Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru wari umaze igihe akorera RBA yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Umunyamakuru wari umaze igihe akorera RBA yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Ndayisaba Herman, umwe mu banyamakuru bari bamaze igihe bakorera ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) yitabye Imana azize uburwayi.

Ndayisaba Herman wari umaze imyaka igera mu icumi akorera RBA mu ishami ry’amakuru, yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki 07 Mata 2022.

Bamwe mu Banyamakuru baziranye na Ndayisaba Herman barimo abo bakoranaga muri RBA n’ab’ibindi bitangazamakuru bagiye bagaragaza ko bashenguwe n’urupfu rwa mugenzi wabo.

Amakuru avuga ko Ndayisaba Herman yazize uburwayi yari amaranye igihe burimo indwara y’igisukari (Diabetes) aho yitabye Imana yari amaze iminsi yivuriza mu Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Abanyamakuru bari baziranye na nyakwigendera, bavuga ko yakundaga akazi kandi akamenya kubana na buri wese ku buryo yakoranaga na bagenzi be neza.

Nkurunziza Pacifique wakoreye Radio Ishingiro ikorera mu Karere ka Gicumbi, yabwiye RADIOTV10 ko yari aziranye na nyakwigendera kuva muri 2016, kandi ko kuva icyo gihe ubucuti bwabo bwarenze ubwo kuba bahujwe n’umwuga w’Itangazamakuru ahubwo ko babanaga nk’abavandimwe.

Ati “Nubwo yakoreraga RBA ariko yari gukorana n’abandi Banyamakuru ku buryo iyo habaga hari ikibazo cy’ubugizi yifuzaga gukoraho inkuru, yabwiraga n’abanyamakuru bakorera ibindi bitangazamakuru.”

Nkurunziza Pacifique avuga ko nyakwigendera yahoraga yifuza kumenya amakuru y’Abanyamakuru bagenzi be bakorera mu gice kimwe “ku buryo yageraga mu bice azi neza ko hari abandi umnyamakuru mugenzi we yamubazaga niba ahari ngo amusuhuze.”

Nkurunziza akomeza agira ati “Twabuze umuntu wari uzi kubana n’abandi ariko kandi twabuze umuntu wari uzi gukora akazi k’uyu mwuga wacu, mu by’ukuri hari icyo duhombye nk’abakora umwuga w’itangazamakuru ndetse n’umuryango we ugize ibyago kandi ni ukuwihanganisha.”

Herman Ndayisaba wari usanzwe afite umuryango, yari atuye mu Ntara y’Amajyepfo, akaba yari amaze igihe akorera mu Turere twa Gicumbi na Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru, akaba yaranakoze mu bice binyuranye birimo Iburasirazuba.

Nyakwigengera Herman Ndayisaba ubwo yari mu bitaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 1 =

Previous Post

RIB yafashe abagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye

Next Post

Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.