Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa bikekwa ko yasambanyirijwe na muganga mu isuzumiro yatoboye avuga byose n’impungenge byamusigiye

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in MU RWANDA
0
Umukobwa bikekwa ko yasambanyirijwe na muganga mu isuzumiro yatoboye avuga byose n’impungenge byamusigiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye bikekwa ko yasambanyirijwe mu cyumba cy’isuzumiro ku kigo Nderabuzima cya Nyakabuye, twamuganirije atubwira byose uko byagenze, anavuga ko nyuma y’ibyamubayeho yumva afite isoni zo gusubira kwiga.

Uyu mukobwa w’imyaka 19, byavuzwe ko yasambanyijwe na muganga mu mpera z’icyumweru gishize, aho yari yagiye kwivuriza ibere ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye uyu mukobwa, amutekerereza ibyamubayeho. Avuga ko yageze kwa muganga ahabwa nimero ya gatatu, ariko nyuma yuko uwo muganga asuzumye ibere rirwaye, yamusabye kuba ategereje, akabanza kwakira abandi barwayi bari bafite nimero z’inyuma ye.

Yagize ati “Nabonye akinga amadirishya agashyiraho na rido, ngira ngo ni uko adashaka ko hari ababona ansuzuma ibere, aba arampagurukije asunikira ku gatanda kari aho mbanzaho umugongo antandaraza amaguru ubundi ayahagararaho akora ibyo akora.”

Avuga ko ibi bikimara kuba, umuganga yahise agenda, undi asigara arira ndetse ngo mbere yo kwambara yihanaguza ishuka yari aho hafi mu kanya gato wa muganga ngo aza afite utunini tubiri amubwira ko agomba kutunywa mbere y’amasaha 24 atashye ageze [mu rugo bamenya ko ari udutuma umuntu adasama.]

Ababyeyi bamurera bakimara kumva ibyamubayeho bahise bamuherecyeza kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Nyakabuye kugira ngo atange ikirego, ndetse basubirana ku Kigo Nderabuzima ari nabwo uyu muganga yahise atabwa muri yombi.

Uyu mukobwa avuga ko ibyamubayeho bishobora gutuma adasubira ku ishuri kubera ipfunwe, kandi yari yarasezeranyije umubyeyi ko azamuhesha ishema.

Ati “Navutse mu muryango ukennye mbura data mfiye imyaka umunani. Uyu mubyeyi ni we wamfashe arandera n’ubu nigaga. Noneho igitangaje ni ukumva ngo nahohotewe gutya n’uburyo nahoraga mbwira mama ko nzamuhesha icyubahiro ngashaka.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bugiye kwegera uyu mukobwa kugira ngo ahabwe ubujyanama bumurinda kwiheba no gutakaza icyizere.

Ati “Ni ugukomeza kumuhuza n’ubuyobozi bwa Isange One Stop Center. Icyo turagikora tunababwire ko ahari serivisi bamuhaye idahagije barusheho kumwitaho by’umwihariko.”

Kugeza ubu ukekwa binavugwa ko yahoze akorera ku bitaro bya Mibilizi naho akahava ngo ahunze ikindi kirego cy’uko yaba yarakoze ibisa n’ibyo afungiye kuri RIB ya Nyakabuye.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eleven =

Previous Post

Nyuma yuko herekanywe abakekwaho kwiba imodoka hatahuwe uwa moto nawe wakoreshaga amayeri

Next Post

Umuyobozi w’ikipe imwe mu Rwanda yatawe muri yombi bwa kabiri nyuma y’igihe yihishahisha

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi w’ikipe imwe mu Rwanda yatawe muri yombi bwa kabiri nyuma y’igihe yihishahisha

Umuyobozi w’ikipe imwe mu Rwanda yatawe muri yombi bwa kabiri nyuma y’igihe yihishahisha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.