Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Andy Bumuntu yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

radiotv10by radiotv10
09/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Andy Bumuntu yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Andy Bumuntu aherutse gusezera Radio yakoreraga

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Kayigi Andy wamamaye nka Andy Bumuntu, yatangaje ko yahagaritse gukorera igitangazamakuru yakoreraga.

Yabitangaje mu itangazo yashyize hanze mu ijoro ryacyeye ryo kuri iki Cyumweru tariki 08 Nzeri 2024, yageneye abafana ndetse n’abumvaga ibiganiro bye.

Muri iri tangazo, Andy Bumuntu yatangiye avuga ko nyuma yo kubitekerezaho bihagije “nafashe umwanzuro wo guhagarika inshingano zanjye kuri KISS FM.”

Andy Bumuntu ni umwe mu banyamakuru bakoraga ikiganiro Kiss Breakfast gitambuka kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu, giherutse kwakira umunyamakuru mushya, ari we Anita Pendo na we waje kuri iyi Radio ya Kiss FM amaze gusezera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru yari amazeho imyaka 10.

Mu itangazo rya Andy Bumuntu, yavuze ko yagiriye ibihe byiza akanunguka ubunararibonye muri aka kazi, by’umwihariko ahungukira inshuti.

Ati “Buri gitondo nabaga mfite ishema ryo gutangirana namwe umunsi, dusangira ibitwenge, ibiganiro biryoshye ndetse n’ibihe nzahora nkumbura.”

Ariko ngo nubwo byari ibyishimo, ubuzima ndetse n’inshingano n’amahirwe, aho byerecyeje umuntu, ni ho agana.

Ati “Bitewe n’inshingano nshya ndetse n’ibindi bikorwa mu buzima bwanjye, nakoze amahitamo akomeye, yo kwita kuri iyi nzira nshya. Nubwo nzakomeza gukumbura igitondo twagiranaga.”

Yashimiye abakundaga ibiganiro bye, avuga ko atabasezeye ahubwo ko bazongera bakaganira mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ati “Nubwo nsezeye kuri KISS FM, ariko nzakomeza kubana namwe binyuze mu yindi mishinga iteye amatsiko.”

Andy Bumuntu asezeye kuri Kiss FM nyuma y’igihe gito, umunyamakuru Sandrine Isheja Butera bakoranaga, ahawe inshingano nshya na Guverinoma y’u Rwanda, zo kuba Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Hatangajwe akayabo k’amafaranga yafasha guhagararika ikwirakwira ry’indwara yakamejeje muri Afurika

Next Post

Shyorongi: Bishimiye kwizihiza umunsi wo gusoma bafite isomero

Related Posts

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

IZIHERUKA

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko
IBYAMAMARE

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

28/11/2025
Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shyorongi: Bishimiye kwizihiza umunsi wo gusoma bafite isomero

Shyorongi: Bishimiye kwizihiza umunsi wo gusoma bafite isomero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.