Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umukambwe w’imyaka 80 aremeza ko akiri imanzi atazi uko imibonano imera

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Umukambwe w’imyaka 80 aremeza ko akiri imanzi atazi uko imibonano imera
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 80 y’amavuko wo mu Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko ageze kuri iyi myaka atazi uko kurarana n’umugore bimera kuko atigeze ashaka cyangwa ngo agire umugore akubaganya.

Mulengezi Rebeshuza Pierre wavutse mu 1943 utuye muri Gurupoma ya Mudaka muri Sheferi ya Kabare muri Teritwari ya Kabare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ni umuyobozi mu gace gatuwe n’abaturage bakibayeho mu buzima bwa cyera, baba mu nzu za nyakatsi ndetse na we ubwe aba mu nzu y’ibyatsi.

Mu kiganiro yagiranye na Afrimax, Mulengezi Rebeshuza yavuze ko ageze kuri iyi myaka 80 nta mwana we afite, icyakora abana bose bo muri aka gace abereye umuyobozi abafata nk’abe.

Uretse umwana kandi ngo nta n’umugore yigeze mu buzima bwe, ikirenze ibyo ni uko kuva yavuka atararunguruka ku ibanga ry’abakuze ngo akore imibonano mpuzabitsina.

Uyu mukambwe avuga ko uwahoze ari umwami wo muri aka gace, atahwemaga kumusaba gushinga urugo ngo na we atunge umugore ariko ko nubwo yamwubahaga bitagira urugero, kuri iyi ngingo batigeze bayihuzaho.

Abamuzi akiri umwana, bavuga ko nta na rimwe bigeze bamubonana ahagararanye n’umukobwa cyangwa umugore, ndetse ko yatinyaga uwitwa igitsinagore wese.

Umwe yagize ati “Ibintu nka biriya bibaho yaba ku bagabo no ku bagore, bakunda kubita abarwaye intinyi, baba batinya abagore, cyangwa abagore batinya abagabo, ni uko aba yaravutse.”

Uyu musaza ugaragara nk’unaniwe, arubashywe muri aka gace kuko arwanya akarengane aho kava kakagera, icyakora kubera izabukuru, abayeho atunzwe n’abaturanyi be bamuha icyo kurya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − two =

Previous Post

AMAFOTO: Amavubi yakiranywe ubwuzu i Kanombe na bo baza bamwenyura

Next Post

Amakuru ashobora kuryohera Abanyarwanda ku mukino w’Amavubi wazamuye impaka

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ashobora kuryohera Abanyarwanda ku mukino w’Amavubi wazamuye impaka

Amakuru ashobora kuryohera Abanyarwanda ku mukino w’Amavubi wazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.