Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuhuza w’u Rwanda na Congo nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame yanahuye na Museveni

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in AMAHANGA
0
Umuhuza w’u Rwanda na Congo nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame yanahuye na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wahawe inshingano z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, nyuma y’amasaha macye yakiriwe na Perezida Paul Kagame i Kigali mu Rwanda, yanahuye na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.

Byemejwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Mata 2025, ko yakiriye mugenzi we Faure Essozimna Gnassingbé.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yagize ati “Nakiriye Nyakubahwa Faure Essozimna Gnassingbé, Perezida wa Togo uri mu ruzinduko rw’akazi.”

Perezida wa Uganda yakomeje avuga ko we na mugenzi we Faure Essozimna Gnassingbé “Twaganiriye ku ngingo z’inyungu duhuriyeho z’Ibihugu byombi byacu ndetse no ku bibazo by’umutekano mu karere.”

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé yakiriwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni nyuma y’amasaha macye anahuye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, wamwakiriye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025, bagiranye ibiganiro byagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Faure Essozimna Gnassingbé uherutse guhabwa inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe zo kuba umuhuza hagati y’u Rwanda na DRC, yagiriye uruzinduko mu Rwanda no muri Uganda, nyuma y’iminsi micye anarugiriye muri DRC, aho yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi na we baganiriye ku biganiro byo gushaka umuti w’ibibazo byo muri DRC.

Perezida wa Togo yagiye muri DRC nyuma y’iminsi ine yemejwe nk’umuhuza, inshingano yahawe na Perezida wa Angola, João Lourenço wari usanganywe izi nshingano ariko akaba yarazihagaritse kugira ngo ashobore gukurikirana izo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Perezida Museveni yakiriye Faure Essozimna Gnassingbé kuri uyu wa Kabiri
Hari kandi bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 5 =

Previous Post

Amakuru mashya ku mirwano hagati ya M23 na FARDC nyuma y’iminsi y’agahenge

Next Post

UPDATE: Icyo ubuyobozi bwa Bugesera FC buvuga ku cyemezo gitunguranye cyafashwe n’abatoza bayo

Related Posts

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho...

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

IZIHERUKA

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma
AMAHANGA

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

09/12/2025
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

09/12/2025
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Icyo ubuyobozi bwa Bugesera FC buvuga ku cyemezo gitunguranye cyafashwe n’abatoza bayo

UPDATE: Icyo ubuyobozi bwa Bugesera FC buvuga ku cyemezo gitunguranye cyafashwe n'abatoza bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.