Sunday, March 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

radiotv10by radiotv10
01/03/2026
in SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan watwaye Tour du Rwanda ya 2023, wari umaze iminsi ahatana ngo yegukane etape mu ya 2026 ikamuca mu myanya y’intoki, atwaye agace ka nyuma kayo aba n’Umunyafurika umwe rukumbi wegukanyemo agace, mu gihe iri siganwa ryegukanywe n’Umudage.

Ni agace ka nyuma kakinwe kuri iki Cyumweru tariki 01 Werurwe 2026, ahakinwe ibizwi nka Circuit ku ntera y’ibilometero 83,8, abakinnyi bazenguruka mu bice binyuranye byo mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yo gutwara aka gace ka nyuma ahatanye mu buryo bukomeye, Henok Mulubrhan yavuze ko yabishatse inshuro nyinshi bikagenda byanga, kuko Tour du Rwanda y’uyu mwaka yari ikomeye cyane.

Yagize ati “Ndabizi Abanyarwanda bari banshyigikiye, bashakaga ko ntwara agace, nubwo bitankundiye, ariko uyu munsi ndabikoze, kandi mbishimira abakinnyi dukinana mu ikipe n’abatoza.”

Uyu Munya-Eritrea avuga ko nubwo atwaye agace ka nyuma atari umusaruro ushimishije ku Banyafurika kuko bifuzaga ko iri siganwa risigara kuri uyu Mugabane, ariko ko bitabahiriye kubera uburyo iri rushanwa ryarimo abakinnyi bakomeye.

Umunyarwanda waje hafi muri aka gace ka nyuma, ni Muhoza Eric ukinira ikipe ya Team Amani waje ku mwanya wa karindwi (7) asigwa amasegonda 04” n’uwegukanye aka gace.

Umudage Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team umaze iminsi itatu yambaye Umwambaro w’Umuhongo (maillot jaune) w’umukinnyi uyoboye abandi, ni na we wegukanye Tour du Rwanda ya 2026.

Uyu Mudage utarigeze yegukana agace na kamwe, ni we wakoresheje ibihe bito kuko yakoresheje amasaha 23:08′:48′, ugereranyije n’iby’abandi, aho yafashijwe cyane na bagenzi be bo muri iyi kipe ya NSN.

Ni mu gihe Umunyarwanda waje hafi ku rutonde rusange, ari Niyonkuru Samuel wasizwe iminota 04’:38’’ n’uyu wegukanye isiganwa ryose, undi Munyarwanda waje hafi ni Mugisha Moise waje ku mwanya wa 22, aho we yasizwe iminota 08′:08”.

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva ni we watangije aka gace ka nyuma

Nyabugogo byari bishyushye abantu ari uruvanganzoka

Ubwo abakinnyi barebaga imbere yabo umurongo basorezaho irushanwa
Henok yegukanye aka gace abikoreye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

Related Posts

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

by radiotv10
28/02/2026
0

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imuaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team, yegukanye agace ka karindwi ka Tour du...

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

by radiotv10
27/02/2026
0

Ikipe ya APR Basketball Club yisanze mu itsinda rya Kalahari Conference mu mikino ya shampiyona ya Afurika ya Basketball, Basketball...

4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

by radiotv10
26/02/2026
0

Walking is one of the simplest ways to stay healthy. But did you know that small changes can make your...

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

by radiotv10
25/02/2026
0

Umubiligi Matthijs De Clercq w’imyaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team yegukanye agace ka kane ka Tour...

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

by radiotv10
24/02/2026
0

Umuholandi Jurgen Zomermaand w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Dévelopment Picnic PostNL team, yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika
SIPORO

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

by radiotv10
01/03/2026
0

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

01/03/2026
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

01/03/2026
TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

28/02/2026
BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

28/02/2026
Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

28/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.