Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi w’ikirangirire John Legend yahishuye ibyo yabwiwe mbere yo kuza mu Rwanda akabyima amatwi

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi w’ikirangirire John Legend yahishuye ibyo yabwiwe mbere yo kuza mu Rwanda akabyima amatwi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi John Legend uherutse gutaramira mu Rwanda mu gitaramo cy’akataraboneka, yavuze ko mbere yo kuza hari benshi bamuhamagaye bamubuza kuza muri iki Gihugu yishimiye kugeramo, bashingiye ku mpamvu za politiki z’ibibazo biri hagati yacyo na DRC, ariko akabyima amatwi kuko abona u Rwanda ari Igihugu gifite ubushishozi buhanitse.

Uyu muhanzi yemeje ko yari azi neza ibibazo byavugwaga ndetse yanabonye ubutumwa bumubuza gutaramira mu Rwanda, ariko ko nta mpamvu n’imwe yabonaga yatumaga adakomeza iki gitaramo.

Yumvikanishije ko atemeranya n’abashaka gufatira u Rwanda ibihano, byatumye yirengagiza ibyo bamusabaga, atanga ibyishimo bisendereye mu gitaramo ‘Move Afrika’ cy’umuryango Global Citizen, cyari kibaye ku nshuro ya kabiri.

John Legend nyuma yo gushyirwaho igitutu ngo ahagarike igitaramo cyo mu Rwanda, yatangaje ko atari kubikora ngo kuko yari kuba ashyize igihano ku Banyarwanda .

Ibi uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na BBC mbere yo gutaramira i Kigali ku wa 21 Gashyantare 2025.

Muri iki kiganiro, John Legend yatangiye yemeza ko yari azi neza ibyavugwaga byose ndetse n’inyandiko zamubuzaga gutaramira mu Rwanda yazibonye.

Ati “Nari nzi ibiri kuba, yewe n’inyandiko zimbuza gutaramira mu Rwanda narazibonaga ariko nizeraga ko ubutumwa bwa Move Afrika na bwo ari ingenzi.”

Cyari igitaramo kidasanzwe, kuko yaririmbiye abarenga ibihumbi 10. Mu gitaramo hagati yavuze amagambo yumvikanisha ko yamenye igisobanuro cya nyacyo cy’umuziki, kandi ko gutaramira mu Rwanda byaturutse ku rukundo afitiye abafana be.

Ati “Ndanezerewe cyane kuba ndi hano. Twageze i Kigali mu gitondo cy’uyu munsi” [ari kumwe n’umugore we Chrissy Teigen]. Nahise numva ubwuzu bwanyu nubwo mutari muhari umunsi wose, nahise numva ubwiza bw’uyu mujyi umunsi wose mpamaze.”

Yakomeje avuga ati “Ndanezerewe cyane kuba ndi hano, ku nshuro yanjye ya mbere ntaramiye i Kigali, inshuro ya mbere ntaramiye mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba, inshuro ya mbere ntaramiye mu Rwanda, turi hano kubera ko tubakunda, kubera ko dushaka kwishimira umuziki, urukundo n’umuco, kubera ko twumva biduhuza, biranejeje cyane kuba turi hano.”

Yavugaga ibi ariko mu gihe ku wa 07 Gashyantare 2025, yakiriye ibaruwa ya Human Right Foundation, irimo ubusabe bw’uko yari guhagarika iki gitaramo i Kigali.

Ni ibaruwa yakiriye kuri ‘Email’ ndetse hari aho bamubwira gufata umwanzuro wo kutagera mu Rwanda, nk’uko Tems wo muri Nigeria yabikoze asubika igitaramo cye i Kigali, cyari kuba ku wa 22 Werurwe 2025 muri BK Arena.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, John Legend yavuze ko azi neza ibiri kuba muri iki gihe, ndetse n’ubusabe bw’abamwandikiye yarabubonye “bansaba kudakora igitaramo.”

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Rubavu: Bavuze ibibazo uruhuri bafite mu kazi kabo batazi uzabahoza amarira yabyo

Next Post

Indwara y’amayobera yadutse muri Congo ikomeje guteza impungenge

Related Posts

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

by radiotv10
02/05/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uhuriye mu itsinda rimwe n’umuvandimwe Dorcas, yamaze kongera izina ry’umugabo we...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara y’amayobera yadutse muri Congo ikomeje guteza impungenge

Indwara y’amayobera yadutse muri Congo ikomeje guteza impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.