Myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo, Warren Kamanzi, yamaze gutandukana n’ikipe yakiniraga ya Toulouse FC yo mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa (Ligue 1) nyuma yo kurangiza amasezerano yari afitanye na yo.
Ibi byatangajwe n’iyi kipe kuri uyu wa Kabiri, ubwo yashyiraga hanze urutonde rw’abakinnyi itazakomezanya na bo muri shampiyona y’umwaka utaha wa 2026-2027.
Kamanzi w’imyaka 25 y’amavuko amaze igihe yifuzwa n’u Rwanda ngo abe yakinira Amavubi, kubera inkomoko afite mu Rwanda.
Kugeza ubu ntarafata umwanzuro wa nyuma ku gihugu azakinira, nubwo izina rye rikomeje kuvugwa mu bakinnyi bshya bashobora kuzagaragara mu Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2027 kizabera mu bihugu by’abaturanyi bya Kenya, Uganda na Tanzania.
Muri Tombola yabaye kuri uyu wa kabiri taliki ya 29 Gicurasi 2026, u Rwanda rwisanze mu itsinda rya 11 ruri kumwe na Mali, Cape Verde na Liberia.
Muri uyu mwaka w’imikino wa Ligue 1, Kamanzi yakiniye Toulouse FC imikino 22 atsindamo igitego kimwe, agaragaza ubushobozi bwe bwo gufasha ikipe haba mu bwugarizi no mu gusatira.
Kugeza ubu ntiharamenyekana ikipe nshya azerekezamo nyuma yo gutandukana na Toulouse, gusa biteganyijwe ko ashobora kubona indi kipe i Burayi bitewe n’ubunararibonye afite muri shampiyona y’u Bufaransa.
Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10










