Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi uzwi mu karere ari kubaka umusigiti wo gusengeramo

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi uzwi mu karere ari kubaka umusigiti wo gusengeramo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Rajab Abdul Kahali uzwi nka Harmonize, yagaragaje ko ari kubaka umusigiti mu gace k’icyaro akomokamo, nyuma yo kuvuga ko yakuze ahabona ikibazo cyo kubura aho we n’abaturanyi basengera.

Ni mu mashusho yashyizwe hanze n’uyu muhanzi, agaragaza Umusigiti ari kubakisha mu gace k’icyaro cy’iwabo aho akomoka.

Harmonize, yatanze ubuhamya bw’ibihe byashize ubwo yari ari mu nzu itunganya umuziki ya WCB Wasafi iyobowe n’umuhanzi Diamond Platnumz, aho yavuze ko yigeze kuganira na Diamond amubwira ikibazo gikomeye mu gace k’iwabo, aho abaturage bakeneye aho gusengera (Umusigiti).

Uyu muhanzi yavuze ko Diamond yemeye gutanga amafaranga yo gutangiza umushinga wo kubaka umusigiti uzajya ufasha abaturage kubona aho basengera.

Nyuma yaho, habaye ikibazo hagati ya Harmonize na Diamond, nk’uko Harmonize abivuga ati “Shitani yaje hagati yacu”, bituma Harmonize atandukana na WCB, ndetse umushinga wo kubaka urwo rusengero icyo gihe wahuye n’ikibazo cyo kudindira kubera kubura amafaranga yo gukomeza ibikorwa by’uwo mushinga.

Harmonize yafashe icyemezo cyo guha uru rusengero izina rya ‘Masjid Naseeb’, izina rifitanye isano n’izina ry’umuhanzi Diamond Platnumz (Naseeb Abdul).

Harmonize yavuze ko yishimiye ko yagiye agira ubushobozi bwo kongera guhemba abakozi bari kubaka uri rusengero, ndetse ko yatanze amafaranga yose azakenerwa kugira ngo umushinga wose uzarangire.

Umuhanzi Harmonize uri mu bagezweho mu karere
Yagaragaje umusigiti ari kubakisha

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 9 =

Previous Post

Urujijo ku misanzu bamaze imyaka itatu bishyura muri gahunda bashishikarijwe ko ibafitiye akamaro

Next Post

Umuryango Ibuka wunamiye uwari uwukuriye mu Buholandi witabye Imana

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, yashyize hanze Album ye ya 10 ibintu bitarakorwa n’undi muhanzi ku giti cye mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
18/09/2025
0

Abahanzikazi Ariel Wayz na Babo banafitanye indirimbo bakoranye, baherutse gutabwa muri yombi ubwo bapimwaga bagasangwamo ibiyobyabwenge mu mubiri wabo, amakuru...

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko atwite umwana we wa kane, ari na we wa mbere agiye kubyarana n’umukunzi we, umukinnyi...

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

by radiotv10
17/09/2025
0

Umwongerezakazi Ruby Bhogal wamamaye mu kiganiro kizwi nka Bake Off cyo mu Bwongereza, yahishuye ko yakoranye ubukwe na James Stewart,...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango Ibuka wunamiye uwari uwukuriye mu Buholandi witabye Imana

Umuryango Ibuka wunamiye uwari uwukuriye mu Buholandi witabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.