Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Marco Rubio, ugiriye uruzinduko i Vatican, nyuma yuko havuzwe guterana amagambo hagati ya Perezida Donald Trump n’uyu ukuriye Kiliziya ku Isi.
Marco Rubio yageze i Vatican kuri uyu wa Kane tariki 07 Gicurasi 2026, uruzinduko ruje rukurikira ibisa no guterana amagambo hagati ya Trump na Papa.
Perezida Trump ubwo yavugaga ku byatangajwe n’Umushumba wa Kiliziya ko adashyigikiye kuba America yarateye Iran, yakoresheje imvugo ziremereye zafashwe nko kwibasira Papa Leo XIV.
Rubio usanzwe ari umuyoboke wa Kiliziya Gatuloka agiye i Roma kuva kuri uyu wa Gatatu mu rugendo hagati y’ibibazo bikomeye. Ariko muri iki cyumweru, Perezida Trump yakomeje kwibasira Papa, amushinja gushyira mu kaga Abakristu ba Kiliziya Gatulika kubera kunenga intambara America yatangije muri Iran.
Trump yabwiye Hugh Hewitt mu kiganiro kuwa Mbere ati “Papa yakwishimira kuvuga ko ntakibazo kuri Iran kugira intwaro za kirimbuzi, kandi sintekereza ko ari byiza cyane.”
Yakomeje agira ati “Ndatekereza ko arimo gushyira mu kaga Abagatulika benshi, ndetse n’abantu benshi, ariko ndakeka ko niba ari Papa, abona ko ari byiza ko Iran igira intwaro za kirimbuzi.”
Marco Rubio, we mbere y’uru ruzinduko i Vatican, yahakanye ko rugamije gucubya uyu mwuka uri hagati ya Guverinoma ya Trump na Kiliziya Gatulika nyuma yuko Donald Trump yibasiye Papa Leo XIV.



RADIOTV10











