Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku byo yavuzweho na mugenzi we Yago

radiotv10by radiotv10
04/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku byo yavuzweho na mugenzi we Yago
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Murindahabi Irene uzwi nka M. Irene yanyomoje ibiherutse gutangazwa na mugenzi we Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, wavuze amagambo akomeye ku mubyeyi we; avuga ko ibyo yatangaje kuri Se ari ibinyoma.

Muri iyi minsi, inkuru igezweho mu myidagaduro yo mu Rwanda, ni iy’umunyamakuru akaba n’umuhanzi Yago ukomeje kwikoma abo yita ko bashatse kumugirira nabi, aho avuga kuri buri muntu ibyo amunenga.

Mu bo avugaho, harimo abahanzi, abatunganya imiziki, ndetse n’abanyamakuru bagenzi be barimo Murindahabi Irene (M.Irene), aho uyu munyamakuru Yago akoresha amagambo aremereye akaninjira mu buzima bwite bw’abantu n’imiryango yabo.

Ku munyamakuru M. Irene, uyu mugenzi we Yago yavuze ko yihakana Se ngo kuko “yahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi” ndetse ngo akaba abifungiye.

Anavugamo kandi ko uyu munyamakuru mugenzi we ngo yitiranwa n’umubyeyi [Murindahabi], ati “Iso ntakwanga akwita nabi koko, Murindahabi…”

Umunyamakuru M. Irene yanyomoje aya makuru yatangajwe na mugenzi we Yago, avuga ko umubyeyi we atakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga buherekejwe n’icyemezo cy’uko ari ingaragu kigaragaza umwirondoro we, M. Irene yagaragaje ko Se batitiranwa nk’uko byavuzwe na mugenzi we Yago.

Ati “Data ni Gakindi Gabriel, ikindi ntafunzwe, ntiyanafunzweho, ahubwo yaratabarutse, kandi nta cyaha na kimwe akiriho yakoreye u Rwanda.”

M. Irene yakomeje ubutumwa bwe asaba uyu mugenzi we ukomeje kumushinyagurira, kureka umubyeyi we akaruhukira mu mahoro. Ati “Njye ndahari, ukore icyo ushaka.”

Umunyamakuru Yago aherutse gutangaza ko yahunze u Rwanda kubera abagambanyi bashakaga kumugirira nabi, mu gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko yahunze agifite ibyaha akurikiranyweho.

Umunyamakuru M. Irene
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Yago

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n’uwo ishyaka rye ribishinja

Next Post

Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka

Related Posts

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka

Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.