Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyabigwi asanze muri America kizigenza wa Football ku Isi

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’umunyabigwi asanze muri America kizigenza wa Football ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Sergio Busquets yerekeje mu ikipe ya Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, asangayo Kizigenza Lionel Messi bakinannye muri FC Barcelone.

Ikipe ya Inter Miami yatangaje ko yasinyishije amasezerano y’imyaka 2 Umunya-Espagne Sergio Busquets, wahoze ari Kapiteni wa FC Barcelone.

Sergio Busquets, wanatwaranye igikombe cy’Isi n’ikipe y’Igihugu ya Espagne muri 2010, byitezwe ko ari bugere muri iyi kipe ya Inter Miami mu minsi micye iri imbere.

Busquets watwaye ibikombe 9 bya Shampiyona ya Espagne “La Liga”, muri iyi kipe ya Inter Miami, asanzeyo Lionel Messi bakinannye igihe kitari gito muri FC Barcelone, na we uherutse kwerekeza muri iyi kipe yo muri Shampiyona ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nyuma yo kuva muri Paris Saint Germain.

Sergio Busquet yagize ati “Aya ni amahirwe y’akataraboneka kandi adasanzwe nishimiye kwakira, ndajwe inshinga n’iyi ntambwe ngiye gutera mu rugendo rwanjye muri Inter Miami. Nanyuzwe n’iyi kipe ubwo nazanaga na FC Barcelone mu mwaka ushize, rero ubu ndishimye kandi, ku giti cyanjye, niteguye guhagararira iyi kipe. Sinjye uzarota ndi gufatanya na bagenzi banjye, dushaka kugera kuri byinshi iyi kipe y’akataraboneka iharanira.”

Jorge Mas, umwe mu bayobora Inter Miami, we yagize ati “Nejejwe no guha ikaze Sergio Busquets muri Inter Miami. Kuva na mbere, twiyemeje kujya tuzana abakinnyi beza ku isi muri Inter Miami, ibigwi bya Sergio Busquets birivugira ubwabyo.”

Naho ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri Inter Miami, Chris Henderson we yavuze ko bishimiye cyane kuzana umukinnyi ufite ibigwi nka Sergio Busquets mu ikipe ya Inter Miami.

Yavuze ko ari umwe mu bakinnyi b’abahanga mu mateka y’umupira w’amaguru, bigendanye n’uburyo asoma umukino ku rwego rwo hejuru kandi akanagira uruhare rukomeye mu mukino uwo ari wo wose.

Chris Henderson yakomeje avuga ko Sergio Busquets ari umukinnyi uharanira intsinzi, akaba umuyobozi w’abandi bakinnyi kandi akaba anafite impano idasanzwe mu isi y’umupira w’amaguru, kandi ko banejejwe no kumubona ahagarariye ikipe yabo ya Inter Miami.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Ubushyuhe i Burayi na America bwatangiye gukangaranya benshi

Next Post

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.