Umuyobozi Wungirije w’Ishami rya Polisi rishinzwe kugenza ibyaha muri Afurika y’Epfo, ufite ipeti rya Major General yajyanywe ku bitaro igitaraganya nyuma yo kuraswa n’abashakaga kumwivugana ubwo yari atashye iwe.
Maj-Gen Feroz Khan yarashwe mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru ubwo yari mu modoka atashye iwe mu mujyi wa Johannesburg.
Uku kugeragezwa kwicwa kwakorewe uyu muyobozi Wungirije ushinzwe kugenza ibyaha, kwabaye habura minsi micye ngo yitabe ku bijyanye n’iperereza ku byaha biri gukorwa mu gipolisi cya Afurika y’Epfo.
Umuvugizi wa Polisi ya Afurika y’Epfo, Brig Athlenda Mathe, mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Mbere, yatangaje ko uru rwego rwatangiye iperereza kuri iri gerageza ryo kwicwa ryakorewe Maj-Gen Feroz Khan.
Yagize ati “Haracyari kare kandi ntibikwiye kuvuga icyaha kihishe inyuma y’iki kibazo, ku buryo abantu bakwemeza ko bifitanye isano no kuba agomba kwitaba.”
Iri perereza rizwi nka Madlanga commission, ryatangijwe nyuma yuko umwe mu bofisiye bakuru Lt-Gen Nhlanhla Mkhwanazi yashinjwe muri Nyakanga umwaka ushize yavuze ko hari agatsiko k’abanyabyaha kinjirije Guverinoma.
Khan ndetse n’abandi bantu babiri, batawe muri yombi mu kwezi gushize bashinjwa ubucuruzi bunyuranyije n’amategeko bw’amabuye y’agaciro.
Ibi bifitanye isano n’ikibazo cy’umushoramari wafatanywe muri 2021 zahabu idatunganyije ipima garama 75.9 ku Kibuga kuri Johannesburg’s OR Tambo international airport.
Ubwo uyu mushoramari yabazwaga mu iperereza, yavuze ko yakoraga ubu bucuruzi bwe akingiwe ikibaba na bamwe mu bapolisi bo hejuru mu Gipolisi cya Afurika y’Epfo.
Gusa nyuma iperereza ryagaragaje ko nta gukingirwa ikibaba kwabayeho, ahubwo ko Khan ndetse n’undi Ofisiye, bahaye itegeko abapolisi kurekura uwo munyemari.
RADIOTV10





