Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wa Paul Rusesabagina witwa Carine Kanimba wakunze kuvuga ko Guverinoma y’u Rwanda imwinjirira muri telefone ye hifashishijwe ikoranabuhanga rya Pegasus, aritaba agashami gashinzwe iby’iperereza mu Ntego ishinga Amategeko ya USA kugira ngo agahe ubuhamya.

Biteganyijwe ko Carine Kanimba aritaba iyi komisiyo kuri uyu wa Gatatu nkuko tubikesha ikinyamakuru The Hill.

Uyu mukorwa wa Paul Rusesabagina aritaba iyi komisiyo kugira ngo ayisobanurire ibijyanye n’ibitero by’ikoranabuhanga avuga ko agabwaho na Guverinoma y’u Rwanda bigamije kumuneka no gukurikirana abantu bose bavugana na we n’imigambi ye yose.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko idakoresha iri koranabuhanga rihambaye rya Pegasus ryifashishwa mu kuneka abantu.

Mu kwezi kwa Nzeri umwaka ushize 2021, mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na RBA, yagize ati “Ku bibaza rero niba dukoresha Pegasus tuneka abandi, igisubizo mbaha ni ‘OYA’ mu nyuguti nkuru, kandi si ubwa mbere tubibabwira. Twanababwiye ko hari abakoresha ririya koranabuhanga banabyiyemerera, ariko twe twababwiye ko nta Pegasus dufite nta n’ubwo tuyikoresha.”

Carine Kanimba witaba iyi komisiyo, yakunze kugaragaza kenshi ko umubyeyi we Paul Rusesabagina arengana ndetse ko yagejejwe mu Rwanda ashimuswe.

Muri Gashyantare 2021 ni bwo bwa mbere havuzwe ko u Rwanda rwifashisha iri koranabuhanga mu kuneka uyu mukobwa ndetse ko ngo rwatangiye kumuneka nyuma y’ukwezi kumwe Rusesabagina afashwe.

Uyu mukobwa w’imyaka 29 y’amavuko avuga ko telephone ye yagiye yinjirirwa mu nama zitandukanye ndetse no mu biganiro yagiranaga n’abayobozi bo mu Bihugu bitandukanye byabaga bigamije gusaba ubuvugizi bwo kurekura umubyeyi we.

Mu kiganiro yagiranye na The Hill kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko iri koranabuhanga rya Pegasus ryifashishwa “mu kibangamira intungane ku byo bashaka byose ku bari ku butaka bwa Amerika kandi nit we turitera inkunga. Kandi rishobora kugira ingaruka, nizeye ko Inteko Ishinga Amategeko ibyinjiramo ikabikurikirana.”

Kanimba aragaragara muri iki kiganiro cy’Inteko Ishinga Amategeko kigamije kwiga ku mbogamizi zishobora kubangamira inzego z’umutekano za Leta Zunze Ubumwe za America, aho yatumiwe nk’umutangabuhamya wagabweho ibitero by’iryo koranabuhanga.

Iyi komisiyo iza kumva Kanimba kuri uyu wa Gatatu, iranumva umushakashatsi kabuhariwe mu kigo kizwi nka Citizen Lab, John Scott-Railton.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 15 =

Previous Post

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

Next Post

Loni ishyize ku rundi rwego ibyo Abakongomani bakoreye MONUSCO

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura

Loni ishyize ku rundi rwego ibyo Abakongomani bakoreye MONUSCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.