• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Jean Pierre Clever Tuyizere wamenyekanye nka Papi Clever uririmbana n’umugore we Dorcas, yemeza ko umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana wateye imbere ku buryo utunze abawukora na we arimo, mu gihe mu bihe byatambutse atari ko byahoze.

Papi Clever avuga ko abahanzi b’Indirimbo z’Imana, bakunze kwitwa abakozi b’Imana, na bo bakabigenderaho bumva ko bari gukorera Imana ariko batagamije kugira icyo bakura muri uyu mwuga.

Uyu muhanzi watangiye ubuhanzi akora wenyine, avuga ko na we ari umwe mu bahanzi na bo bumvaga ko kuririmbira Imana bidakwiye guherekezwa n’inyungu runaka, ariko ko bigenda byikora, ku buryo na we asigaye agira inyungu akura mu buhanzi bwe ubu asigaye akorana n’umufasha we.

Uyu muhanzi unafite ibitaramo binyuranye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagize ati “Umuziki wa Gospel wateye imbere, ntabwo ari nka kera. Kera ntabwo twari tuzi abo bishobora kubeshaho mu buryo bufatika ubwo ndavuga amafaranga yakubeshaho, ugasanga abantu barabikorera muri conditions zigoye, ariko uyu munsi siko bimeze, hari abantu benshi dutunzwe n’umuziki.”

Akomeza agira ati “Bigenda bitera imbere nubwo tugifite urugendo rwo kugenda kugira ngo tugere ku rwego ruri hejuru.”

Yakomeje avuga ko mu muziki hari ibikenewe kugira ngo ukomeze ugere ku rwego rwisumbuyeho.

Ati “Twakwishimira ibyabaye abantu bateye imbere mu bijyanye n’imyumvire ku muziki, ubumenyi, hari aba producer beza (abatunganya imiziki), tubona ibyuma byiza, abantu bashoramo amafaranga bazana ama sound meza ku buryo iyo dukoze konseri uba wumva ibintu rwose bimeze neza nta kintu tubuze.”

Papi Clever yize umuziki ndetse we n’umugore we bafite ibitaramo byo kuzenguruka America muri uku kwezi kwa Nzeri, bazahera mu mujyi wa Dallas.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame ari muri Senegal

Next Post

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.