Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore w’umunyapolitiki Kizza Besigye yavuze kuri kimwe mu byaha biregwa umugabo we

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umugore w’umunyapolitiki Kizza Besigye yavuze kuri kimwe mu byaha biregwa umugabo we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Gahunda zihuriwe z’Umuryango w’Abibumbye zo kurwanya SIDA, Winnie Byanyima usanzwe ari umugore wa Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yahakaniye umugabo we icyaha ashinjwa cyo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, avuga ko mu myaka 20 ishize, adaheruka no kuyikoraho.

Dr Kizza Besigye wahoze ari umwe mu Ngabo za Uganda afite ipeti rya Colonel, amaze iminsi afungiye muri Gereza ya Gisirikare i Kampala, nyuma yuko bivuzwe ko yashimutiwe muri Kenya.

Muri iki cyumweru yagejejwe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare i Kampala, ariko yanga kuburana kuko yari yahawe Abanyamategeko yari yagenewe na Leta.

Umugore we, Winnie Byanyima wabanje kuvuga ko akeneye ibisobanuro by’aho umugabo we aherereye, ubu arahakana kimwe mu byaha biregwa umugabo we.

Yagize ati “Kuva cyera yagiye ashinjwa ibyaha by’ibihimbano, ariko bikaza kugaragara ko ari umwere. N’ubundi Besigye azaba umwere mu rukiko rwa gisivile.”

Mu butumwa yanyujije kuri X, Byanyima yagize ati “Ndahamya ko Dr Kizza Besigye kuva mu myaka 20 ishize, atigeze atunga imbunda. Nk’umusivile Dr Besigye agomba kuburanishwa n’Urukiko rwa gisivile aho kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare.”

Besigye na we wagejewe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare ku wa Gatatu w’iki cyumweru, avuga ko akwiye kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisivile, mu gihe Umucamanza Mukuru w’urukiko rwa Gisirikare, Brigadier Freeman Mugabe yavuze ko ibyaha byo gutunga imbunda biburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare.

Besigye wafatiwe hamwe n’inshuti ye Lutale, bafatiwe i Nairobi muri Kenya mu cyumweru gishize tariki 16 Ugushyingo, ubwo bari bitabiriye imurika ry’igitabo cy’umwanditsi Martha Karua.

Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yagiye afungwa inshuro nyinshi zinyuranye, aho we yakunze kuvuga ko byose bikorwa na Museveni wahoze ari inkoramutima ye, bakaba basigaye bahanganye, bagiye banahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Dr Besigye ku wa Gatatu ubwo yajyanwa mu Rukiko

Umugore we Byanyima avuga ko umugabo we adaheruka gutunga imbunda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + eight =

Previous Post

Agezweho ku mugabo ukekwaho kwica umugore we agatoroka akaza gufatirwa ku nshoreke ye

Next Post

AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b’ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b’ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b'ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.