Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umukambwe w’imyaka 80 aremeza ko akiri imanzi atazi uko imibonano imera

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Umukambwe w’imyaka 80 aremeza ko akiri imanzi atazi uko imibonano imera
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 80 y’amavuko wo mu Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko ageze kuri iyi myaka atazi uko kurarana n’umugore bimera kuko atigeze ashaka cyangwa ngo agire umugore akubaganya.

Mulengezi Rebeshuza Pierre wavutse mu 1943 utuye muri Gurupoma ya Mudaka muri Sheferi ya Kabare muri Teritwari ya Kabare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ni umuyobozi mu gace gatuwe n’abaturage bakibayeho mu buzima bwa cyera, baba mu nzu za nyakatsi ndetse na we ubwe aba mu nzu y’ibyatsi.

Mu kiganiro yagiranye na Afrimax, Mulengezi Rebeshuza yavuze ko ageze kuri iyi myaka 80 nta mwana we afite, icyakora abana bose bo muri aka gace abereye umuyobozi abafata nk’abe.

Uretse umwana kandi ngo nta n’umugore yigeze mu buzima bwe, ikirenze ibyo ni uko kuva yavuka atararunguruka ku ibanga ry’abakuze ngo akore imibonano mpuzabitsina.

Uyu mukambwe avuga ko uwahoze ari umwami wo muri aka gace, atahwemaga kumusaba gushinga urugo ngo na we atunge umugore ariko ko nubwo yamwubahaga bitagira urugero, kuri iyi ngingo batigeze bayihuzaho.

Abamuzi akiri umwana, bavuga ko nta na rimwe bigeze bamubonana ahagararanye n’umukobwa cyangwa umugore, ndetse ko yatinyaga uwitwa igitsinagore wese.

Umwe yagize ati “Ibintu nka biriya bibaho yaba ku bagabo no ku bagore, bakunda kubita abarwaye intinyi, baba batinya abagore, cyangwa abagore batinya abagabo, ni uko aba yaravutse.”

Uyu musaza ugaragara nk’unaniwe, arubashywe muri aka gace kuko arwanya akarengane aho kava kakagera, icyakora kubera izabukuru, abayeho atunzwe n’abaturanyi be bamuha icyo kurya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

AMAFOTO: Amavubi yakiranywe ubwuzu i Kanombe na bo baza bamwenyura

Next Post

Amakuru ashobora kuryohera Abanyarwanda ku mukino w’Amavubi wazamuye impaka

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ashobora kuryohera Abanyarwanda ku mukino w’Amavubi wazamuye impaka

Amakuru ashobora kuryohera Abanyarwanda ku mukino w’Amavubi wazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.