Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhungu wa Past. Mpyisi yavuze byinshi ku itabaruka ry’umubyeyi wabo

radiotv10by radiotv10
29/01/2024
in MU RWANDA
0
Umuhungu wa Past. Mpyisi yavuze byinshi ku itabaruka ry’umubyeyi wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Gelard Mpyisi, ubuheta bwa Pasiteri Ezra Mpyisi witabye Imana, avuga ko umubyeyi wabo yatabarutse yaramaze kwitegura, kandi n’abana be yari yarabateguje kuko abenshi bari bamuri hafi, anavuga ubutumwa yakunze kubaha ubwo yendaga gutaha.

Uyu muhungu wa Pasiteri Mpyisi, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko umubyeyi wabo yatabarutse ku wa Gatandatu tariki 27 Mutarama 2024, saa cyenda z’amanywa.

Ati “Icyiza ni uko yari amaze iminsi yariteguye kugenda, ndetse natwe yaraduteguye ku buryo twese twari duhari.”

Gelard Mpyisi avuga ko umubyeyi wabo yari amaze igihe yararwaye ariko ko ari indwara z’izabukuru. Ati “Urumva umuntu wari umaze kugira imyaka ijana n’ibiri, iyo ushaje hari ibintu byinshi byo mu mubiri wawe bihagarara, nawe ni byo byamwishe.”

Uyu muhungu wa Pasiteri Mpyisi, avuga ko umubyeyi wabo yageze ahantu atarakibashije kugira icyo arya cyangwa anywa, kandi ko yari yababujije kumusubiza mu bitaro.

Ati “Ibyo ni ibyatwerekaga ko yamaze kwitegura kandi yabyakiriye nk’umuntu w’Imana, burya hari igihe umuntu w’Imana agera aho akavuga ati ‘ibisigaye ni iby’Imana’.”

Yavuze ko ubwo yitabaga Imana, benshi mu bamukomokaho bari mu Rwanda, bari bamuri hafi aho yatabarukiye.

Mu butumwa yabahaye bwumvikanaga nko kubasezera, yabasabye gukomeza kubaha Imana, no kuyikurikira ati “Yaravugaga ati ‘ikintu mbasaba muzabe abizera, nkanjye tuzahurire mu Bwami bw’Ijuru’.”

Pasiteri Mpyisi yatabarutse nyuma y’iminsi micye abuzukuru be bamuritse filimi mbarankuru bamukoreye, bise ‘Sogokuru’ igaruka kuri bimwe mu byamuranze mu buzima bwe.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + twenty =

Previous Post

Icyo KNC avuga nyuma y’icyemezo gitunguranye yatangaje bamwe bakavuga ko adakomeje

Next Post

America yongeye gukorwa mu jisho ku nzika y’urupfu rw’Umujenerari umaze imyaka ine yishwe

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yongeye gukorwa mu jisho ku nzika y’urupfu rw’Umujenerari umaze imyaka ine yishwe

America yongeye gukorwa mu jisho ku nzika y’urupfu rw’Umujenerari umaze imyaka ine yishwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.