• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Yampano yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30

radiotv10by radiotv10
09/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ukurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kamena 2026, nyuma yuko isomwa ryacyo ryari riteganyijwe mu cyumweru gishize ariko rikaza gusubikwa rikimurirwa kuri uyu munsi.

Urukiko rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agatetanyo iminsi 30 Yampano, nyuma yo gusanga hari impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora ibyaha bitatu muri bitandatu aregwa.

Ibi byaha bitatu byagaragarijwe impamvu zikomeye, ni icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, kunywa urumogi no kwangiza ikintu cy’undi.

Ni mu gihe ibindi byaha bitatu, bitagaragarijwe impamvu zikomeye, ari byo icyaha cy’ubwinjiracyaha cy’ubwicanyi, icyo gukoresha ibikangisho ndetse no gufungirana umuntu bitemewe n’amategeko.

Mu iburanisha ryabaye tariki 02 Kamena 2026, Ubushinjacyaha bwasabiraga uregwa gufungwa by’agateganyo, bwagaragaje impamvu zikomeye bwashingiraho, zirimo ubuhamya bwatanzwe n’umumotari wari utwaye umukunzi wa Yampano ubwo yabagongaga.

Ku cyaha ryo gukoresha ibiyobyabwenge, Ubushinjacyaha bwavuze ko kandi uregwa yasanzwe mu maraso igipimo cy’urumogi cya Nonagaramu 166.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 12 =

Previous Post

Hagaragajwe ibisobanuro bitangwa n’umugabo ukurikiranyweho kwicisha isuka mushiki we amusanze mu murima

Related Posts

Hakomeje kugaragazwa agahinda k’urupfu rw’umuhanzi mpuzamahanga wishwe atewe icyuma

Hakomeje kugaragazwa agahinda k’urupfu rw’umuhanzi mpuzamahanga wishwe atewe icyuma

by radiotv10
09/06/2026
0

Abahanzi n'abakunzi b'umuziki hirya no hino ku isi bakomeje kunamira no kwibuka umuhanga mu kwandika indirimbo no kuririmba, Mark Orabiyi,...

Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho

Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho

by radiotv10
09/06/2026
0

Kisitu Kirabo usanzwe ari umunyamideri unazwi ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, yiseguye ku babonye amashusho ye y’urukozasoni, n’abagizweho ingaruka na...

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro

by radiotv10
08/06/2026
0

Umuhanzi Nemeye Platini P. arwariye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, nyuma yo gufatwa n’uburwayi, akabanza kubusuzugura, yajya...

Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yababajwe n’urupfu rw’umukinnyi w’ikinamico banakinanye witabye Imana

by radiotv10
08/06/2026
0

Bamporiki Edouard wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda zirimo na Guverinoma, yababajwe n’urupfu rwa Nyirabagande Drocelle Fridaus wamenyekanye nka ‘Langwida'...

Don’t think you’re resting when you’re just scrolling on your phone

Don’t think you’re resting when you’re just scrolling on your phone

by radiotv10
07/06/2026
0

After a long day, most people tell themselves they are resting when they pick up their phone “just for a...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzi Yampano yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30

Hagaragajwe ibisobanuro bitangwa n’umugabo ukurikiranyweho kwicisha isuka mushiki we amusanze mu murima

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.