Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wa Paul Rusesabagina witwa Carine Kanimba wakunze kuvuga ko Guverinoma y’u Rwanda imwinjirira muri telefone ye hifashishijwe ikoranabuhanga rya Pegasus, aritaba agashami gashinzwe iby’iperereza mu Ntego ishinga Amategeko ya USA kugira ngo agahe ubuhamya.

Biteganyijwe ko Carine Kanimba aritaba iyi komisiyo kuri uyu wa Gatatu nkuko tubikesha ikinyamakuru The Hill.

Uyu mukorwa wa Paul Rusesabagina aritaba iyi komisiyo kugira ngo ayisobanurire ibijyanye n’ibitero by’ikoranabuhanga avuga ko agabwaho na Guverinoma y’u Rwanda bigamije kumuneka no gukurikirana abantu bose bavugana na we n’imigambi ye yose.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko idakoresha iri koranabuhanga rihambaye rya Pegasus ryifashishwa mu kuneka abantu.

Mu kwezi kwa Nzeri umwaka ushize 2021, mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na RBA, yagize ati “Ku bibaza rero niba dukoresha Pegasus tuneka abandi, igisubizo mbaha ni ‘OYA’ mu nyuguti nkuru, kandi si ubwa mbere tubibabwira. Twanababwiye ko hari abakoresha ririya koranabuhanga banabyiyemerera, ariko twe twababwiye ko nta Pegasus dufite nta n’ubwo tuyikoresha.”

Carine Kanimba witaba iyi komisiyo, yakunze kugaragaza kenshi ko umubyeyi we Paul Rusesabagina arengana ndetse ko yagejejwe mu Rwanda ashimuswe.

Muri Gashyantare 2021 ni bwo bwa mbere havuzwe ko u Rwanda rwifashisha iri koranabuhanga mu kuneka uyu mukobwa ndetse ko ngo rwatangiye kumuneka nyuma y’ukwezi kumwe Rusesabagina afashwe.

Uyu mukobwa w’imyaka 29 y’amavuko avuga ko telephone ye yagiye yinjirirwa mu nama zitandukanye ndetse no mu biganiro yagiranaga n’abayobozi bo mu Bihugu bitandukanye byabaga bigamije gusaba ubuvugizi bwo kurekura umubyeyi we.

Mu kiganiro yagiranye na The Hill kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko iri koranabuhanga rya Pegasus ryifashishwa “mu kibangamira intungane ku byo bashaka byose ku bari ku butaka bwa Amerika kandi nit we turitera inkunga. Kandi rishobora kugira ingaruka, nizeye ko Inteko Ishinga Amategeko ibyinjiramo ikabikurikirana.”

Kanimba aragaragara muri iki kiganiro cy’Inteko Ishinga Amategeko kigamije kwiga ku mbogamizi zishobora kubangamira inzego z’umutekano za Leta Zunze Ubumwe za America, aho yatumiwe nk’umutangabuhamya wagabweho ibitero by’iryo koranabuhanga.

Iyi komisiyo iza kumva Kanimba kuri uyu wa Gatatu, iranumva umushakashatsi kabuhariwe mu kigo kizwi nka Citizen Lab, John Scott-Railton.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

Next Post

Loni ishyize ku rundi rwego ibyo Abakongomani bakoreye MONUSCO

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura

Loni ishyize ku rundi rwego ibyo Abakongomani bakoreye MONUSCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.