko umutegetsi wo mu ba Taliban Amir Khan Muttaqi yagize ati: “Amerika, n’ubuhanganye bwayo bwose n’ibikoresho… yananiwe gushyira ibintu ku murongo ku kibuga cy’indege”.

“Hari amahoro n’ituze mu gihugu hose, ariko hari akavuyo ku kibuga cy’indege cya Kabul honyine”.

Inkuru ya BBC Gahuza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Kuri iki cyumweru abanyeshuri 23 ba UGHE bazahabwa impamyabumenyi mu bya Science for Global Health Delivery (MGHD)

Next Post

KENYA: Emery Mvuyekure yaciye agahigo ku bandi banyezamu b’abanyarwanda

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
KENYA: Emery Mvuyekure yaciye agahigo ku bandi banyezamu b’abanyarwanda

KENYA: Emery Mvuyekure yaciye agahigo ku bandi banyezamu b’abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.