Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyabigwi asanze muri America kizigenza wa Football ku Isi

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’umunyabigwi asanze muri America kizigenza wa Football ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Sergio Busquets yerekeje mu ikipe ya Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, asangayo Kizigenza Lionel Messi bakinannye muri FC Barcelone.

Ikipe ya Inter Miami yatangaje ko yasinyishije amasezerano y’imyaka 2 Umunya-Espagne Sergio Busquets, wahoze ari Kapiteni wa FC Barcelone.

Sergio Busquets, wanatwaranye igikombe cy’Isi n’ikipe y’Igihugu ya Espagne muri 2010, byitezwe ko ari bugere muri iyi kipe ya Inter Miami mu minsi micye iri imbere.

Busquets watwaye ibikombe 9 bya Shampiyona ya Espagne “La Liga”, muri iyi kipe ya Inter Miami, asanzeyo Lionel Messi bakinannye igihe kitari gito muri FC Barcelone, na we uherutse kwerekeza muri iyi kipe yo muri Shampiyona ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nyuma yo kuva muri Paris Saint Germain.

Sergio Busquet yagize ati “Aya ni amahirwe y’akataraboneka kandi adasanzwe nishimiye kwakira, ndajwe inshinga n’iyi ntambwe ngiye gutera mu rugendo rwanjye muri Inter Miami. Nanyuzwe n’iyi kipe ubwo nazanaga na FC Barcelone mu mwaka ushize, rero ubu ndishimye kandi, ku giti cyanjye, niteguye guhagararira iyi kipe. Sinjye uzarota ndi gufatanya na bagenzi banjye, dushaka kugera kuri byinshi iyi kipe y’akataraboneka iharanira.”

Jorge Mas, umwe mu bayobora Inter Miami, we yagize ati “Nejejwe no guha ikaze Sergio Busquets muri Inter Miami. Kuva na mbere, twiyemeje kujya tuzana abakinnyi beza ku isi muri Inter Miami, ibigwi bya Sergio Busquets birivugira ubwabyo.”

Naho ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri Inter Miami, Chris Henderson we yavuze ko bishimiye cyane kuzana umukinnyi ufite ibigwi nka Sergio Busquets mu ikipe ya Inter Miami.

Yavuze ko ari umwe mu bakinnyi b’abahanga mu mateka y’umupira w’amaguru, bigendanye n’uburyo asoma umukino ku rwego rwo hejuru kandi akanagira uruhare rukomeye mu mukino uwo ari wo wose.

Chris Henderson yakomeje avuga ko Sergio Busquets ari umukinnyi uharanira intsinzi, akaba umuyobozi w’abandi bakinnyi kandi akaba anafite impano idasanzwe mu isi y’umupira w’amaguru, kandi ko banejejwe no kumubona ahagarariye ikipe yabo ya Inter Miami.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 15 =

Previous Post

Ubushyuhe i Burayi na America bwatangiye gukangaranya benshi

Next Post

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Related Posts

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

by radiotv10
04/07/2025
0

Mu birori byo kwizihiza imyaka 32 ishize hashinzwe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, byabereye ku Mulindi ahavukiye iyi kipe,...

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

by radiotv10
03/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo...

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

by radiotv10
02/07/2025
0

Umukinnyi wa Basketball, Obadiah Noel ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, wakiniye ikipe ya APR BBC mu mikino ya...

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.