Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru wari umaze igihe akorera RBA yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Umunyamakuru wari umaze igihe akorera RBA yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Ndayisaba Herman, umwe mu banyamakuru bari bamaze igihe bakorera ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) yitabye Imana azize uburwayi.

Ndayisaba Herman wari umaze imyaka igera mu icumi akorera RBA mu ishami ry’amakuru, yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki 07 Mata 2022.

Bamwe mu Banyamakuru baziranye na Ndayisaba Herman barimo abo bakoranaga muri RBA n’ab’ibindi bitangazamakuru bagiye bagaragaza ko bashenguwe n’urupfu rwa mugenzi wabo.

Amakuru avuga ko Ndayisaba Herman yazize uburwayi yari amaranye igihe burimo indwara y’igisukari (Diabetes) aho yitabye Imana yari amaze iminsi yivuriza mu Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Abanyamakuru bari baziranye na nyakwigendera, bavuga ko yakundaga akazi kandi akamenya kubana na buri wese ku buryo yakoranaga na bagenzi be neza.

Nkurunziza Pacifique wakoreye Radio Ishingiro ikorera mu Karere ka Gicumbi, yabwiye RADIOTV10 ko yari aziranye na nyakwigendera kuva muri 2016, kandi ko kuva icyo gihe ubucuti bwabo bwarenze ubwo kuba bahujwe n’umwuga w’Itangazamakuru ahubwo ko babanaga nk’abavandimwe.

Ati “Nubwo yakoreraga RBA ariko yari gukorana n’abandi Banyamakuru ku buryo iyo habaga hari ikibazo cy’ubugizi yifuzaga gukoraho inkuru, yabwiraga n’abanyamakuru bakorera ibindi bitangazamakuru.”

Nkurunziza Pacifique avuga ko nyakwigendera yahoraga yifuza kumenya amakuru y’Abanyamakuru bagenzi be bakorera mu gice kimwe “ku buryo yageraga mu bice azi neza ko hari abandi umnyamakuru mugenzi we yamubazaga niba ahari ngo amusuhuze.”

Nkurunziza akomeza agira ati “Twabuze umuntu wari uzi kubana n’abandi ariko kandi twabuze umuntu wari uzi gukora akazi k’uyu mwuga wacu, mu by’ukuri hari icyo duhombye nk’abakora umwuga w’itangazamakuru ndetse n’umuryango we ugize ibyago kandi ni ukuwihanganisha.”

Herman Ndayisaba wari usanzwe afite umuryango, yari atuye mu Ntara y’Amajyepfo, akaba yari amaze igihe akorera mu Turere twa Gicumbi na Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru, akaba yaranakoze mu bice binyuranye birimo Iburasirazuba.

Nyakwigengera Herman Ndayisaba ubwo yari mu bitaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 9 =

Previous Post

RIB yafashe abagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye

Next Post

Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

Related Posts

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

IZIHERUKA

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45
MU RWANDA

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

17/11/2025
BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.