Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru wari umaze igihe akorera RBA yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Umunyamakuru wari umaze igihe akorera RBA yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Ndayisaba Herman, umwe mu banyamakuru bari bamaze igihe bakorera ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) yitabye Imana azize uburwayi.

Ndayisaba Herman wari umaze imyaka igera mu icumi akorera RBA mu ishami ry’amakuru, yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki 07 Mata 2022.

Bamwe mu Banyamakuru baziranye na Ndayisaba Herman barimo abo bakoranaga muri RBA n’ab’ibindi bitangazamakuru bagiye bagaragaza ko bashenguwe n’urupfu rwa mugenzi wabo.

Amakuru avuga ko Ndayisaba Herman yazize uburwayi yari amaranye igihe burimo indwara y’igisukari (Diabetes) aho yitabye Imana yari amaze iminsi yivuriza mu Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Abanyamakuru bari baziranye na nyakwigendera, bavuga ko yakundaga akazi kandi akamenya kubana na buri wese ku buryo yakoranaga na bagenzi be neza.

Nkurunziza Pacifique wakoreye Radio Ishingiro ikorera mu Karere ka Gicumbi, yabwiye RADIOTV10 ko yari aziranye na nyakwigendera kuva muri 2016, kandi ko kuva icyo gihe ubucuti bwabo bwarenze ubwo kuba bahujwe n’umwuga w’Itangazamakuru ahubwo ko babanaga nk’abavandimwe.

Ati “Nubwo yakoreraga RBA ariko yari gukorana n’abandi Banyamakuru ku buryo iyo habaga hari ikibazo cy’ubugizi yifuzaga gukoraho inkuru, yabwiraga n’abanyamakuru bakorera ibindi bitangazamakuru.”

Nkurunziza Pacifique avuga ko nyakwigendera yahoraga yifuza kumenya amakuru y’Abanyamakuru bagenzi be bakorera mu gice kimwe “ku buryo yageraga mu bice azi neza ko hari abandi umnyamakuru mugenzi we yamubazaga niba ahari ngo amusuhuze.”

Nkurunziza akomeza agira ati “Twabuze umuntu wari uzi kubana n’abandi ariko kandi twabuze umuntu wari uzi gukora akazi k’uyu mwuga wacu, mu by’ukuri hari icyo duhombye nk’abakora umwuga w’itangazamakuru ndetse n’umuryango we ugize ibyago kandi ni ukuwihanganisha.”

Herman Ndayisaba wari usanzwe afite umuryango, yari atuye mu Ntara y’Amajyepfo, akaba yari amaze igihe akorera mu Turere twa Gicumbi na Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru, akaba yaranakoze mu bice binyuranye birimo Iburasirazuba.

Nyakwigengera Herman Ndayisaba ubwo yari mu bitaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 11 =

Previous Post

RIB yafashe abagaragaye mu mashusho bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye

Next Post

Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

Polisi yafashe ukekwaho gukubita umuturage uvuga ko atotezwa kuko ari Umututsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.