Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo yaganiriye na Perezida Kagame nyuma yuko anahamagaye Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo yaganiriye na Perezida Kagame nyuma yuko anahamagaye Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame kuri telefone cyagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’amasaha macye anaganiriye na Felix Tshisekedi.

Iki kiganiro cya Perezida Paul Kagame na Perezida João Lourenço wahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 28 Ugushyingo 2024.

Cyaje gikurikiye icyo João Lourenço yagiranye na Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyabaye ku wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024.

Itangazo ryatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, rivuga ko iki kiganiro João Lourenço yagiranye na Perezida Paul Kagame kuri Telefone, kije ari indi ntambwe itewe mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Ni ikiganiro kije gikurikira kwemeza umushinga w’inyandiko izwi nka CONOPS (Concept of Operations) igaragaraza ibikorwa bya gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa DRC, byumwihariko gusenya umutwe wa FDLR.

Iki kiganiro kandi kibaye nyuma y’iminsi ibiri hemejwe iyi nyandiko yashyiriweho umukono mu nama ya gatandatu y’i Luanda yo ku rwego rw’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire ndetse na mugenzi we wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner.

Nyuma y’iyi nama kandi yabaye imbonankubone i Luanda, hahise haba ibindi biganiro byabaye hifashijwe ikoranabuhanga ry’iyakure, yabaye ku wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2024.

Ku wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024, Perezida wa Angola João Lourenço kandi yari yagiranye ikiganiro na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi na we kuri Telefone, na bo baganiriye kuri ibi bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Muri iki cyumweru kandi, Perezida João Lourenço yakiriye Sumbu Sita Mambu, uhagarariye Perezida Tshisekedi muri ibi biganiro by’i Luanda, kugira ngo baganire ku ishyirwa mu bikorwa ry’ibi byemeranyijweho birimo kurandura umutwe wa FDLR, ukaba ari na wo muzi w’ibibazo byinshi biri mu burasirazuba bwa DRC, n’umwuka mubi uri hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Mu bindi byemeranyijweho n’impande zombi harimo kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi iki Gihugu cyashyizeho nyuma yuko Congo igaragaje kenshi umugambi wo kurutera, bikaba byarahangayikishije Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Igikekwa ku cyatumye umwarimu w’i Nyanza ashaka kwiyambura ubuzima

Next Post

Quand la corruption nous tient!

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Quand la corruption nous tient!

Quand la corruption nous tient!

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.