Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yegukanye igihembo cy’uw’umwaka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umunyamakuru wa RADIOTV10 yegukanye igihembo cy’uw’umwaka mu Rwanda

Ni ib

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Oswald Mututeyezu, usanzwe akorera Igitangazamakuru cya RADIOTV10, akaba umwe mu bafite ubunararibonye n’ubuhanga bwihariye muri uyu mwuga, yegukanye igihembo cy’Umunyamakuru w’umwaka, anahembwa miliyoni 7 Frw.

Ni mu bihembo bitangwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) byatangiwe mu gikorwa cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Itangazamakuru wizihijwe kuri Kane tariki Indwi Ugushyingo 2024.

Muri ibi birori, habayemo n’umuhango wo guhemba abanyamakuru bitwaye neza muri uyu mwaka, barangajwe imbere na Oswald Mutuyeyezu benshi bazi nka Oswakim, wegukanye igihembo cy’umunyamakuru w’umwaka mu Rwanda.

Uyu munyamakuru umaze imyaka 15 mu mwuga w’itangazamakuru uretse uburambe awufitemo, ni n’umwe mu b’icyitegererezo mu Rwanda kubera ubuhanga bwe butuma ibiganiro akora birimo ‘Zinduka’ gitambuka kuri Radio 10 ndetse n’icyitwa ‘Ahabona’ gitambuka kuri TV10, binyura ababikurikira.

Muri ibi biganiro byombi, uyu munyamakuru agaragaza ubuhanga mu busesenguzi bwuje kureba kure, kandi bwose bugira uruhare mu gutanga umusanzu mu kugaragaza ibikwiye gukosorwa, biganisha mu mibereho myiza y’abaturage dore ko biri no mu ntego za RADIOTV10.

Byumwihariko mu kiganiro ‘Zinduka’ gitambuka kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu, muri uyu mwaka, uyu munyamakuru yagize uruhare runini mu gutanga umusanzu, aho afatanyije na Nkusi Ramesh basanzwe bakorana, bagaragaje bimwe mu bibazo byabaga bibangamiye rubanda, bikabonerwa umuti.

Muri iki kiganiro kandi yanatumiyemo abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu mu ngeri zinyuranye, yaba abo muri Politiki, mu bukungu, mu burezi, n’abo mu nzego z’umutekano.

Oswald Mutuyeyezu muri uyu mwaka yanakoranye ikiganiro na Perezida Kagame

 

Umwaka wa 2024 wamubereye uw’ibitangaza

Tariki 01 Mata 2024, ni umunsi utazibagirana mu rugendo rw’umwuga w’itangazamakuru kuri uyu munyamakuru Oswald Mutuyeyezu, ubwo yakabyaga inzozi ze zo kugirana ikiganiro na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, asanzwe afatiraho icyitegererezo kimwe n’abandi benshi.

Nyuma yo kwegukana igihembo cy’umunyamakuru w’Umwaka, Oswald yavuze ko uyu mwaka wa 2024 wamubereye mwiza. Ati “Nakoranye ikiganiro na nyakubahwa Perezida wa Repubulika, inzozi zanjye zo mu buzima, none mbaye n’umunyamakuru w’umwaka, kandi ntowe n’abanyamakuru ubwabo. Ni na bwo bwa mbere bibaye, biranshimishije, nshimiye abantoye, nshimiye abo dukorana, nshimiye abayobozi banjye…”

Oswald Mutuyeyezu avuga ko kuva kera akiri umwana yakundaga umwuga w’itangazamakuru, bikaza kuba mahire ubwo yawigaga, ndetse akanawinjiramo akawukora imyaka ikaba ibaye 15, ubu akaba amaze kugera ku rwego yishimira muri uyu mwuga, nubwo agifite byinshi yifuza kugeraho.

Avuga ko ibihembo nk’ibi na we yegukanyemo igisumba ibindi, bitera akanyabugabo abakora uyu mwuga w’itangazamakuru, ndetse bikanatera imbaraga abifuza kuwinjiramo.

Ati “Bituma abanyamakuru bari mu mwuga babona ko bashyigikiwe, n’amafaranga bashyiramo buriya, abubakira ubushobozi, ikindi bitera akanyabugabo abakiri bato kuba baza muri uyu mwuga bityo ntituzabure abadusimbura.”

Oswald Mutuyeyezu avuga kandi ko iki gihembo nubwo adaha agaciro cyane amafaranga yahawe ahubwo ko ashyira imbere kuba itafari yatanze muri uyu mwuga ryazirikanywe, ariko n’aya mafaranga yahembwe azagira icyo amumarira, ku buryo najya abona icyavuye muri uyu mwuga, azajya yumva ko na we wamufashije.

Ati “Ku buryo wajya ukireba ukavuga uti ‘ibyo nakoze byatanze umusaruro. Ntabwo byafashije abaturage gusa, ntabwo byafashije Igihugu gusa, nanjye ubwanjye byaramfashije’.”

Yaboneyeho kugira inama abari muri uyu mwuga w’itangazamakuru, kurushaho kunoza ibyo bakora, bakabikorana ubunyamwuga kandi byose babiganisha mu gutanga umusanzu mu kubaka Igihugu.

Ikiganiro yagiranye na Perezida Paul Kagame, avuga ko cyamushimishije mu mateka ye
Ni umwe mu banyamakuru babirambyemo mu Rwanda
Mu biganiro bye atumira abanyacyubahiro banyuranye. Muri iki cyumweru yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe
Ni ibyishimo ku munyamakuru Oswald ku bwo kuba abanyamakuru bagenzi be bazirikanye uruhare rwe bakamutorera kuba Umunyamakuru w’umwaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − two =

Previous Post

Harakurikiraho iki nyuma yuko Trump atsinze amatora yanikiriye Visi Perezida Kamala?

Next Post

Handball: Ikipe iherutse guhesha ishema u Rwanda yagize icyo isezeranywa

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Handball: Ikipe iherutse guhesha ishema u Rwanda yagize icyo isezeranywa

Handball: Ikipe iherutse guhesha ishema u Rwanda yagize icyo isezeranywa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.