Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo yaganiriye na Perezida Kagame nyuma yuko anahamagaye Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo yaganiriye na Perezida Kagame nyuma yuko anahamagaye Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame kuri telefone cyagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’amasaha macye anaganiriye na Felix Tshisekedi.

Iki kiganiro cya Perezida Paul Kagame na Perezida João Lourenço wahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 28 Ugushyingo 2024.

Cyaje gikurikiye icyo João Lourenço yagiranye na Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyabaye ku wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024.

Itangazo ryatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, rivuga ko iki kiganiro João Lourenço yagiranye na Perezida Paul Kagame kuri Telefone, kije ari indi ntambwe itewe mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Ni ikiganiro kije gikurikira kwemeza umushinga w’inyandiko izwi nka CONOPS (Concept of Operations) igaragaraza ibikorwa bya gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa DRC, byumwihariko gusenya umutwe wa FDLR.

Iki kiganiro kandi kibaye nyuma y’iminsi ibiri hemejwe iyi nyandiko yashyiriweho umukono mu nama ya gatandatu y’i Luanda yo ku rwego rw’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire ndetse na mugenzi we wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner.

Nyuma y’iyi nama kandi yabaye imbonankubone i Luanda, hahise haba ibindi biganiro byabaye hifashijwe ikoranabuhanga ry’iyakure, yabaye ku wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2024.

Ku wa Gatatu tariki 27 Ugushyingo 2024, Perezida wa Angola João Lourenço kandi yari yagiranye ikiganiro na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi na we kuri Telefone, na bo baganiriye kuri ibi bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Muri iki cyumweru kandi, Perezida João Lourenço yakiriye Sumbu Sita Mambu, uhagarariye Perezida Tshisekedi muri ibi biganiro by’i Luanda, kugira ngo baganire ku ishyirwa mu bikorwa ry’ibi byemeranyijweho birimo kurandura umutwe wa FDLR, ukaba ari na wo muzi w’ibibazo byinshi biri mu burasirazuba bwa DRC, n’umwuka mubi uri hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Mu bindi byemeranyijweho n’impande zombi harimo kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi iki Gihugu cyashyizeho nyuma yuko Congo igaragaje kenshi umugambi wo kurutera, bikaba byarahangayikishije Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

Igikekwa ku cyatumye umwarimu w’i Nyanza ashaka kwiyambura ubuzima

Next Post

Quand la corruption nous tient!

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Quand la corruption nous tient!

Quand la corruption nous tient!

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.