Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi w’ikirangirire John Legend yahishuye ibyo yabwiwe mbere yo kuza mu Rwanda akabyima amatwi

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi w’ikirangirire John Legend yahishuye ibyo yabwiwe mbere yo kuza mu Rwanda akabyima amatwi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi John Legend uherutse gutaramira mu Rwanda mu gitaramo cy’akataraboneka, yavuze ko mbere yo kuza hari benshi bamuhamagaye bamubuza kuza muri iki Gihugu yishimiye kugeramo, bashingiye ku mpamvu za politiki z’ibibazo biri hagati yacyo na DRC, ariko akabyima amatwi kuko abona u Rwanda ari Igihugu gifite ubushishozi buhanitse.

Uyu muhanzi yemeje ko yari azi neza ibibazo byavugwaga ndetse yanabonye ubutumwa bumubuza gutaramira mu Rwanda, ariko ko nta mpamvu n’imwe yabonaga yatumaga adakomeza iki gitaramo.

Yumvikanishije ko atemeranya n’abashaka gufatira u Rwanda ibihano, byatumye yirengagiza ibyo bamusabaga, atanga ibyishimo bisendereye mu gitaramo ‘Move Afrika’ cy’umuryango Global Citizen, cyari kibaye ku nshuro ya kabiri.

John Legend nyuma yo gushyirwaho igitutu ngo ahagarike igitaramo cyo mu Rwanda, yatangaje ko atari kubikora ngo kuko yari kuba ashyize igihano ku Banyarwanda .

Ibi uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na BBC mbere yo gutaramira i Kigali ku wa 21 Gashyantare 2025.

Muri iki kiganiro, John Legend yatangiye yemeza ko yari azi neza ibyavugwaga byose ndetse n’inyandiko zamubuzaga gutaramira mu Rwanda yazibonye.

Ati “Nari nzi ibiri kuba, yewe n’inyandiko zimbuza gutaramira mu Rwanda narazibonaga ariko nizeraga ko ubutumwa bwa Move Afrika na bwo ari ingenzi.”

Cyari igitaramo kidasanzwe, kuko yaririmbiye abarenga ibihumbi 10. Mu gitaramo hagati yavuze amagambo yumvikanisha ko yamenye igisobanuro cya nyacyo cy’umuziki, kandi ko gutaramira mu Rwanda byaturutse ku rukundo afitiye abafana be.

Ati “Ndanezerewe cyane kuba ndi hano. Twageze i Kigali mu gitondo cy’uyu munsi” [ari kumwe n’umugore we Chrissy Teigen]. Nahise numva ubwuzu bwanyu nubwo mutari muhari umunsi wose, nahise numva ubwiza bw’uyu mujyi umunsi wose mpamaze.”

Yakomeje avuga ati “Ndanezerewe cyane kuba ndi hano, ku nshuro yanjye ya mbere ntaramiye i Kigali, inshuro ya mbere ntaramiye mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba, inshuro ya mbere ntaramiye mu Rwanda, turi hano kubera ko tubakunda, kubera ko dushaka kwishimira umuziki, urukundo n’umuco, kubera ko twumva biduhuza, biranejeje cyane kuba turi hano.”

Yavugaga ibi ariko mu gihe ku wa 07 Gashyantare 2025, yakiriye ibaruwa ya Human Right Foundation, irimo ubusabe bw’uko yari guhagarika iki gitaramo i Kigali.

Ni ibaruwa yakiriye kuri ‘Email’ ndetse hari aho bamubwira gufata umwanzuro wo kutagera mu Rwanda, nk’uko Tems wo muri Nigeria yabikoze asubika igitaramo cye i Kigali, cyari kuba ku wa 22 Werurwe 2025 muri BK Arena.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, John Legend yavuze ko azi neza ibiri kuba muri iki gihe, ndetse n’ubusabe bw’abamwandikiye yarabubonye “bansaba kudakora igitaramo.”

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Rubavu: Bavuze ibibazo uruhuri bafite mu kazi kabo batazi uzabahoza amarira yabyo

Next Post

Indwara y’amayobera yadutse muri Congo ikomeje guteza impungenge

Related Posts

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara y’amayobera yadutse muri Congo ikomeje guteza impungenge

Indwara y’amayobera yadutse muri Congo ikomeje guteza impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.