Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri S.Africa yagaragaje igikwiye gukorerwa Abasirikare b’iwabo bari muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri S.Africa yagaragaje igikwiye gukorerwa Abasirikare b’iwabo bari muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Julius Malema uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Afurika y’Epfo, yavuze ko abasirikare b’iki Gihugu bari mu butumwa bwa SADC muri DRC (SAMIDRC), bagiyeyo mu buryo butanyuze mu mucyo, bityo ko bakwiye gutaha vuba na bwangu.

Julius Malema uyobora ishyaka EFF, avuga ko atumva uburyo Afurika y’Epfo ijya kohereza ingabo muri Congo “kurwana n’umutwe ufite intwaro n’ibikoresho kuturusha.”

Uyu munyapolitiki avuga ko bibabaje kubona ibiri gukorerwa abasirikare ba Afurika y’Epfo muri DRC, bamwe bakanahasiga ubuzima, akavuga ko uruhare rw’iki gihugu muri Congo rurimo urujijo kuko ibibazo byo muri kiriya Gihugu bitazakemurwa n’imbaraga za gisirikare.

Ati “Kuko nta kintu na kimwe kigeze kigerwaho kubera koherezayo abasirikare. Igisirikare cya Afurika y’Epfo ntabwo kiri hariya kugarura amahoro, ahubwo turi kugira uruhare mu makimbirane amaze ibinyacumi by’imyaka ashingiye ku nyungu z’amabuye y’agaciro za bamwe bari muri Congo.”

Akomeza agira ati “Abasirikare bacu bagomba kuva muri DRC atari ukuba gusa batarahawe ibikoresho bikenewe kugira ngo bakore ubutumwa bwabo bwiswe ubw’amahoro, ahubwo kubera ko impamvu yatumye boherezwa muri DRC, itanyuze mu mucyo kandi itizewe.”

Julius Malema akomeza avuga ko “Abana bacu, abahungu n’abakobwa bacu bo mu Ngabo za Afurika y’Epfo, boherejwe kugira ngo bicwe bazizwa inyungu z’amabuye y’agaciro z’imikoranire y’Ibihugu binyuranye, rero bakwiye gutabarwa.”

Uyu munyapolitiki ukunze kunenga ibyemezo bitanyuze mu mucyo bifatwa n’ubutegetsi bwa Afurika y’Epfo, yavuze ko ubu butumwa bwoherejwemo ingabo z’iki Gihugu, byakozwe mu buryo bufifitse butarimo n’ubushishozi.

Perezida Paul Kagame mu butumwa aherutse gusubiza mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yamwibukije ko ingabo z’iki Gihugu ziri mu butumwa bwa SADC, zitagiye mu bwo kubungabunga amahoro nk’uko bitangazwa, kuko bahise binjira mu rugamba bafatanyamo na FARDC ndetse bakanakorana n’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko izi Ngabo za Afurika y’Epfo zitari zikwiye kujya kwinjira mu mirwano yo guhangana n’igisirikare kiri kwica abaturage bacyo.

Ingabo za Afurika y’Epfo ziri muri DRC mu butumwa bwiswe ubw’amahoro
Umunyapolitiki Julius Malema yasabye ko abana babo bacyurwa bakavanwa muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Diplomacy: Firefighter? Pyromaniac? Or both?

Next Post

Igisubizo gihabwa abasaba gusanirwa inzu bubakiwe zikabasenyukiraho cyumvikanamo ko bagomba kubyimenyera

Related Posts

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza abasirikare ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, bari gukorera muri Romania imyitozo y’Umuryango...

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

by radiotv10
03/11/2025
0

The Alliance of Forces for Change (AFC/M23), a coalition fighting against the government of the Democratic Republic of Congo (DRC),...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gihabwa abasaba gusanirwa inzu bubakiwe zikabasenyukiraho cyumvikanamo ko bagomba kubyimenyera

Igisubizo gihabwa abasaba gusanirwa inzu bubakiwe zikabasenyukiraho cyumvikanamo ko bagomba kubyimenyera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.