Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yegukanye igihembo cy’uw’umwaka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umunyamakuru wa RADIOTV10 yegukanye igihembo cy’uw’umwaka mu Rwanda

Ni ib

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Oswald Mututeyezu, usanzwe akorera Igitangazamakuru cya RADIOTV10, akaba umwe mu bafite ubunararibonye n’ubuhanga bwihariye muri uyu mwuga, yegukanye igihembo cy’Umunyamakuru w’umwaka, anahembwa miliyoni 7 Frw.

Ni mu bihembo bitangwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) byatangiwe mu gikorwa cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Itangazamakuru wizihijwe kuri Kane tariki Indwi Ugushyingo 2024.

Muri ibi birori, habayemo n’umuhango wo guhemba abanyamakuru bitwaye neza muri uyu mwaka, barangajwe imbere na Oswald Mutuyeyezu benshi bazi nka Oswakim, wegukanye igihembo cy’umunyamakuru w’umwaka mu Rwanda.

Uyu munyamakuru umaze imyaka 15 mu mwuga w’itangazamakuru uretse uburambe awufitemo, ni n’umwe mu b’icyitegererezo mu Rwanda kubera ubuhanga bwe butuma ibiganiro akora birimo ‘Zinduka’ gitambuka kuri Radio 10 ndetse n’icyitwa ‘Ahabona’ gitambuka kuri TV10, binyura ababikurikira.

Muri ibi biganiro byombi, uyu munyamakuru agaragaza ubuhanga mu busesenguzi bwuje kureba kure, kandi bwose bugira uruhare mu gutanga umusanzu mu kugaragaza ibikwiye gukosorwa, biganisha mu mibereho myiza y’abaturage dore ko biri no mu ntego za RADIOTV10.

Byumwihariko mu kiganiro ‘Zinduka’ gitambuka kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu, muri uyu mwaka, uyu munyamakuru yagize uruhare runini mu gutanga umusanzu, aho afatanyije na Nkusi Ramesh basanzwe bakorana, bagaragaje bimwe mu bibazo byabaga bibangamiye rubanda, bikabonerwa umuti.

Muri iki kiganiro kandi yanatumiyemo abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu mu ngeri zinyuranye, yaba abo muri Politiki, mu bukungu, mu burezi, n’abo mu nzego z’umutekano.

Oswald Mutuyeyezu muri uyu mwaka yanakoranye ikiganiro na Perezida Kagame

 

Umwaka wa 2024 wamubereye uw’ibitangaza

Tariki 01 Mata 2024, ni umunsi utazibagirana mu rugendo rw’umwuga w’itangazamakuru kuri uyu munyamakuru Oswald Mutuyeyezu, ubwo yakabyaga inzozi ze zo kugirana ikiganiro na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, asanzwe afatiraho icyitegererezo kimwe n’abandi benshi.

Nyuma yo kwegukana igihembo cy’umunyamakuru w’Umwaka, Oswald yavuze ko uyu mwaka wa 2024 wamubereye mwiza. Ati “Nakoranye ikiganiro na nyakubahwa Perezida wa Repubulika, inzozi zanjye zo mu buzima, none mbaye n’umunyamakuru w’umwaka, kandi ntowe n’abanyamakuru ubwabo. Ni na bwo bwa mbere bibaye, biranshimishije, nshimiye abantoye, nshimiye abo dukorana, nshimiye abayobozi banjye…”

Oswald Mutuyeyezu avuga ko kuva kera akiri umwana yakundaga umwuga w’itangazamakuru, bikaza kuba mahire ubwo yawigaga, ndetse akanawinjiramo akawukora imyaka ikaba ibaye 15, ubu akaba amaze kugera ku rwego yishimira muri uyu mwuga, nubwo agifite byinshi yifuza kugeraho.

Avuga ko ibihembo nk’ibi na we yegukanyemo igisumba ibindi, bitera akanyabugabo abakora uyu mwuga w’itangazamakuru, ndetse bikanatera imbaraga abifuza kuwinjiramo.

Ati “Bituma abanyamakuru bari mu mwuga babona ko bashyigikiwe, n’amafaranga bashyiramo buriya, abubakira ubushobozi, ikindi bitera akanyabugabo abakiri bato kuba baza muri uyu mwuga bityo ntituzabure abadusimbura.”

Oswald Mutuyeyezu avuga kandi ko iki gihembo nubwo adaha agaciro cyane amafaranga yahawe ahubwo ko ashyira imbere kuba itafari yatanze muri uyu mwuga ryazirikanywe, ariko n’aya mafaranga yahembwe azagira icyo amumarira, ku buryo najya abona icyavuye muri uyu mwuga, azajya yumva ko na we wamufashije.

Ati “Ku buryo wajya ukireba ukavuga uti ‘ibyo nakoze byatanze umusaruro. Ntabwo byafashije abaturage gusa, ntabwo byafashije Igihugu gusa, nanjye ubwanjye byaramfashije’.”

Yaboneyeho kugira inama abari muri uyu mwuga w’itangazamakuru, kurushaho kunoza ibyo bakora, bakabikorana ubunyamwuga kandi byose babiganisha mu gutanga umusanzu mu kubaka Igihugu.

Ikiganiro yagiranye na Perezida Paul Kagame, avuga ko cyamushimishije mu mateka ye
Ni umwe mu banyamakuru babirambyemo mu Rwanda
Mu biganiro bye atumira abanyacyubahiro banyuranye. Muri iki cyumweru yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe
Ni ibyishimo ku munyamakuru Oswald ku bwo kuba abanyamakuru bagenzi be bazirikanye uruhare rwe bakamutorera kuba Umunyamakuru w’umwaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 8 =

Previous Post

Harakurikiraho iki nyuma yuko Trump atsinze amatora yanikiriye Visi Perezida Kamala?

Next Post

Handball: Ikipe iherutse guhesha ishema u Rwanda yagize icyo isezeranywa

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Handball: Ikipe iherutse guhesha ishema u Rwanda yagize icyo isezeranywa

Handball: Ikipe iherutse guhesha ishema u Rwanda yagize icyo isezeranywa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.