Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuntu mushya wasanganywe Marburg mu Rwanda hasobanuwe uko byagenze ngo yandure

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in MU RWANDA
0
Umuntu mushya wasanganywe Marburg mu Rwanda hasobanuwe uko byagenze ngo yandure
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragaye umuntu mushya ufite ubwandu bwa Marburg mu Rwanda, nyuma y’iminsi nta murwayi mushya uboneka, hasobanurwa ko uyu wa wasanganywe iyi ndwara ari umwe mu bamaze iminsi bakurikiranwa bahuye n’uherutse kwandura.

Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima, igaragaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, hafashwe ibipimo 352 byagaragayemo umuntu umwe (1) wanduye indwara ya Marburg.

MINISANTE igira icyo ivuga kuri uyu murwayi mushya, yavuze ko “Uwanduye mushya, ni umwe mu bakurikiranwaga bahuye n’uwari uherutse kwandura.”

Iyi mibare ya Minisiteri y’Ubuzima, igaragaza kandi ko kuri uyu wa Gatatu, abantu babiri bariho bavurwa iyi ndwara ya Marburg, bayikize, bigatuma abari kuvurwa kugeza ubu basigara ari babiri gusa.

Uyu muntu umwe mushya wanduye kandi, yatumye abamaze gusanganwa iyi ndwara bose kuva yagera mu Rwanda, ari 66, aho imaze guhitana abantu 15 ariko kuri uyu wa Gatatu ikaba itagize uwo itwara ubuzima, mu gihe abamaze kuyikira bose ari 49.

Aba bantu bose uko ari 66 basanganywe iyi ndwara kuva yagaragara mu Rwanda, babonetse mu bipimo 5 913 bimaze gufatwa, birimo biriya 352 byafashwe kuri uyu wa Gatatu.

Minisiteir y’Ubuzima, kandi ivuga ko gahunda yo gutanga inkingo ku bari ku rugembe mu guhangana n’iyi ndwara, ikomeje, ikaba imaze kugera ku bantu 1 618 barimo batanu (5) bakingiwe kuri uyu wa Gatatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Tshisekedi yageze muri Uganda ahita anakirwa na Museveni wakunze kumugira inama adakozwa

Next Post

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.