Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda wahagaritswe n’ikipe ye yasigiye umutoza ubutumwa buremereye

radiotv10by radiotv10
22/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’umunyabigwi mu Rwanda wahagaritswe n’ikipe ye yasigiye umutoza ubutumwa buremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Imran Nshimiyimana wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda wigeze no kujya anahamagarwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yahagaritswe n’ikipe ya Musanze FC, ariko yanga kugenda aripfanye abwira umutoza we ijambo ryasigaye rimukorogoshora.

Imran wakiniye amakipe arimo APR FC na Rayon Sports, yahagaritswe n’ubuyobozi bwa Musanze FC bubinyujije mu mutoza wayo Adel, umushinja imyitwarire idahwitse.

 

Icyatumye ahagarikwa

Umuzi nyirizina w’iki kibazo ni nyuma y’umukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona aho Musanze FC yanyagirwaga na Police FC ibitego 4-0 kuri Stade ya Muhanga tariki 19 Gashyantare.

Uyu mukino ukirangira abakinnyi bakoze inama ya tekiniki mu rwambariro n’umutoza wabo Adel, uyu mutoza yasesenguye imigendekere y’umukino asobanurira abakinnyi be amakosa bakoze ndetse anabereka uko bazayakosora ku mukino uzakurikiraho bazakiramo APR FC kuri Stade Ubworoherane.

Nyuma y’iyi nama nto ya nyuma y’umukino, umutoza yasabye abakinnyi kujya mu modoka ikipe igataha, Imran nk’umukinnyi mukuru yateye hejuru avuga ko abatoza b’ikipe bakinishijwe nabi, ibi ntibyanejeje umutoza mukuru, wari umaze iminsi atanezezwa n’umusaruro w’uyu mukinnyi.

Ubwo ikipe yageraga i Musanze abatoza ba Musanze FC hagati yabo bafashe icyemezo cy’uko uyu musore atazagaruka mu ikipe kuko babonaga atangiye kugumura bagenzi be.

Uyu mukinnyi utarahise amenyeshwa ko yahagaritswe mu ikipe, yaje mu myitozo ku wa Mbere  asohorwa shishi itabona n’umutoza, Imran na we uzwiho kuvoma hafi abwira umutoza Adel n’ijwi riranguruye ati “ntiwubaha abakinnyi bakuze mu ikipe, udusuzuguza abapeti.”

Umutoza na we uzwiho kutaripfana yahise asubiza uyu mukinnyi ati “abakinnyi bakuru muri ruhago ni Cristiano Ronaldo na Lionel Messi kandi abo ntabo mfite hano muri Musanze FC, ubu nonaha nsohokera mu ikipe singukeneye.”

Kugeza ubu Imran ntakiri ku rubuga rwa Whatsapp rw’ikipe ahuriraho na bagenzi be n’ubwo atarahagarikwa mu buryo bwemewe n’amategeko n’ikipe ye ya Musanze FC.

Ahagaritswe mu gihe ikipe ya Musanze FC iri kwitegura umukino bazakiramo ikipe ya APR FC mu mpera z’iki cyumweru kuri stade Ubworoherane, umukino baheruka kuhakinira umwaka ushize, ikipe ya Musanze FC yatsinze ikipe ya APR FC igitego 1-0 cyatsizwe na imran Nshimiyimana wamaze guahagarikwa n’umutoza Adel.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda waregwaga gusambanya umukozi wo mu rugo yafatiwe icyemezo

Next Post

Icyakundaga kuvugwa n’umugore ukekwaho kwica umugabo we cyumvikanamo umugambi

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

Icyakundaga kuvugwa n’umugore ukekwaho kwica umugabo we cyumvikanamo umugambi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.